Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo gukurikirana ibijyanye n’amategeko ndetse n’amabwiriza yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Richard Sezibera yahigitse bagenzi be bahataniraga umwanya wo gusimbura Senateri Mucyo Jean de Dieu witabye Imana.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus 330-300 y’ikompanyi nyarwanda itwara abagenzi mu ndege RwandAir, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 01 Ukuboza 2016.
Ikigo Iriba ry’umurage ndangamateka, kirasaba Abanyarwanda kwandika no kwibikira amateka ubwabo kuko ngo hari menshi akibitswe n’abakoronije u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyatumye bamwe mu bakobwa biga ubumenyingiro, kujya gukangurira bagenzi babo kwiga gukora imirimo y’ingufu.
Ibihugu bya Afurika bigiye gukurikiza umwimerere w’u Rwanda mu gushyiraho ibigo byita ku bagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ‘Isange One Stop Centers’.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Gabon aho yitabiriye inama y’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu by’Afurika yo hagati (ECCAS), yibanda ku mahoro n’umutekano.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buratangaza ko bwatangiye gukurikirana bamwe mu bari abayobozi muri Leta no muri Guverinoma y’Ubufaransa, bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Novartis, uruganda rwo mu Busuwisi rukora imiti, rugiye kujya rugeza imiti ya Kanseri, indwara z’umutima, indwara z’ubuhumekero na diabeti mu Rwanda, kuri make.
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikigo cyubahiriza amategeko agenga ubucuruzi mu rwego rwo kurengera umuguzi.
Abana bafashwa n’ Umuryango Imbuto Foundation basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza, ari yo nkingi izabafasha kugera ku byo igihugu kibifuzaho.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yabwiye urubyiruko Gatolika ko rugomba kurangwa n’ibikorwa byiza, rukaba umusingi wo kubaka u Rwanda.
Dusabe Gabriel, umunyabugeni akaba n’umufotozi wabigize umwuga, avuga ko gufotora ari umwuga uteza imbere uwukora neza kandi awukunze.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi batandukanye babyukiye mu gikorwa cy’umuganda usozwa ukwezi kw’Ugushyingo, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2016.
Majoro Mvuyekure Pierre uvuga ko yari ashinzwe ubutasi no gutegura urugamba muri FDLR, Segiteri Kivu y’amajyaruguru, yatashye mu Rwanda.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) itangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu uburezi bugiye kujya butangirwa kuri mudasobwa gusa, abanyeshuri badakoresha ibitabo n’amakayi.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly avuga ko adatewe ubwoba n’abakobwa bazitabira irushanwa rya Nyampinga w’Isi (Miss World),u Rwanda ruzitabira ku nshuro ya mbere.
Abaturage batandukanye batangiye kugira imitekerereze ya Kinyafurika, nyuma yo gusobanurirwa gahunda ya Ndi Umunyafurika yatangijwe n’umuryango utegamiye kuri Leta Panafrican Mouvement.
Mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, abikorera bo mu Karere ka Kayonza biyemeje gutangiza uruganda ruzakora imyenda.
Umushinga w’Agatare ukorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge witezweho guteza imbere abahatuye, uhageza ibikorwa remezo, unaca akajagari.
Padiri Thomas Nahimana ni umuyobozi w’ Ishyaka “Ishema ry’u Rwanda” akaba n’umuyobozi w’ikinyamakuru “Le Prophète.fr”. Azwiho cyane amagambo y’urwango, ivangura rishingiye ku moko, akaba yanga urunuka Abatutsi n’ubuyobozi buriho.
Igihugu cy’Ubudage cyahaye u Rwanda inkunga ya miliyari 7RWf zizifashishwa mu korohereza Abanyarwanda bohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Imiryango IBUKA na CNLG, irashimira Kiliziya Gaturika imbabazi yasabye kubera uruhare bamwe mu bayoboke bayo bagize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye Valens Ndayisenga wegukanye bwa kabiri Tour du Rwanda
Nyuma y’uko agace ka Nyuma ka Tour du Rwanda kagizwe n’ibirometero 108 kakinirwaga mu Mujyi wa Kigali kegukanywe na Okubamariam Tesfom ukomoka muri Eritrea, Tour du Rwanda ya 2016 yose yegukanywe na Ndayisenga Valens.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyateguye ibirori byo gushimira umuryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi zo mu birunga inshuro 100.
Valens Ndayisenga ukinira ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’epfo, Niwe wegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda katurukaga Musanze kagana Kigali.
Abagize Ihuriro ry’abayobozi b’amasosiyete akomeye bakiri bato (Young Presidents’ Organisation: YPO) batangaza ko bagiye kwegereza Abanyarwanda amasomero hifashishijwe Interineti.
Kuva mu mwaka wa 2014 gahunda ya NEP-Kora Wigire imaze guha imirimo mishya abarenga ibihumbi 80 hirya no hino mu Rwanda.
Umukinnyi wa Eritrea witwa Eyob Metkel ukinira ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika yepfo niwe utanze abandi mu Mujyi wa Musanze, yegukana agace ka gatanu ka Tour du Rwanda katurukaga mu Mujyi wa Muhanga kagana Mu Mujyi wa Musanze.