Mu gihe inama ya Transform Africa igeze ku munsi wayo wa kabiri, twabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze ibihe by’ingenzi ku munsi wa mbere, ubwo yatangiraga kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukwakira 2105.
Urugaga rw’abagore bo mu Karere ka Rutsiro rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rwatangiye mitiweli abagore 100 batishoboye runaremera undi umwe inka.
Umuhanzi w’Umubiligi ukomoka ku Munyarwanda n’Umubiligikazi Stromae, yaraye akoreye igitaramo muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) kinezeza cyane abakitabiriye.
Nyuma y’amasaha macye ageze mu Rwanda Umuhanzi Stromae yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, aho yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.
Ndayitegereje Ndagije watashye nyuma y’imyaka itandatu aba muri FDLR, avuga ko kuwubamo ari ukuba mu bucakara, agasaba abawurimo kwibwibohora.
Abaturage bari baratujwe mu isambu y’uwitwa Ngirira Mathieu ariko ubuyobozi bukabasaba ko bayivamo, bamaze kwandikira Perezida Kagame basaba kurenganurwa.
Akarere ka Ngoma katashye inyubako nshya z’isoko rikuru rya Kibungo zatwaye agera Miliyoni 210 ngo hakemuke ikibazo cy’ubuto bw’isoko.
Nyuma yo kuganira n’abibumbiye muri za koperative z’ubuhinzi mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi bw’akarere burabizeza ko badakwiye guhangayika kuko isoko ngo rihari.
Perezida Paul Kagame arakangurira Abanyarwanda bari hanze bashishikajwe no gusenya igihugu cyabo gutaha bagafatanya n’abandi kubaka igihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko iterambere ry’igihugu cy’u Rwanda riri mu maboko y’Abanyarwanda.
Mu munsi wa Rwanda Day uri kubera mu Buhoandi, Perezida wa Repubulika yasobanuriye Abanyarwanda ko bashobora kubaho nk’Abaholandi kubera ubushake, imikorere n’imbaraga.
Ubwo Perezida Kagame ari na we mushyitsi mukuru ubwo yageraga ahari kubera ibirori bya Rwanda Day yakiranwe ubwuzu n’urugwiro rudasanzwe.
Abanyarwanda b’imbere mu gihugu n’abo muri Diaspora bategereje gahunda ya Rwanda Day izabera mu Buholandi kuva tariki 3-4 Ukwakira 2015.
Kuwa gatandatu tariki 3 Ukwakira 2015, Abanyarwanda baba hanze bazahurira mu Buholandi mu birori ngarukamwaka bya Rwanda Day basangira ibyishimo.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
U Rwanda rwakiriye igitaramo cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro, waranzwe n’imyidagaduro y’igitaramo cyabereye muri Stade nto i Remera.
Umujyi wa Kigali watangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo guhindura bimwe mu bice by’imihanda igize Kigali iy’abanyamaguru gusa.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bivuga ko abayobozi babi ndetse n’abatagira icyerekezo bose baba ku mugabane wa Afurika, ari ibintu bikwiye guhagarara.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Kanama 2015, Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yageze mu Rwanda aje gutangiza Fondation Meles Zenawi.
Mu gihe umushinga uteza imbere gusoma kwandika no kubara, L3 “Litteracy, Language and Learning”; ufasha ibigo by’amashuri abanza mu buryo bushya bwo gutanga amasomo hifashishijwe terefone uvuga ko terefone ari imwe mu mfashanyigisho zatuma uburezi bugira ireme, abarezi bo mu mashuri abanza na bo bemeza ko kwifashisha amasomo (…)
Kuva ku wa 11-12 Nyakanga 2015 mu Rwanda hateganyijwe iserukiramuco mpuzamahanga, ryiswe “Ubumuntu Arts Festival” rigamije gukangurira abahanzi mu nzego zitandukanye guhanga bakangurira abakunzi b’ibihangano byabo, umuco wo kubaka amahoro mu miryango baturukamo no ku isi muri rusange.
Perezida Paul Kagame yanenze bikomeye ibihugu by’amahanga byisaba ubuyobozi buriho kwita ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda, akavuga ko nta burenganzira bifite bwo kwibutsa ubuyobozi buriho icyo gukora, kuko bujya gutangira urugamba rwo kwibohora ari cyo cyari kigamijwe.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Nyakanga 2015 u Rwanda rwizihije imyaka 21 rumaze rwibohoye, umunsi wizihirijwe mu gihugu hose. Abanyamakuru bacu bakorera mu turere twose tw’igihugu badukurikiraniye uko imyiteguro yawo n’uko wizihijwe mu mafoto.
Mu gihe mu buryo buzwi urugamba rwo kwibohora rwatangiye ku wa 1 Ukuboza 1990,ubwo ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafataga intwaro zigahirika ingoma y’igitugu ya Juvenal Habyarimana, Abanyarwanda bari barahejejwe ishyanga bagataha, urugamba rwo kubohora u Rwanda ntirwarangiye nk’uko hari ababyibwira ahubwo rukomereje mu (…)
Nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rubohowe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, abatuye ahitwaga muri Perefegitura ya Gikongoro - ubu ni mu gice kinini cy’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru- bishimira ko batakicwa n’inzara, kuko ubu basigaye bahinga bakeza. Bavuga kandi ko ibi babikesha ubuyobozi bwiza.
Kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015, Jeannette Kagame, Umugore wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Karere ka Nyanza, Murenge wa Rwabicuma aho agiye gushyikiriza abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi amazu ajyanye n’igihe yo kubamo.
Abaturage batuye mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Iburengerazuba batangaza ko kuba bafite umutekano uhagije bitandukanye n’igihe cy’intamabara y’abacenegezi ubwo bari badatekanye, babibonamo kwibohora bakabizirikana abvuga ko uwabihakana ari utazi iyo ntamabara.
Perezida Wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba abaturage b’Akarere ka Rusizi kubana neza b’abaturage b’ibihugu by’Uburundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bihana imbibe n’ako karere, akavuga ko Abanyarwanda bafite inshingano yo kubanira neza abaturanyi kabone n’ubwo bo [abo baturanyi] batabikora.
Mu biganiro yagiranye n’abavuga rikukumvikana (opinion leaders) bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri aho bita mu Gisakura, Perezida Paul Kagame, yasabye ko igiciro cy’ingendo z’indenge ku baturage bakoresha ikibuga cy’indege cya Kamembe cyagabanuka ku Banyarwanda kugira ngo barusheho gukorana no (…)
Perezidaa Paul kagame yemereye abaturage batuye mu kirwa cya Nkombo ikindi cyombo kisumbuye ku cyo yari yarabahaye, kugira ngo bakomeze guhahirana n’abandi baturage batuye mu bindi bice.