Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwaburiye amadini n’amatorero ko buzafunga insengero zitubahirije ibisabwa bitarenze ku wa gatatu w’iki cyumweru.
Perezida Paul Kagame atangaza ko ikibazo cy’intambara z’urudaca mu gace ka Sahel gikomeye ariko akemeza ko habayeho imikoranire inoze cyabonerwa igisubizo.
Abasirikare batatu barasiwe ku butaka bw’u Rwanda kuwa 13 Gashyantare 2018 bashyikirijwe igisirikare cya Congo.
Umuhire Catheline wo mu Karere ka Musanze yatangiye umwuga wo gucura ibyuma akabibyazamo za “bande feri” zituma imodoka ifata feri.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba avuga ko atazagirira na rimwe imbabazi umuntu wakira nabi umurwayi kuko ngo aba akinisha ubuzima bw’abantu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu Mujyi wa Munich mu Budage, aho yagiye kwitabira inama ya 54 yiga ku mutekano, izwi nka ‘Munich Security Conference’.
Abatuye mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Gakenke barishimira ibitaro by’icyitegererezo bari kubakirwa, bakavuga ko bagiye gutura umutwaro wari ubaremereye nabi w’ibirometero bisaga 60 bakoraga bajya kwivuriza i Nemba.
Ku munsi wa kabiri wa Shampiona y’Afurika, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Zahabu mu batarengeje imyaka 23, aba n’u wa gatatu mu bakuru. .
kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gashyantare 2018, ni Ku nshuro ya kabiri umunsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin ugiye guhurirana n’usanzwe wizihizwa n’Abagatolika wo gusigwa ivu.
Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi, ahita yakirwa na Perezida Kagame.
Bitarenze tariki 16 Gicurasi 2018, Rwandair iratangiza ingendo nshya zerekeza mu Murwa mukuru wa Zimbabwe, Harare igakomereza i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibigo by’ubwishingizi ku mugabane w’Afurika bikiri inyuma mu mikorere bigatuma abaturage ari bo babigenderamo, akemeza ko binakeneye kuvugurura imikorere.
Pasitoro Kayumba Fiston wayoboraga itorero Revelation Church Nyamatete ryo mu Karere ka Gatsibo yaburiwe irengero nyuma yo gutera inda umwana w’impfubyi irera barumuna bayo babiri.
Kwiyongera kw’amahoteli n’amaresitora akomeye mu Rwanda byatumye hagaragara ikibazo cy’imboga n’imbuto mu Rwanda, bituma inyinshi mu zikoreshwa mu Rwanda zitumizwa hanze.
Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, igaragaza ko hari benshi mu rubyiruko ruvanwa Iwawa kugororwa ariko rukazahagarurwa kubera gusubira kwijandika mu biyobyabwenge.
Itsinda ry’abasirikare 270 b’u Rwanda bahagurutse i Kigali kuri uyu wa 10 Gashyantare 2018 berekeza muri Sudani y’Amajyepfo aho bagiye mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro.
Umugabo usa na Perezida wa Korea y’Amajyaruguru, Kim Jong Un, n’undi usa na Perezida Trump wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, birukanywe mu itangizwa ry’imikino Olympic iri kubera muri Korea y’Amajyepfo.
Madame Jeanette Kagame wari muri Amerika, aho yitabiriye isengesho ry’abayobozi muri iki gihugu, yavuze ko Abanyarwanda bishimye kuruta uko bigeze kwishima mu bihe byashize.
Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe, atsinze M.Louise Nduwayezu ku majwi 324 kuri 13
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Gashyantare 2018, mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyamirambo, Akagali ka Kivugiza, hatangiye ibikorwa byo kubaka ibitaro by’aka karere.
Madame Jeannette Kagame yahamagariye abatuye isi kwimakaza urukundo, ubwo yigishaga mu isengesho ry’abayobozi bakuru ba Leta zunze Ubumwe za Amerika, i Washington.
Polisi y’igihugu yatangaje ko amande acibwa ku makosa akorerwa mu muhanda ashobora kwikuba inshuro icumi mu gihe byagaragara ko amakosa atagabanuka mu muhanda kandi agateza impanuka.
Madamu Jeannette Kagame ari mu ruzinduko i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ku butumire bw’icyo gihugu, aho ari bwitabire ibirori n’amasengesho yo gusabira igihugu mu muhango uzwi nka “National Breakfast Prayer”.
Umuryango Pro-Femmes Twese hamwe ndetse n’indi miryango iharanira iterambere ry’umugore, yamaganiye kure imvugo ipfobya ikanatuka umugore yakoreshejwe n’Umupasiteri witwa Niyibikora Nicolas.
Areruya Joseph yatangaje ko n’ubwo batarahabwa uduhimbazamusyi tw’amarushanwa atatu akomeye bamaze kwegukana nka Team Rwanda bidashobora kubaca intege, ariko hakwiye impinduka mu mitangire yatwo kugira ngo mu minsi iri imbere bitazatuma abakinnyi batakaza ishyaka mu marushanwa.
Ibitaro byo mu Bufaransa byirukanye Umunyarwanda Dr. Charles Twagira byari byahaye akazi, nyuma y’impuruza yari yatanzwe na CNLG ibyamagana kuko Twagira akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibigo bibiri byigenga byigisha imyuga mu Karere ka Muhanga byahagarikiwe gutanga amasomo kubera ko bitujuje ibisabwa.
Ubwo bageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, Areruya Joseph na Team Rwanda baherutse kwegukana Tour de l’Espoir, bakiranywe ubwuzu n’urugwiro n’abafana ndetse n’abayobozi muri Minisiteri ifite siporo mu nshingano.
Iterambere mu myubakire y’imijyi mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ntabwo rigaragazwa n’ibigo bya Leta n’abikorera gusa.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 itsindiye itike yo kuzakina Tour de France y’abatarengeje imyaka 23, nyuma yo kwegukana isiganwa ryaberaga muri Cameroun