Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko batangiye kwitegura amatora ya Perezida ateganyijwe umwaka utaha.
Umuryango Imbuto Foundation wasabye urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge, kuba maso kubera SIDA n’inda z’imburagihe.
Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ruravuga ko imurikagurisha ry’iyo ntara ari nk’ishuri abantu barimo kwigiramo ko gahunda ya “Made in Rwanda” ishoboka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuhanda uhuza Akarere ka Huye n’aka Nyaruguru ukozwe byatuma Kibeho itera imbere ndetse igasurwa kurushaho.
Ibitaro bya Shyira mu Karere ka Nyabihu birimo kubaka inyubako nshya zizuzura zitwaye miliyari 4Frw mu rwego rwo gusimbuza izisanzwe, zubatse mu manegeka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze buratangaza ko ubumenyi mu gukumira no kwurwanya inkongi z’umuriro bizongera umutekano mu gihe cyo kwita izina.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Lesotho, Lt Gen Kennedy Tlali Kamoli, yavuze ko yaje gushaka imikoranire n’ingabo z’u Rwanda, ishingiye ku mahugurwa.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko bashimishijwe n’uko ishuri ry’imyuga Perezida Kagame yabemereye rigiye kubakwa.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, bishyuriye ubwisungane mu kwivuza abantu 20, barifuza kwishyurira abasaga 160.
Imibiri 18,382 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rushya rwa Kibungo mu Karere ka Ngoma.
Perezida wa Centrafrika Faustin Archange Touandera yashimye ingabo z’u Rwanda ziri muri icyo gihugu uruhare zigira mu iterambere ry’icyo gihugu.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiravuga ko guhingisha imashini no kuhira imyaka mu buryo bugezweho bidahenze cyane nk’uko abantu benshi babitekereza.
U Rwanda rwafunguye ambasade muri Congo Brazzaville izanakurikirana iterambere ry’u Rwanda mu muryango w’Afurika yo hagati (CEEAC).
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko igifite gahunda yo gufasha ubukungu bw’igihugu kuzamuka ku rugero rwa 11.5% muri 2020.
Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkontanyi mu Ntara y’Uburengerazuba basuye, banaremera umuryango w’umugore uherutse kwicwa aciwe umutwe n’abagizi ba nabi.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF), iratangaza ko imikino ihuza abasirikare bo mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yongera ubucuti bw’abaturage.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangarije abacuruzi b’ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, uburyo bw’ikoranabuhanga bwihutisha iyoherezwa n’itumizwa ry’ibintu mu mahanga.
Umutoniwase Edwige w’imyaka 18 yashushanyije ifoto ya Madame Jeanette Kagame mu rwego rwo kumushimira byimazeyo agaciro aha abakobwa.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), ivuga ko kuba amategeko ahinduka kenshi mu Rwanda atari ikibazo kuko ari igihugu kirimo kwiyubaka.
Uko buri mwaka ushize ni ko hasohoka terefone nziza kandi z’agatangaza, ariko izi terefone 25 ni zo zakunzwe kurusha izindi kuva terefone ngendanwa zatangira gukorwa.
Nyuma y’amezi asaga ane Uruganda rw’Ibirayi rwa “Nyabihu Potato Company” ruhagaze kubwo kubura ambalaje rupfunyikamo ibyakozwe rwongeye gufungura imiryago.
Guhera ku itariki 27 Kanama 2016, u Rwanda rurategura ibikorwa binyuranye bijyanye no kwita ku binyabuzima bitandukanye, bikazasozwa n’umuhango ukomeye wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 21.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi Mukantabana Seraphine arasaba Abanyarwanda bahunze gutahuka, kuko nyuma y’uyu mwaka bitazaborohera gutahuka kuko ibyo bafashwagamo bitazongera kubaho.
Abafungiwe Jenoside muri gereza ya Rwamagana bemeza ko Club yo kurwanya Jenoside yabavanye ku izima bemera ibyaha bamaze imyaka 22 bataremeraga.
Ikigo Mpuzamahanga cy’Umutungo mu by’Ubwenge (WIPO) cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, byahanze udushya.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo Mwumvaneza Anaclet yahaye ububasha bw’ubusomyi bw’ivanjili n’ubuhereza Abafaratiri 14 bitegura kuba ba Padiri, abasaba kuzakora inshingano bahawe.
Utudege tutagira abapilote twitwa ’drones’ twatangiye kugezwa mu Rwanda guhera ku cyumweru tukazahita dutangira kwifashishwa muri serivisi z’ubuvuzi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Itsinda rya Urban Boys ryegukanye Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu rihabwa miliyoni 24Frw z’ibihembo.
Nyuma y’imyaka itandatu Perezida Kagame na Perezida Kabila bahuye, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 bongeye guhurira mu Mujyi wa Rubavu baganira ibyateza imbere ibihugu byombi.