Perezida Paul Kagame yongeye gutangaza ko adatewe impungenge n’abafashe nabi ibyo yavuze, aburira abantu bita ku bibazo by’u Rwanda kuruta uko bita kubibareba.
Mu Mujyi wa San Francisco muri Leta ya Calfornia, hateraniye ibirori bya Rwanda Cultural Day, byitabiriwe na Perezida Kagame. Ubusabane ni bwose kandi haranatangirwa ibiganiro biganisha ku mwihariko w’u Rwanda.
Abanyarwanda baturutse imihanda yose bamaze kugera kuri Hoteli ya Marriott Marquis, iherereye mu Mujyi wa San Fransisco, ahagiye guteranira ibirori bya Rwanda Cultural Day.
Jeannette Kagame Madamu wa Perezida wa Repurika, yavuze ko ubufatanye bwiza mu iterambere, ari ubudaheza umugore n’umukobwa.
Perezida Paul Kagame aributsa ibihugu bikomeye ko ikibazo cy’impunzi n’abimukira kitagomba guhabwa agaciro gusa ari uko cyageze kuri ibyo bihugu.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ivuga ko ubukorerabushake bufatiye runini igihugu kuko butuma hakorwa imirimo myinshi kitabonera ingengo y’imari.
Umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) avuga ko umunyeshuri uzafatwa yita abatangizi izina ribatesha agaciro azabihanirwa.
Abahanzi b’Abanyarwanda bakeneye kwerekana umuco Nyarwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika muri "Rwanda Cultural day".
Perezida Paul Kagame, avuga ko iyo bibaye ngombwa u Rwanda rudaseta ibirenge mu guharanira inyungu z’abanyagihugu kuko ari zo ziza ku isonga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira ikigo kizafasha umugabane wa Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye (SDG Center for Africa).
Perezida Paul Kagame yagaragarije amahanga uburyo ikoranabuhanga ritagira isi umudugudu umwe gusa, ahubwo ryagira n’uruhare mu kongera ubukungu nk’uko byagaragaye mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Ibitaro bikuru bya Byumba biri kubaka inyubako nshya, izunganira iyari imaze imyaka 69, mu rwego rwo kunoza serivisi.
Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye amashuri, amazu y’abaturage 35, inangiza bimwe mu bicuruzwa,mu murenge wa Nasho, mu karere ka Kirehe.
Abagize urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi mu karere ka Kicukiro, barasabwa kuba maso, bakamenya ibiranga abyihebe byiyitirira Isilamu.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF) rutangaza ko abagore bikorera bakiri bake, rugasaba abafatanyabikorwa gushyigikira gahunda ya HeForShe, bakongera umubare wabo.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba Caritas Mukandasira afatamyije n’inzego z’umutekano, baraburira abatuye akarere ka Ngororero ko abafite ibitekerezo by’amacakubiri n’ubutagondwa batazahabwa umwanya.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyiyemeje kuzamura imyumvire ku misoro, gihereye mu bigo by’amashuri yisumbuye na za kaminuza.
Perezida Paul Kagame yatumiwe muri Kaminuza ya Yale aho azatanga ikiganiro ku bantu batandukanye, mu gikorwa kiswe "Coca-Cola Word Fund at Yale"
Camera ya telefone igezweho, iPhone 7, yageragerejwe mu Rwanda mu rwego rwo kureba ubwiza bw’amafoto ifotora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bwashimiwe uruhare bwagize, mu kugaruza umwana w’amezi abiri wari wibwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko imodoka baheruka guhabwa n’umukuru w’igihugu yabakijije imvune bagiraga.
Abasilamu bo mu duce dutandukanye tw’ igihugu, bahize kwitandukanya n’ababasiga isura mbi y’ubutagondwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yabwiye intore z’Intagamburuzwa zigizwe n’abanyeshuri bahagarariye abandi muri za Kaminuza, ko batagomba kuba impfabusa.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Nzeri 2016, nibwo yahuye na Perezida Kagame nyuma y’uko yari yaraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu.
Perezida Paul Kagame avuga ko yanze guhakirwa mu gihugu cye cy’u Rwanda, agasaba n’Abanyarwanda kumenya ko ari icyabo, bakagikorera.
Perezida Kagame yiyemeje ko mu mihigo y’umwaka wa 2016-2017, azikorera igenzura, kugira ngo ahuze ibipimo bitangwa n’abagenzuzi, n’ibyo yabonye mu gihugu.
Akarere ka Gasabo ni ko kahize utundi mu kwesa imihigo ya 2015/2016, aho kagize amanota 81.6%.
U Rwanda rwahombye amafaranga agera kuri miriyari 6.8 bitewe n’ibigo 25 byanyereje imisoro.