Perezida Kagame yavuze ko yibaza impamvu Papa Francis adasabira imbabazi intama ze zagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, nk’uko yazisabiye ku mugaragaro abapadiri bagiye bafata abana ku ngufu mu bindi bihugu.
Bamwe mu Banyarwanda b’inararibonye barasaba ko habaho ishuri ryitiriwe Kagame, “Kagame Institute of Good Governance”, rifasha mu gusigasira imiyoborere myiza no kuyisangiza abandi.
Mu magereza yo mu turere dutandukanye two mu gihugu, batangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kurekura abagororwa 814 bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.
Umuturage witwa Nyiramahoro Theopista wari witabiriye inama ya 14 y’Umushyikirano, yijeje Perezida Kagame kuzatora neza mu mwaka wa 2017, abandi barabyemeza.
Perezida Kagame yatangaje ko imyaka 22 u Rwanda rumaze rwibohoye igaragaza ko ruhagaze neza, ku buryo indi myaka 20 iri imbere igihugu kizayinjiramo kitajegajega.
Urubyiruko rurakangurirwa gukoresha imbaraga rufite mu bumenyi no mu bwenge kugira ngo rubyaze umusaruro amahirwe rufite mu gihugu no hanze yacyo.
Polisi y’igihugu yazanye impinduka mu buryo serivisi zo mu muhanda zatangwaga, aho buri kintu cyose kigiye kujya gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Urubyiruko rurimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abakomoka ku bayikoze, abavutse ku bafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abiga mu mahanga, biyemeje kubaho bitwa Abanyarwanda.
Abatuye mu turere twiganjemo icyaro mu Ntara y’Amajyepfo, barifuza ko mu nama ya 14 y’umushyikirano hakwigirwamo uburyo barushaho kwegerezwa ibikorwaremezo.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yemeza ko kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ari ugupfa uhagaze kuko nta cyiza cyayo.
Perezida Kagame yatangaje ko Padiri Nahimana atari akwiye kubuzwa kwinjira mu gihugu kubera ibyaha akekwaho, ahubwo ko bari kumureka akinjira ubundi akabiryozwa .
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko bafite inshingano zo kwita ku baturage mbere y’ibindi byose.
Urugaga rw’abikorera (PSF), rwateguye bwa mbere igikorwa cyo kumurika imideri nyarwanda ( Fashion Night out), kizabera mu imurikagurisha rya ‘Made in Rwanda’ rizaba kuva taliki 14-20 Ukuboza 2016.
Abaturage b’i Nyamagabe basanga iriba ryo “Mu Kunyu” rikwiye kugirwa nyaburanga, hagashyirwa n’inzu y’amateka ba mukerarugendo bakajya bahasura.
Imibare itangwa na Transparency International Rwanda (TI) yerekana ko abatanga amakuru kuri ruswa bagenda bagabanuka aho kwiyongera ngo ihashywe burundu.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga muri 2015-2016 Leta yahombye miliyoni 99RWf kubera gutsindwa imanza zirimo izo kwirukana abakozi bitubihirije amategeko.
Abana bitabiriye inama nkuru y’igihugu y’abana, barashima ko igihugu kibatekereza ndetse kikabaha umwanya wo kugaragaza ibyifuzo n’ibibazo bahura nabyo.
Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yatawe muri yombi na polisi y’igihugu cya Malawi aho yari atuye.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 1441 yiganjemo abari batuye mu manegeka hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Urwego rw’umuvunyi rurizeza abanyamakuru ko bazakomeza gukorana mu bufanye bushoboka, bakabafasha kugira ubushobozi n’ubumenyi mu gutunga agatoki no gutahura ahari ruswa.
Uyu munsi ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse ifoto y’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40, ufite imbunda yo mu bwoko bwa Karachinikov yicaye ku ntebe y’urubaho ishinze ahantu ku muhanda.
Bamwe mu rubyiruko rudafite akazi rwo mu Karere ka Musanze rwashyiriweho na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ikigo kiruhuza n’abagatanga.
Mu Kiganiro kihariye Madame Jeannette Kagame yagiranye n’igitangazamakuru mpuzamahanga cyitwa FORBES WOMAN AFRICA, yerekanye uburyo Umuryango Imbuto Foundation wagize uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko ikoranabuhanga rituma ibiza bizaba bimenyekana kare, ntihabeho gutungurana bityo gutabara bikihuta.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 5 ukuboza 2016, Perezida Kagame yatashye inyubako ya Chic Complex na Kigali Heights.
Niyonshuti Yves wiga mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri yakoze porogaramu ya mudasobwa ishobora kwifashishwa mu gikorwa cy’amatora.
Perezida Paul Kagame na Madamu we Jeannette Kagame bifurije ababyeyi n’abana bo mu gihugu cyose kuzagira Noheri nziza n’umwaka mushya muhire.
Ingabo z’ Rwanda (RDF), zoroje imiryango 15 itishoboye yo mu Karere ka Kayonza na Gatsibo.
Imbuto Foundation yatangije gahunda yise ‘iAccelarator’ yemerera urubyiruko gukora imishinga ijyanye n’ubuzima cyane cyane ubw’imyororokere, itsinze igaterwa inkunga.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga Nsengimana Philbert yabwiye urubyiruko guhaguruka rugahangana n’ikinyoma, kuko ari cyo mwanzi u Rwanda rufite kugeza ubu.