Abatutsi bishwe n’abarundi mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994, bakomeje gushyingurwa n’ababo mu cyubahiro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.
Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.
Ku cyambu cya Rushonga giherereye muri Kirehe hibukiwe Abatutsi bajugunywe mu ruzi rw’Akagera muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Perezida wa Repubulika Perezida Paul Kagame arasaba abagabo bose guhaguruka bagashyigikira iterambere ry’umugore, kuko iterabere rihamye ritagerwaho umugore agihezwa.
Perezida Kagame yemereye abaturage bo mu Karere ka Ngoma ibikorwa remezo birimo imihanda, amashanyarazi n’umuyoboro wa Interineti wihuta.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.
Perezida Paul Kagame amaze kugera mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, aho yari ategerejwe n’ibihumbi by’abaturage, bari bakereye uruzinduko agirira muri aka karere.
Abanyasudani y’Amajyepfo bari mu ruzinduko mu Rwanda basuye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge bashima imikorere yacyo kuko ngo irimo ubuhanga.
Abagize umuryango Girls in ICT w’abakorerabushake bakora ibijyanye n’ikoranabuhanga, baravuga ko bishyize hamwe kugira ngo bateze imbere ikoranabuhanga mu bagore n’abakobwa bato kandi babashishikarize kurijyamo.
Umuyobozi wa Ibuka ku rwego rw’igihugu, Prof Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko no kutita ku bibazo by’abacitse ku icumu kw’abayobozi bikwiye gufatwa nk’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ikigo cya Oshen Healthcare Rwanda Ltd, yo kuyifasha kugenzura no kuyobora ibitaro byitiriwe Umwami Faical.
Abafite ingengabitekerezo ngo si benshi ariko batarwanyijwe yakwirakwira mu Banyarwada, kuko igereranywa n’uburozi bwica imbaga ari buke.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasobanuye akamaro ko gushyiraho abagishwanama (mentors) b’abakobwa barokotse Jenoside, akemeza ko hamaze gutanga umusaruro.
Mu nama ya 13 y’Ishyirwa mu bikorwa ry’Imishinga y’Umuhora wa Ruguru yateraniye i Kampala muri Uganda, kuri uyu wa 23 Mata 2016, abakuru b’ibihugu bigize uyu muhora biyemeje kwihutisha imishinga yawo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abanyamadini n’amatorero gufata iya mbere mu kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze munyigisho batanga.
Urwego rushinzwe kwigenzura kw’Itangazamakuru (RMC) na Polisi y’Igihugu, baravuga ko amahugurwa yahuje izo mpamde zombi azafasha kunoza imikoranire.
Umushinjacyaha w’Urwego (MICT) rushinzwe imanza zasizwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Arusha, Serge Bremmertz, yijeje gufatanya n’u Rwanda kurangiza ibibazo bya Jenoside.
Nyuma y’ubushakashatsi bwa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG) buvuga ko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside batakiri benshi, hanze y’igihugu ho ngo yahindutse "ikigugu".
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly, kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 Mata 2016, yasuye abana b’incuke biga mu mashuri ya “Peace and Hope Initiative” i Kinyinya, abaha amata ndetse yiyemeza kubakamishiriza mu gihe cy’umwaka wose.
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bifashijwe na Ministeri y’Ingabo hamwe n’iy’Ubuzima, byiteguye impuguke mpuzamahanga mu by’ubuzima kubera ikibazo cya Malaria.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwatangaje ko bugiye guhagurukira ibibazo by’inka bivugwa ko zapfuye n’izagurishijwe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Ibihugu byibumbiye mu muryango Smart Africa byiyemeje kugabanya ibiciro by’itumanaho ku bantu bakorera ingendo muri ibyo bihugu, bityo ubuhahirane bworohe.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kiyanzi mu Karere ka Kirehe, bavuga ko biteguye gutanga imbabazi ariko babuze uzibasaba.
Bamwe mu banyeshuri barangije ibiruhuko, bavuze ko baraye mu nzira kubera kubura imodoka zibageza ku bigo bigaho.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.