Abagize Umuryango w’Abagide mu Rwanda bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda harimo n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabafasha kuyirwanya.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero akaba n’Umutahira mukuru w’intore, Rucagu Boniface, yatangarije abanyamakuru bitabiriye Itorero ko kubatoza umuco w’Ubutore, atari ukubangamira uburenganzira bwabo.
Abaturage b’akarere ka Nyarugenge bamurikiwe imodoka 10 biguriye mu musanzu bagiye batanga buri wese uko afite, zizabafasha gukaza umutekano no mu bikorwa by’isuku.
Madame Jeannette Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Djibouti, aho yaherekeje Perezida Kagame, yeretswe uburyo abagore bo muri icyo gihugu biteza imbere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) ryaguze mu Rwanda toni 508 z’ibishyimbo byo kugoboka u Burundi bwugarijwe n’amapfa.
Muhoza Janvière utuye i Tumba ho mu Karere ka Huye yabyaye abana babiri bafite ubumuga bw’uruhu bituma urugo rwe rusenyuka, agwa mu bukene.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero yitabye Imana azize indwara.
Muri iki gihe u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatuts,abanyarwanda baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bibutse banishimira intamwe yatewe n’abanyarwanda mu kwiyubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burizeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere ko ku mugezi wa Mukungwa hagiye kubakwa Urwibutso rwa Jenoside.
Abambasaderi b’u Bushinwa n’u Buhinde biyemeje gutanga umusanzu wabo ku iterambere ry’u Rwanda, bagendeye ku mibanire ibihugu byabo bisanzwe bifitanye n’u Rwanda.
Abatutsi ibihumbi 50 bari bahungiye i Murambi, bahanganye n’interahamwe mu minsi itatu bakoresha amabuye, ariko intwaro za gerenade n’amasasu by’abajandarume bibaca intege.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Donatille Mukabalisa yongeye kunenga ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zatereranye Abatutsi bari bazihungiyeho muri ETO Kicukiro.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe avuga ko kuba abasirikare b’Abafaransa baragambaniye Abasesero bakicwa, babikoze bagamije kwihimura kuko bari baratsinzwe.
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) Prof. Shyaka Anastase, atangaza ko imiyoborere myiza ari cyo gisubizo kirambye cy’iterambere ry’u Rwanda na Afurika.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye avuga ko impamvu bamwe mu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafatwa ari uko ibihugu bahungiyemo bibakingira ikibaba.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Mata 2017, Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki .
Mu ijambo ritangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Perezida Kagame yihanangirije abashaka gusubiza u Rwanda inyuma bapfobya Jenoside bishingikirije ubuhangange bwabo.
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yayoboye inama nkuru ihuza abayobozi b’ingabo z’u Rwanda.
Col. Chance Ndagano yagizwe umuyobozi w’agateganyo wa sosiyete y’ingendo zo mu kirere RwandAir, asimbuye John Mirenge wari umaze imyaka irindwi ayiyobora.
Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), imaze igihe gito ikorera mu Rwanda ngo izanye umuganda wayo mu kongera umubare w’abaganga.
Senateri Gakuba Jeanne D’arc yatorewe kuba muri biro y’ihuriro rihuza abagore bari mu Nteko Zishinga Amategeko ku isi ahagarariye igice cy’Afurika.
Perezida Paul Kagame yasabye Papa Francis kuzasura u Rwanda, nyuma y’uko nawe yari yamutumiye i Vatican mu minsi ishize.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’Ikigo gikomeye giteza imbere imibare n’ubumenyi muri Afurika (AIMS) kimuriye icyicaro cyacyo mu Rwanda.
Ikipe ya Mukura ntiyahiriwe n’umunsi wa 22 wa Shampiona nyuma yo kunyagirwa na AS Kigali, mu gihe Kiyovu nayo itikuye imbere y’ikipe ya nyuma
Uko imyaka ishira indi igataha,imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 ikomeza kugenda itahurwa hirya no hino aho yagiye ijugunywa, gusa hari itazigera iboneka kubera aho yatawe nyuma yo kwicwa.
Mwizerwa Dieudonné Umunyarwanda wari usanzwe ari umwe mu basifuzi bemerewe gusifura amarushanwa ya Karate ku rwego rwa Afurika , ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yatsinze ikizami kimwemerera kuba Umusifuzi wa mbere muri Afurika y’Uburasirazuba (EAC) wemerewe gusifura amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari (Zigama CSS) gihuriwemo n’abagize inzego zishinzwe umutekano, bwatangaje ko kwizigamira no kugurizanya bimaze guhesha 70% by’abanyamuryango inzu zo kubamo.
Kaminuza y’amahoteri, ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB) yatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’Igiswahili mu rwego rwo gufasha ababishaka kurumenya byihuse.
Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, aragera mu Rwanda kuwa 29 Werurwe 2017 saa 19h10, aho aje kuzuza ibisabwa kugira ngo ahatanire umwanya wa Perezida wa Repubulika.