Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryatangaje abakinnyi batandatu bazahagararira u Rwanda mu irushanwa rizatangira ku wa 4-28/03/2016 muri Algeria.
Serivisi za mbere z’ubuvuzi zifashisha utudege duto (Drones) mu Rwanda ngo zizatangira gutangwa guhera muri Nzeri 2016.
Perezida Paul Kagame uri mu Mujyi wa Dubai mu nama mpuzamahanga yiswe "World Government Summit", yatanze ikiganiro ku iterambere n’ahazaza h’u Rwanda.
Kwitonda Youssuf, yatorewe kongera kuyobora Umudugudu wa Nyagacaca nyuma y’uko yari yahakaniye abaturage ariko yabona banze kugira undi batora akabyemera.
Abagore bo mu Karere ka Burera barasaba abagore batorewe kubahagararira kubakorera ubuvugizi bakava mu bukene.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yahinduye bamwe mu bayobozi muri RDF.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Gashyantare 2016, Abanyarwanda bazindukiye mu matora y’inzego z’ibanze yahereye ku rwego rw’umudugudu. Aho Kigali Today yabashije kugera, dore uko byari byifashe mu mafoto:
Nyuma yo gutangiza ikoreshwa ry’amakarita mu mwanya w’amafaranga mu muhanda Kanombe-Remera (i Kigali), amaganya ni menshi mu bagenzi n’abakonvayeri.
Abaturage bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo batinze gutangira amatora kuko umubare wagenwe ngo atangire wari utaruzura.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Abayapani cy’Ubutwererana Mpuzamahanga(JICA), NAEB yahuguye abatunganya ikawa yo kunywa bo mu bigo binyuranye byiganjemo amahoteri.
Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Rwabidadi Aimable ushinjwa kunyereza mazutu yagombaga gucanira Stade Huye mu mikino ya CHAN, gufungwa by’agateganyo iminsi 30, uwo baregwa hamwe arafungurwa.
Ku ncuro ya mbere u Rwanda rwafunguye Ambasade mu gihugu cya Congo Brazaville, hagamijwe gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kirakangurira abasoreshwa bashya kumenya amategeko ajyanye n’imisoro kugira ngo bakorere mu mucyo bityo birinde ibihano.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Karongi bavuga ko batizeye umutekano wa za SACCO kuko zirindishwa inkoni n’abazirinda badafite ubuhanga.
Amakoperative ahinga ibigori mu ntara y’Uburasirazuba avga ko yaguye mu gihombo kubera utumashini dupima ubuhehere yahawe tudafite ubushobozi.
Umuyobozi Mukuru w’ishami rishinzwe iterambere ry’inganda mu Muryango w’Abibumbye (UNIDO) yasabye Perezida wa Repuburika Paul Kagame gushyigikira gahunda ateganyiriza Afurika.
Abasirikari biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama barashima imbaraga Leta ishyira mu kuvugurura ubuhinzi ngo burusheho gutanga umusaruro.
Urugaga Nyarwanda rw’abikorera(PSF), rwagiranye amasezerano na kompanyi y’indege ya Turkiya, hagamijwe kugabanya ibiciro by’ingendo z’abacuruzi hagati y’u Rwanda na Turkiya.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Youth volunteers” rwaganiriye ku mateka yaranze u Rwanda hagamijwe kureba uko hasigasirwa amateka y’ubutwari bw’Abanyarwanda.
Ubwo bizihizaga Umunsi w’Intwari ku wa 1 Gashyantare 2016, abagore mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro bavuze ko Perezida Kagame akwiriye kuba mu ntwari zikiriko.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru muri DRC yatangaje ko ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo icungira umutekano Abanyekongo baza kureba imikino ya CHAN mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yunamiye intwari azihesha icyubahiro, ariko ngo binasobanura ko urugamba rwo guharanira ubutwari rukomeje.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo Munyatwari Alphonse aratangaza ko kuba hari abagize komite nyobozi z’uturere bararangije manda bitaba urwitwazo rwo gukora amakosa.
Abacuruzi bakorera mu duce tumwe na tumwe mu Karere ka Ngororero, bakwepa abaka imisoro kuko ngo bakwa amafaranga menshi.
Zikama Eric wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kirehe mu gihe cy’inzibacyuho asanga azatunganya inshingano ze neza kuko abifitemo uburambe.
Akarere ka Kirehe gakomeje ubuvugizi ku bafite ubumuga bw’ingingo aho 53 bamaze kugezwaho amagare yo kubafasha kwitabira gahunda za Leta baniteza imbere.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, aravuga ko ubwiyongere bw’indwara ya Malariya bwatewe n’uburangare bw’abayobozi n’abaturage bagabanyije umurengo mu kuyirwanya.
Imodoka za Coasters zirenga 30 zambutse umupaka uhuza u Rwanda na Congo wa Rubavu zirimo Abakongomani baje gushyigikira ikipe yabo Leopards, mu mukino uri buyihuze n’iy’u Rwanda Amavubi.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu usoza ukwezi Abanyarwanda n’abatuye mu Rwanda bose bazindukira mu gikorwa cy’umuganda. kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Mutarama 2016 naho habaye umuganda wa mbere w’umwaka wa 2016.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi cyazamutseho 0,7% mu kwezi kumwe, byatewe n’ababyeyi batitabira igikoni cy’umudugudu.