Donald Kaberuka, umwe mu mpuguke mu by’ubukungu ku isi, avuga iki ari cyo gihe cyiza ku mugabane w’Afruika gushaka uko byizamura mu bukungu kuko politiki ya mpatsibihugu yabidindizaga iri kugenda ishira.
Mme Seraphine Mukantabana, ni Umuyobozi w’ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero (RDRC). Uyu muyobozi arahamagarira Abanyarwanda gushyigikira RPF-Inkotanyi mu rugamba rwo kurwanya icyatera ubuhunzi.
Paul Kagame umuyobozi mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi yavuze ko abanyamuryango batatiye amahame yawo byabaviriyemo ibibazo kuko abenshi bahindutse ibikoresho, ababakoresheje barangije barabajugunya.
Perezida Paul Kagame yavuze ko adashimishwa n’umuco umaze kugaragara muri bamwe mu Banyarwanda wo kumva ko hari urwego bagezeho bityo amahanga akwiye kuza kubigiraho.
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro za ba minisitiri bashya barimo uw’Uburezi n’uw’Ikoranabuhanga, kuri uyu Gatatu tariki 13 Ukuboza 2017.
Banjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko u Rwanda rwageze kuri byinshi rubikesha imiyoborere rwazaniwe na FPR Inkotanyi ku buryo hari ibihugu byinshi bya Afurika byarwigiraho.
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ryiswe ‘PRIMS’ rizagabanya iminsi yo kubona ibyangombwa ku bacuruza imiti bityo ntizongere kubura aho igomba kuba iri.
Havugimana Said uzwi ku izina rya ‘Haji’ ucururiza amata mu Karere ka Nyanza, yaretse ubwarimu yinjira mu bucuruzi none bumugejeje ku mutungo wa Miliyoni 500Frw.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Ukuboza 2017, Perezida Kagame yageze mu gihugu cya Ghana aho agiye kwitabira inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente yabwiye urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika ko ruzarushaho kugira ubuzima bwiza nirwirinda kwiyandarika no kurarikira ibintu.
Minisitiri w’ingabo Gen James Kabarebe yeretse urubyiruko Ibihumbi 5400 ruteraniye mu Ihuriro ry’urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika i Rubavu, impamvu bagomba gukunda igihugu.
Madame Jeannette Kagame umuyobozi wa Imbuto Foundation yongeye guhemba urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu bikorwa bitandukanye, kandi bigafasha abandi banyarwanda.
Perezida Paul Kagame yatangarije abayobozi b’Afurika ko ahazaza h’uyu mugabane hashingiye ku nkingi eshatu zirimo,kwegurira urubyiruko ubushobozi bwo guhanga udushya mu ikoranabuhanga.
Madame Jeannette Kagame yifashishije ubutumwa buri mu ndirimbo ya Rugamba Sipiriyani yitwa Ikivi, agira urubyiruko inama yo gutera ikirenge mu cya bakuru babo bababanjirije bakagirira akamaro igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakwiye kwitabwaho kuko ari bo Afurika itezeho ahazaza hayo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu, itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’intebe rivuga ko Perezida Kagame yakuyeho uwari Minisitiri w’Uburezi Dr Musafiri Papias Malimba na Nsengimana Philbert wari Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho.
Ku wa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Ikinyamakuru cyandikirwa muri Canada cyitwa "La Presse", cyatangaje inkuru ivuga ko Dr Leon Mugesera ufungiye ibyaha bya Jenoside muri gereza ya Nyanza arembye bikomeye, kandi ko Leta y’u Rwanda yamutereranye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buratangaza ko gutunganya mu bisi bya Huye, aho Nyagakecuru uzwi mu mateka y’u Rwanda yari atuye, bizatwara arenga miliyari 2.5Frw.
Umunyamabanga wungirije wa Leta y’Amerika ushinzwe Africa, Donald Yamamoto, ategerejwe i Kigali ku matariki ya 13 na 14 Ukuboza 2017, akazagirana ibiganiro na Perezida Kagame ugiye kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Diana Fossey yari Umunyamerika weguriye ubuzima bwe kubana n’ingagi no kuzirinda ba rushimusi,gusa intambara yatangiye yapfuye atayitsinze kuko yaje kwicwa n’abataramenyekana kugeza uyu munsi.
Kuwa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Kanakuze Anastasie, ufite imyaka 30, akaba avuka mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi, yabyaye abana b’abakobwa babiri bafatanye ku gice cyo ku nda.
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ibirori bya Noheli n’abana barenga 200, igikorwa cyabaye no mu rwego rwo kwifatanya na bo muri izi mpera z’umwaka.
Kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngarukakwezi yitiriwe “Car Free Day”.
Madame Jeannette Kagame yabwiye abagore ko ari bo bagomba kwishakamo ibisubizo bakoresheje amahirwe bafite ngo bateze imbere umuryango.
Ubufatanye no gukorera ku ntego byaranze Inkotanyi ngo ni byo byatumye zibasha kubohora igihugu ari yo mpamvu abagore bakagombye gukora nkazo mu rugamba barimo rwo kwiteza imbere.
Byajyaga bifatwa nk’umugani ko “Imana yirirwa ahandi igataha i Rwanda” ariko bimwe mu bimenyetso bigenda bigaragaza ko umugani ugana akariho.
Charly na Nina bashyize hanze album yabo ya mbere bise “Imbaraga”, bashimira abafana bakunze iyo ndirimbo kuko ari yo yatumye bamenyekana.
Mu 2006, Umuhoza Rwabukumba ari mu Banyamabanga nshingwabikorwa ba mbere bashyizweho ubwo Guverinoma yashyiragaho uburyo bushya bw’imiyoborere mu nzego z’ibanze.
Mu mwaka wa 2011, Kayitesi Immaculée wari ufite imyaka 48 y’amavuko yongeye gusubira ku ntebe y’ishuri kugira ngo abashe kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abagore bafatwaga nk’abadashoboye mu bikorwa bitandukanye birimo n’imikino.