Perezida Paul Kagame yambitswe umudari w’icyubahiro uruta indi muri Guinea Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) isanga Abanyarwandakazi bafite ibitekerezo n’ibikorwa byabahesha kuba ibirangirire mu ishoramari nubwo bafite imbogamizi yo kutabona igishoro.
Perezida Kagame avuga ko abakiri bato ari bo Afurika itezeho ejo hazaza, ariko akemeza ko bitazagerwaho igikoresha ibiturutse hanze gusa.
Komisiyo ihuriweho n’íbihugu by’u Rwanda na Congo mu gusubizaho imipaka yashyizweho n’Abakoloni 1911 yamuritse imipaka yasubijeho yari yarasibanganye.
Abana b’impunzi baturuka mu Nkambi z’Abakongomani barishimira guhabwa amahirwe yo kwiga mu Rwanda kugeza mu kiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye.
Perezida Paul Kagame, yigishije abikorera uko babyaza umusaruro (“gutabira”) amahirwe akomeye ariko atarakorwaho y’ikibanza cy’ubutaka u Rwanda rwahawe ku Nyanja Itukura.
Mu muhango wo kwakira Perezida wa Djibuti Ismail Omar Guelleh,Perezida Kagame yamushimiye impano y’ubutaka bwa Hegitare 20 igihugu cye cyahaye u Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 4 Werurwe 2016, Perezida wa Djibouti Ismail Omar, yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ibiri. Akaba ari bwakirwe na Perezida Kagame.
Umuyobozi Mukuru wa Rotary International, Ravi Ravindran, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame, anatangaza ko ashimishijwe cyane n’intambwe u Rwanda rwateye nyuma y’igihe gito rubayemo Jenoside.
Komiseri mukuru w’itorero ry’igihugu Rucagu Boniface asanga gushinga kaminuza atari ubucuruzi ahubwo ari ukubaka igihugu.
Akarere ka Nyarugenge kashyikirijwe n’inkeragutabara ibikorwa binyuranye zagakoreye bihwanye na miliyoni 420 z’amafaranga y’u Rwanda kandi kishimira uko byakozwe.
Mutesi Jolly, Nyampinga w’u Rwanda 2016, kuri uyu wa 3 Werurwe 2016, yasinyanye amasezerano y’imikoranire na COGEBANQUE.
Byukusenge Gaspard, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro ucyuye igiye, ngo yatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu tariki 2 Werurwe 2016.
Ku bufatanye n’ibitaro bya gisirikare by’u Rwanda na Rotary Club India, abaganga b’inzobere baravura abagera kuri 300 bafite uburwayi bamaranye igihe kinini.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bugiye gutangira kwimurira mu midugudu abaturage batuye, kugira ngo biborohereze kubagezaho ibikorwa remezo n’izindi gahunda.
Abasoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa y’abagize Urwego Rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO), barasabwa gukurikirana akarengane gakorerwa abaturage.
Umuryango Mpuzamahanga uharanira ishoramari ry’igihe kirambye (Gen. Next Foundation) uratangaza ko ugiye gushora imari mu bikorwa by’uburezi mu Rwanda ngo kuko hakiri icyuho.
Nyuma y’uko agizwe umuyobozi wa Polisi(D2) mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, yatangiye imirimo mishya yo kuyobora Polisi ya Loni muri iki gihugu
Monique Mukaruriza ni we utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, asimbuye Fidel Ndayisaba wari usoje manda ye y’imyaka itanu.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize Akarere ka Gisagara barahamya ko gahunda yo gusaba serivisi binyuze ku rubuga “Irembo” izakiza abaturage gusiragira mu buyobozi.
Mutesi Jolly ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, asimbuye Kundwa Doriane wari ufite irya 2015.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda barajwe ishinga no gukomeza gutera imbere n’ubwo hari ibyagezweho kuva u Rwanda ruvuye muri Jenoside.
Abari abayobozi b’uturere twa Gasabo, Huye, Ruhango, Nyamagabe, Nyaruguru, Ngoma, Kirehe, Gatsibo, Gakenke, Nyamasheke, Karongi, Rusizi na Rubavu; bongeye gutorerwa kutuyobora muri manda y’imyaka itanu.
Mu gihe hasigaye amasaha atarenga 24 kugira ngo amarushanwa yo gutoranya Nyaminga w’u Rwanda wa 2016 abe, twabateguriye amafoto abibutsa abahatanira iri kamba uko ari 15.
Hari icyizere ko noneho isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryaba rigiye kubakwa nyuma y’imyaka itatu kubakwa bigenda bisubikwa.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.