Umushinga wa Techno serve ukorera mu Karere ka Ruhango, wateye inkunga imishinga y’urubyiruko ifite agaciro miliyoni 9Frw, nyuma y’amahugurwa bahawe.
Iserukiramuco rya Ubumuntu rigiye kongera kubera i Kigali, rikazibanda ku bibazo byugarije Afurika, hakagaragazwa n’inzira byakemurwamo binyuze mu buhanzi n’ubugeni.
Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno, akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 22 Kamena 2016, mu ruzinduko rw’akazi.
Abaturage batanze imigabane muri Sosiyeti y’Ishoramari y’Akarere ka Kamonyi, KIG, bayobewe iherezo ry’imishinga yavugwaga gukorwa none barasaba ubuyobozi kubabariza.
Senderi International Hit aherutse gutangariza abafana be ko yabonye umugabo w’ibigango umugira inama akanamurinda ariko aya makuru akomeje kuba urujijo.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Nyuma y’iminsi mike amaze mu Bwongereza, umunyarwanda Eric Dusingizimana waciye agahigo mu mukino wa Cricket ku isi, yakusanyije hafi miliyoni 140FRW yo kubaka Stade ya Cricket mu Rwanda
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rwo gutsura umubano n’igihugu cya Maroc, yaraye yakiriwe ku meza n’Umwami Mohamed VI.
Mu nama y’inteko rusange y’umuryango FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ngororero muri Ngororero, abanyamuryango biyemeje kwihutisha ubuvugizi ku bibazo by’abaturage.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekeje muri Maroc ku butumire bw’umwami w’iki gihugu Mohammed VI, mu ruzinduko rugamije kwagura ubucuti hagati y’ibihugu byombi.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, arashimira Abanyarwanda n’abandi bose bamuhaye ubufasha butandukanye, akabasha kuvuza umwana we mu Buhinde.
Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurinda Umwana Imirimo Mibi n’uw’Umwana w’Umunyafurika, ababyeyi bibukijwe ko kurera neza abana bakabitaho baba barimo kwiteganyiriza.
Ibuka isanga abantu bazwi kandi bakunzwe cyane mu buhanzi ndetse no mu mikino (Stars), bakwiye kujya bifashishwa mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.
Mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside, ababyeyi basabwe kwirinda gutoza abana ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo yoretse u Rwanda.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Umusore w’imyaka 40 y’amavuko witwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi yishwe atemwe ijosi n’abantu bataramenyekana.
Imiryango 40 ikennye mu Karere ka Ngoma yorojwe inka ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, kugira ngo abana bayirimo babashe kubaho neza.
Umuryango mpuzamahanga Mastercard Foundation mu nama y’ubuyobozi wakoreye mu Rwanda, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Nkosazana Dlamini Zuma yasuzumye aho u Rwanda rugeze rwitegura inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika izabera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana yeruye asaba imbabazi abashyitsi b’abanyamahanga bitabiriye inama mpuzamahanga ku buhinzi bukoreshwa ikoranabuhanga yaberaga mu Rwanda kuva ku wa 13 kugeza 16 Kamena 2016, ku byaba bitaragenze neza muri iyo nama.
Abacuruzi baciriritse bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko kunyereza imisoro kwabo guturuka ku bo baranguriraho bo muri Kigali basorera ½ gusa cy’ibyo baranguriweho.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) gitangaza ko umusaruro mbumbe w’igihugu(GDP) wazamutseho 7.3% mu gihembwe cya mbere cya 2016 biturutse ahanini kuri serivisi.
Reverend Pastor. Jesse Jackson, umupasiteri mu itorero ry’Ababatisita muri Amerika ashimangira ko u Rwanda rufite amahirwe yo kugira umuyobozi ushoboye n’isi yose yubaha.
Abaturage b’i Ruhunda mu Murenge wa Gishari i Rwamagana baravuga ko Ekocenter bubakiwe igiye kubakemurira ibibazo byababuzaga gutera imbere.
Kuva kuri uyu wa Mbere, tariki 13 Kamena 2016, u Rwanda rwakiriye Icyumweru Nyafurika ku bumenyi mu by’ubuhinzi (Africa Agriculture Science Week - AASW) kibaye ku nshuro ya karindwi, ndetse n’Ihuriro ry’Ubushakashatsi ku Buhinzi muri Afurika (Forum for Agricultural Research in Africa - FARA). Iyi nama irimo kubera i Kigali (…)
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Burasirazuba barasabwa kwita ku muturage no kumuteza imbere kuko ari we iryo shyaka rishyize imbere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abanyeshuri bava mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bakaba bagiye kwiga muri Amerika, kuzirikana iwabo bakahateza imbere.
U Rwanda rwungutse ibindi bigega bya sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli SP, bifite ubushobozi bwo kubika litiro miliyoni 22 zafasha igihugu mu mezi atatu.
Imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore mu karere k’ibiyaga bigari(COCAFEM) ishami ry’u Rwanda, irasaba ibihugu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano arwanya ihohoterwa.