Cathia Uwamahoro, Umunyarwandakazi ukina Cricket yatangiye urugambwa rwo gishyiraho agahigo gashya muri Cricket ku isi
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.
Guverinoma y’u Buhinde yemereye Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere Rwandair, uburenganzira bwo gukorera muri icyo gihugu.
Ikigo cy’itumanaho, MTN Rwanda ku bufatanye na Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA), cyatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bacyo amafaranga hifashishijwe telefone.
U Rwanda rwifatanyije na Isiraheli kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, umuhango wabereye ku rwibutso rwa Gisozi, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2017.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwibutsa abayobozi inshingano zabo mu gihe baba bibagiwe cyangwa bazirengagije, kuko ari ko kazi bashinzwe.
Nyuma y’imyaka ibiri Stade Ubworoherane yo mu Karere ka Musanze isanwa yatashywe ku mugaragaro yongera no kwakira imikino.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko yashimishijwe n’imyigishirize ya Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma(muri Amerika), ndetse n’inyuturano y’abayizemo.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko mu Karere ka Gisagara abaturage bagaragaje ko batagira uruhare mu mitegurire y’ingengo y’imari n’igenamigambi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaciye ikoreshwa rya telefoni zigendanwa ku baganga n’abandi batanga serivisi z’ubuzima mu masaha y’akazi.
Francis Gatare wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), yasigiye Clare Akamanzi wamusimbuye, umukoro wo kureshya abashoramari ariko akareba abafite ishoramari rikwiye.
Abashinzwe imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika batangaza ko imirimo yo kuryubaka igeze kuri 80% ku buryo ngo rizuzura bitarenze ukwezi kwa Mata 2017.
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya bashyizwe mu myanya n’inama y’abaminisitiri iheruka, Perezida Paul Kagame yabahamagariye kutitwaza amikoro make y’igihugu ngo bananirwe kunoza serivisi zitarashyirwa ku murongo mu byiciro bitandukanye.
Louise T. Koonce, gafotozi ukomoka muri Amerika (USA) yasuye ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, asangiza ubunararibonye abari guhabwa amahugurwa mu gufata amafoto ya Kinyamwuga.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafunguye ikigo cy’amahugurwa ku butabazi bw’abakomerekeye ku rugamba n’abandi bose bagize impanuka.
Abaturage batuye mu bice by’icyaro bagorwaga no gukora ingendo bagiye kongera koroherezwa, nyuma y’uko haje sosiyete nshya ije gusimbura ONATRACOM yari yarazimiye.
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru hano:
Ku bufatanye na sosiyete y’itumanaho, Airtel abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman basusurukije Abanya-Rubavu bataha batabishaka.
Mu muhango wo gutaha Hotel Dove y’Itorero rya ADEPR iherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahamagariye abayoboke b’Idini ya ADEPR kugira ukwemera gushingiye ku bikorwa, kugira ngo barusheho gutera imbere.
U Rwanda rwahawe ikirango mpuzamahanga ISO 9001:2008, kizajya gishyirwa ku bicuruzwa byarwo kigaragaza ko byujuje ubuzirange, nyuma y’imyaka irenga 14 rumaze rugiharanira.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahagaritse itegurwa ry’amarushanwa y’ubwiza mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye kugira ngo atabangamira imyigire y’abanyeshuri.
Amafiriti n’imigati batetse bigahindura isura ngo ni ibyo kwirindwa cyane kuko ririya bara ryijimye ari ikimenyetso cy’ubumara bwitwa acrylamide butera indwara ya kanseri.
Nyuma y’imyaka 23 u Rwanda rwibohoye, abana ba Uwiringiyimana Agathe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akaza kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, baracyaba mu buhungiro.
Niyitegeka Sostène, w’i Ntosho mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Bweramana muri Ruhango, yarwanye ku batutsi 104 kuva Jenoside itangiye, kugeza abagejeje mu maboko y’Inkotanyi.
Madamu Jeannette Kagame yasabye bagenzi be gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya SIDA gikomeje koreka imbaga ku mugabane w’Afurika, kikabuza benshi gukoresha imbaraga zabo mu kwiteza imbere n’igihugu cyabo.
Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa 31 Mutarama 2017, aratanga ikiganiro mu Ihuriro ry’Abagore b’Abaperezida bo muri Afurika rirwanya icyorezo cya Sida (OAFLA).