Muri Tombola yabereye muri Marriott Hotel kuri uyu wa Kane, amakipe 12 yagabanijwe mu matsinda abiri, aho uRwanda ruyoboye itsinda rya mbere rutangira ruhura na Gabon kuri uyu wa Gatanu muri Petit Stade Amahoro.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rurakangurira urubyiruko kwitabira imishinga y’ubuhinzi, kuko ari rwo rufite imbaraga n’ubumenyi mu ikoranabuhanga byafasha kongera umusaruro.
Polisi y’igihugu yatangaje ko inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi, kubera uruhare rwa buri wese cyane cyane umutuzo abaturage bagaragaje ubwo yabaga.
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rw’abanyeshuri basoje itorero Indangamirwa, ko ryabafashije kugira indangagaciro zo kutazaba ibigwari no guhunga inshingano ahubwo bakamenya ibibabereye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangarije bagenzi be ko ibiciro byo guhamagarana hamwe na hamwe muri Afurika byagabanutse.
U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika byahawe igihembo cyo guteza imbere abagore, aho rwashimiwe kugira abagore benshi muri politiki n’imiyoborere.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bateraniye i Kigali, babuze uwo bahitamo uzasimbura Dr Nkosazana Dlamini Zuma ku mwanya w’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe.
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika uteraniye i Kigali watanze pasiporo (urwandiko rw’inzira) yo kugenda ibihugu bya Afurika nta mipaka, bwa mbere ku bakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Tchad.
Afungura ku mugaragaro Inteko Rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika iteraniye mu Rwanda, Perezida Kagame yasobanuye ko ubumwe bw’abatuye uyu mugabane bugomba kugaragarira mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage.
Abaperezida 30 b’ibihugu bya Afurika na Perezida wa Palestine, bari i Kigali mu nama ya 27 y’Ubumwe bwa Afurika (AU) ibera mu Rwanda kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 16 Nyakanga 2016, Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamira imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, zirushyinguyemo.
Umuryango w’ubufatanye bwa Afurika mu by’Ubukungu (NEPAD), uratangaza ko ugiye gushaka ingufu z’amashanyarazi mu rwego rwo guteza imbere inganda kuri uyu mugabane.
Abahoze muri FDLR barangije kwiga amasomo y’imyuga i Kayonza barasabwa kutazatatira igihango bagiranye na leta y’u Rwanda yabishyuriye bakajya kwiga.
Umwarimu wigisha ibijyanye n’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr Alphonse Muleefu aratangaza ko kwivana mu Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kw’ibihugu bya Afurika bitanyuranije n’amategeko arugenga.
Umuhanda wa kaburimbo Abanyaburera bemerewe na Perezida Paul Kagame watangiye gukorwa kuburyo ngo mu gihe cy’imyaka ibiri gusa uzaba wuzuye.
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali biramenyesha abaturwanda ko umuhanda uturuka i Kanombe ukomeza mu Giporoso—Gisementi-Gishushu-Kimihurura kugera mu Mujyi rwagati uzakoreshwa cyane ku wa gatanu tariki 15 Nyakanga bitewe n’Inama ya Afurika Yunze Ubumwe ya 27 ibera i Kigali.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo aravuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Sudani y’Epfo gihangayikishije Afurika, kizibandwaho mu nama y’Afurika yunze Ubumwe.
Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe yageze i Kigali, akaba ari we mu perezida wa mbere ugeze i Kigali mu ba Perezida bazitabira inama ya AU.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki Moon aragera i Kigali kuri uyu wa Gatanu aho aje kuganira na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika ku kibazo cya Sudani y’Amajyepfo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe mu Rwanda, bashobora kwanzura kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC).
Abize muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka baniyemeza kurushoramo imari.
Abanyeshuri bari mu Itorero Indangamirwa barakangurirwa kuba abaranga b’u Rwanda, barushakira incuti kandi bagashaka ibishya byarufasha gutera imbere.
Impirimbanyi y’amahoro y’Umunyapakisitani Malala Yousafzai ategerejwe mu Rwanda, mu ruzinduko azasuramo Inkambi ya Mahama ibamo impunzi z’Abarundi.
Abamasaderi bashya mu Rwanda bashyikirije Perezida Kagme impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, bizeje ko bazashyigikira igihugu umutekano n’ubukungu.
Mukamuganga Cecile, umubyeyi ufite ubumuga bw’amaguru uhinga indabo mu Karere ka Gisagara, yiteze ko umwuga yinjiyemo nyuma yo kugira ubumuga uzamuteza imbere.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Murekatete Odette, wo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, yinjiza ibihumbi 500 buri kwezi kubera guhinga kamaramasenge zisa n’izidasanzwe.
Ihuriro ry’imiryango iharanira iterambere ry’umugore muri Afurika, ryageneye Perezida Kagame igihembo cy’intangarugero mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye.