Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yasabye abamurika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kongera ubwiza n’ubuziranenge, abagira inama yo kurebera kuri bamwe mu banyamahanga baje kumurika ibyo bakora.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu bakoraga urugendo rw’ibirometero bajya kwivuriza ku mavuriro yo muri Musanze na Rubavu basubijwe kuko bubakiwe ivuriro rishya.
Umuti witwa Baygon na Off irwanya imibu yatumye malariya igabanuka ku kigero cya 48% ku bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gishari.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye gutangira gukoresha imashini nshya ipima kanseri, izajya itanga ibisubizo mu minsi itanu, mu gihe mbere byafataga ibyumweru bibiri.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko Expo 2017 ifitiye udushya abazayisura ku buryo bashobora kuhakura ubwenge bwabafasha kuba abanyemari na bo.
Abana 30 bakuwe mu muhanda mu Karere ka Nyarugenge bahawe imiryango ibarera banashyirirwaho ikigo cyibigisha imyuga irimo umuziki.
Urujijo ni rwose mu bakunzi ba Alpha Blondy, wagombaga gutaramira abitabiriye igitaramo cy’iserukiramuco rya muzika ryiswe Kigali Up kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kanama 2017, ariko bigahinduka ku munota wa nyuma.
Perezida Paul Kagame yavuze ko nta cyamuteraga imbaraga mu kwiyamamaza nko kumva abaturage bamuririmbira indirimbo yamenyekanye nka “Nda ndambara yandera ubwoba”.
Perezida Paul Kagame warahiye ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2017, yavuze ko nta gihugu nta kimwe u Rwanda rufata nk’umwanzi.
Perezida Paul Kagame umukandida w’ishyaka FPR-Inkotanyi, watsinze amatora yo ku wa 4 Kanama 2017, amaze kurahirira kuyobora u Rwanda.
Umushinga w’Abasuwisi witwa ‘Skat Consulting’ ugiye gutangira kubaka mu Rwanda inzu zo guturamo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 6RWf na 15RWf.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Seraphine Mukantabana arahamagarira Abanyarwanda kubaka inzu zihangana n’ibiza kuko gutabara ahabaye ibiza bihenda.
Abayobozi 54 b’ibigo bikomeye muri Afurika baganiriye na Perezida Paul Kagame, bamushakaho impanuro zabafasha kunoza akazi kabo no guteza imbere ibigo bayora.
Urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwimbogo, Gashonga na Nzahaha yo mu Karere ka Rusizi, rwishimiye intsinzi y’umukandia wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame mu busabane.
Abagororwa 30 bafungiye muri Gereza ya Rilima bahujwe n’abo biciye imiryango yabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, babasaba imbabazi barazihabwa.
Perezida Paul Kagame yabwiye abakorerabushake bo mu Bwogereza bakoraga mu mushinga Umubano, ko usize umubano w’ibihugu byombi ukomeye.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Sri Lanka (DSCSC) basuye MINADEF bashima imikorere y’ingabo z’u Rwanda.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje bidasubirwaho ko Paul Kagame ari we watsindiye kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ku mugaragaro ikibuga cya Basketball giherereye kuri Club Rafiki
Ambasaderi Arnout Pauwels wari umaze imyaka itatu ahagarariye u Bubiligi mu Rwanda, yatangaje ko ubwo asoje ikivi mu Rwanda ahandi agiye azaba umuvugizi w’u Rwanda nk’igihugu cy’intangarugero kandi cyuzuye amahirwe.
Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) rwashimye umutuzo wagaragaye mu matora ya Perezida, runenga ibitangazamakuru mpuzamahanga byibasiye umwe mu bakandida.
Ibyishimo ni byose mu gihugu ku bashyigikiye Paul Kagame kubera intsinzi yaraye yegukanye, mu gihe Komisiyo y’Amatora yo ikomeje gukusanya amajwi ya nyuma ngo itangaze imibare ntakuka.
Paul Kagame umukandida wa FPR-Inkotanyi niwe uyoboye urutonde rw’agateganyo mu matora, aho afite amajwi 5,433,890 angana na 98.66% mu turere twose, nk’uko bimaze gutangazwa na Komisiyo y’Amatora (NEC).