Umukecuru Munganyinka Dorothee atangaza ko yagize ibyishimo yumvise ko Kagame yemeye kuzakomeza kuyobora Abanyarwanda nyuma ya 2017.
Mu Mujyi wa Kigali hongeye kugaragara abana bato benshi bo ku muhanda, bavuga ko babiterwa n’ibibazo byo mu miryango yabo.
Inama ahora yumvana umukuru w’igihugu zatumye ashirika ubwoba atangiza hoteli igezweho mu Karere ka Ruhango n’ubwo hari benshi batarabitinyuka.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko bashimishijwe n’ijambo Perezida Kagame yagejeje ku Banyarwanda, bagatangira umwaka bizeye ko azongera kwiyamamamaza.
Abaminisitiri batatu barimo uw’Ingabo n’uw’Umuco na Siporo bakoreye uruzinduko kuri sitade y’Akarere ka Rubavu ahari kubera imyitozo y’ikipe ya Cameroun.
Butera Antoine Gitifu w’akagari ka Rwasero mu murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, afunzwe akekwaho gushaka gusambanya umugore w’umuturanyi we.
U Rwanda rwashyikirije Itsinda rihuriweho n’ingabo zo mu Biyaga Bigari (EJVM) abasirikare babiri ba Congo bafatiwe ku butaka bwarwo basinze.
U Rwanda rusanga ibikorwa by’ingabo za Congo mu kurwanya FDLR umwaka ushize bitaratanze umusaruro nk’uko byari byitezwe, ahubwo byabangamiye abashaka gutaha.
Abakirisitu ba Paruwasi ya Gashiru mu Karere ka Kirehe ku wa 02 Mutarama 2016 batashye inyubako nshya ya Paruwasi bahamya ko izatuma ukwemera kwabo kwiyongera.
Ahagana mu ma saa kumi n’ebyeri z’umugoroba mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi umuriro wibasiye amazu y’ubucuruzi ibicuruzwa birakongoka.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu, yangije ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 60 n’ibihumbi bikabakaba 300 by’amafaranga y’u Rwanda.
Itangazo ryashyizweho umukono na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof Sam Rugege rivuga ko uburyo bw’ikoranabuhanga bwa EFS bwakoreshwaga bwahindutse.
Abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bagenda bagera ku iterambere nyuma y’aho bahinduriye imyumvire bagakora n’imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo.
Perezida Kagame, mu ijambo risoza 2015, yemeye gukomeza kuyobora u Rwanda ariko ahakanira abifuza ko ayobora ubuziraherezo.
Akarere ka Muhanga katangije kubaka imihanda ya kaburimbo n’isoko rya kijyambere mu mujyi wako, nyuma y’igihe byarananiranye.
Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 21, byibanze ku gukangurira amahanga kwamagana ihakana n’ipfobya rya Jenoside n’amacakubiri.
Manda z’abayobozi b’inzego z’ibanze zirangiye bimwe mu byo bari bariyemeje mu karere ka Rusizi bitarangiye, kubera imikoranire idahwitse ya ba rwiyemezamirimo bahabwa amasoko.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Kayonza baravuga ko gutanga amakuru ku nzego bakorana bitakiborohera bitewe n’uko batagihabwa amafaranga y’itumanaho ku gihe.
Gereza irimo kubakwa i Mageragere mu karere ka Nyarugenge izaba yubahirije ibipimo mpuzamahanga bituma abagororwa bisanzura bakabaho neza.
Komisiyo y’Igihugu y’Abana (NCC) irasaba Abanyarwanda kumva ko nta mwana wagombye kujugunywa kuko yavukanye ubumuga.
Nyuma y’aho urukiko rwa Frankfurt rukatiye Umunyarwanda Rwabukombe kugira urahare muri Jenoside, Jean Pierre Dusingizemungu, umuyobozi wa Ibuka yatangaje ko uwo muryango wishimiye imikirize y’urubanza.
Mukabalisa Frolence,nyuma yo gutangira kwigishiriza imodoka mu mujyi wa Kibungo Akarere ka Ngoma byatumye abagore n’abakobwa bitabira kwiga ibinyabiziga ku bwinshi.
U Rwanda rwakiriye inguzanyo ya miliyoni 15 z’amadolari (USD), yatanzwe n’Ikigega cya Arabiya Sawudite gishinzwe iterambere(SFD), yo kubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo.
Kurushaho kwirinda ibyahungabanya umuryango n’ibyasenya urugo, nibyo byasabwe abagize ihuriro ry’ingo bo mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo.
Hari abakobwa bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bari bafite imyumvire y’uko haboneza urubyaro abakuze bigatuma babyarira iwabo.
Umuhinzi w’intangarugero Mugemana Venuste avuga ko urutoki rwe rugiye kujya rumwinjiriza nibura ibihumbi 500 buri kwezi mu gihe cy’umwaka.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2015, Korari Ijuru ya Paruwasi Katedarari ya Butare yasusurukije Abanyehuye mu gitaramo cy’urunyurane rw’indirimbo za Noheri.
Abatuye i Mwili mu Karere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’abitwa “Intaragahanga” bategera abaturage mu nzira bakabambura ibyo bafite bakanabahohotera.
Bamwe mu babyariye iwabo batuye mu Karere ka Kamonyi, ntibitabira kwandikisha abana kuko babazwa abo bababyaranye kandi hari abatabemera.