Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko Komisiyo y’igihugu y’Amatora (NEC) nta burenganzira ifite bwo kugenzura ndetse no guhagarika ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu baturage.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo avuga ko mu gihe cy’amatora Abanyarwanda bakwiye gukoresha imbuga nkoranyambaga bakavuga ikibari ku mutima batarinze kubisabira uruhushya.
Abanyamakuru barasaba inteko ishingamategeko y’u Rwanda kubakorera ubuvugizi,abakivuga ko itangazamakuru ryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakabireka.
Uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku yarangije amasomo yo mu ishuri ry’imbonezamirire mu Karere ka Muhanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagararira abayobozi kuzamura impano zitandukanye Abanyarwanda bafite kugira ngo haboneke benshi basohokera igihugu mu marushanwa mpuzamahanga.
Hirya no hino mu gihugu, abaturage bafatanyije n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano babyukiye mu muganda rusange usoza ukwezi wa Gicurasi 2017.
Abanyarwanda baba mu Bubiligi batumiye inshuti zabo kuzaza kwifatanya nabo kwakira Perezida Paul Kagame uzaba uri muri iki gihugu tariki 7 Kamena 2017.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2017, u Rwanda rwifatanije na Afurika yose mu kwizihiza, umunsi ngarukamwaka wahariwe ukwibohora kwa Afurika.
Ihuriro ry’abakurikirana iby’ingendo mu ndege mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko igiciro ku matike kikiri hejuru cyane bikabangamira abagenzi.
Minisiteri y’Ubucuruzi , Inganda n’Uumuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) yasobanuriye abanyamahanga ko guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda bitavuze gukumira ibiva hanze.
Ikibazo cy’umutekano muke kiza imbere mu bibangamira gahunda yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bihugu bya Afurika.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Ubuholandi cy’Iterambere (SNV) na Kompanyi yo mu Bubiligi ikora ibijyanye no kubyaza ingufu z’amashanyarazi mu mazi ndetse na IPRC Kigali, muri IPRC Kigali basoje amahugurwa y’abatekinisiye mu kubyaza amazi ingufu z’amashanyarazi.
Perezida Paul Kagame yabwiye umuryango w’Abayahudi ko amateka ya Jenoside Isiraheri n’u Rwanda byanyuzemo, yatumye habaho ipfundo ry’ubucuti ridasanzwe.
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe Amahoro ryaberaga mu Rwanda, Umunyarwandakazi Nyirarukundo Salome yegukanye umwanya wa mbere mu gice cya Marathon
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction y’i Rubavu ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rytiriwe "Kwibuka", ryavaga mu Ruhango ryerekeza i Karongi
Ubushinjacyaha bukuru buratangaza ko ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Caporali Habarugira Jean Damascene wahoze mu ngabo z’igihugu, yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’igihugu.
Application yiswe VugaPay yifashishwa mu kohererezanya amafaranga “Mobile Money” yakozwe n’abana babiri b’Abanyarwanda bava indi imwe, yaje ku isonga mu mishinga icumi mishya y’ikoranabuhanga itanga icyizere muri Afurika.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.
Mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda nizo zizifashishwa mu bikorwa binyuranye by’iterambere Police izageza ku baturage.
Polisi y’igihugu yahaye abaturage 100 bo mu Karere ka Gicumbi amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kubafasha kubungabunga umutekano.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’ikinyamakuru Jeunne Afrique, yavuze ko adatewe impungenge n’umukandida uwo ari we wese bazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganijwe tariki ya 4 Kanama 2017.
Umugabo witwa Gakara Jean Claude ucukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Murehe, yaraye akuwe mu kirombe ari muzima, nyuma y’uko kimugwiriye ku wa gatandatu tariki 13 Gicurasi 2017 i saa tatu za mu gitondo.
Inama ya Transform Africa yaberaga i Kigali yasojwe ku mugaragaro isize iciye agahigo ku zindi zayibanjirije mu byagezweho, inaharurira inzira izindi zizayikurikira.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko abagore n’abagabo bakwiye kugerwaho n’impinduka zazanywe n’ikoranabuhanga, kugira ngo bose bagire uruhare rwo kubaka umuryango.
Nyuma y’imyaka ibiri bavumbuye ikoranabuhanga ryo guhererekanya amafaranga nta kiguzi rigashorwamo Imari rigakomera, Patrick Muhire na Cedrick Muhoza Abanyarwanda b’abavandimwe, bageze i Silicon Valley mu Majyaruguru ya San Francisco muri Leta ya Calfornia muri USA, aho bakomereje uyu mushinga wabo umaze kugera ku gaciro ka (…)
I Kigali niho hazasinyirwa amasezerano y’ibihugu byishyize hamwe bikiyemeza gushyiraho politiki zifasha abakobwa zikanabakuriraho imbogamizi zituma badatera imbere muri siyansi n’ikoranabuhanga.
Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ba Afurika ko guhindura Afurika kwiza bigomba kujyana no gushyiraho uburyo buha abaturage imitekerereze ishaka ibisubizo.
Mu Rwanda hagiye gutangira inama ya Transform Africa, ikazibanda ku inozwa rya gahunda yiswe “Smart Cities” igamije kugira imijyi Nyafurika itanga serivisi yifashishije ikoranabuhanga.
Perezida Paul Kagame yasabye abagize komisiyo ishinzwe ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, guca imvugo y’uko Abanyafurika ari bo bitera ibyago.