Ibirego bya David Himbara byagaragaye ko ari nta shingiro bifite nyuma y’uko bari bishyuye asaga miliyoni 370Frw ngo bahabwe umwanya wo kurega u Rwanda kuri Kongere ya Amerika.
Igice cy’Umujyi wa Kigali kitagendwamo n’imodoka kizwi nka “Kigali Car Free Zone” kitakinakorerwamo ubucuruzi nka mbere, Umujyi wa Kigali watangaje ko hagiye gushyirwa ibikorwa bishya by’ubucuruzi.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi De Bonheur Jeanne d’Arc arasaba abaturage kwirinda ibiza mu gihe bubaka bakibuka kuzirika ibisenge by’inzu zabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 25% by’abivuza mu Rwanda baba bafite nibura imwe mu ndwara zitandura, ariko ugasanga batari babizi.
Tribert Ayabatwa Rujugiro, umuherwe w’Umunyarwanda yishyuye ibumbi 440$ kugira ngo ashobore kugera imbere y’Inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, ayisobanurire ibibazo afitanye n’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu muhango w’irahira rya Perezida João Lourenço uherutse gutsinda amatora muri icyo gihugu.
Inyubako isanzwe imenyerewe nka Union Trade Center (UTC) imaze kugurwa miliyari 6.877.150.000RWf, muri cyamunara yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 25 Nzeli 2017.
Guhera mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, serivisi nyinshi zatangirwaga mu mirenge ziratangira kumanurwa mu tugari, kugira ngo bigabanyirize abaturage gusiragira mu buyobozi.
Gashora Girls’ Academy ni ishuri rihereye mu Murenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera ku birometero 28 uvuye i Nyamata.
Umukino wahuzaga Rayons Sport na APR FC, waberaga kuri Stade ya Rubavu, bahatanira igikombe gisumba ibindi kizwi nka Super Cup, urasubitswe kubera ibura ry’umuriro kuri iyi stade.
Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika mu butumwa bw’amahoro bwa Loni u Rwanda rusanzwe ruhakorera.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu 12 byo ku Mugabane w’Afurika byamaze kwiyemeza gutanga umusanzu ungana na 0.2 ku ijana by’amafaranga bikura ku bicuruzwa byinjira muri ibyo bihugu.
Ababyeyi basabwe gukunda abana babo no kubarera neza, mu gihe abana bo basabwa gukurana indangagaciro zo gukunda igihugu no kugikorera.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.
Perezida Paul Kagame yasabye Umuryango w’Abibumbye gufata abanyamuryango bawo bose kimwe, kugira ngo intego yatumye ujyaho yo guhuza ibihugu yubahirizwe.
Madamu Jeannette Kagame yatangarije abitabiriye inama y’ihuriro ry’Abagore b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika (OAFLA) ko u Rwanda rwiyemeje kutazacika intege mu rugamba rwo gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.
Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’umuryango mpuzamahanga muri Afurika kugeza ubu atarawuha isomo, kuko buri gihugu cyose wagiye wivangira mu bibazo byarangiraga bibaye bibi kurushaho.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego u Rwanda ruhagazeho ku isi, nta handi rwavuye uretse guha Abanyarwanda icyizere no kubereka ko ibyo bakora ari ibyabo.
Perezida Paul Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa, bagirana ibiganiro birebana n’amahoro n’umutekano muri Afurika.
Madame Jeannette Kagame mu kiganiro yatanze mu nteko rusange y’umuryango w’abibumbye ya 72, yagarutse ku ihungabana rikomeye bamwe mu Banyarwanda bahuye na ryo kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bukuru bw’ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda (INMR) buvuga ko hari gukorwa ubushakashatsi ku bwato bw’abamisiyoneri b’Abadage butabye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.
Umwana witwa Igisubizo Swaliha wagize amahirwe yo guterurwa na Perezida Paul Kagame i Nyamirambo, ari mu byishimo nyuma y’uko se umubyara afunguwe nk’uko yabyifuzaga.
Mu iserukiramuco rya Cinema (Festival du cinéma africain de Khouribga) ribera muri Maroc, iry’uyu mwaka, mu birori byo kuri uyu wa 15 Nzeli 2017, Umuco Nyarwaanda wahawe ikuzo n’icyubahiro nkumuco wihariye.
Ishuri ry’abakobwa rya Gashora Girls Academy ryihariye ibihembo mu biganiro mpaka byari bihuje abanyeshuri byaberaga muri Uganda.
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda Emmanuel K. Gasana yabwiye abitabiriye inama ihuje abakuru ba polisi mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ko nta mpamvu yo kunanirwa kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’Umujyi wa Kigali batangiye gufunga ibikorwa byose byubatse cyangwa bikorerwa mu bishanga.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel Gasana yahagarariye u Rwanda mu nama y’umuryango uhuza abakuru ba Polisi mu bihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika (EAPCO).
Uko iminsi igenda ishira niko Abanyarwanda barushaho kujijuka, ari nako bagenda bagaragaza ko batakifuza zimwe mu nyito bavuga ko zitakibahesha agaciro.