Ntamuhanga Yusufu ukomoka mu Karere ka Rubavu yashimiwe kuba yararokoye abantu benshi barimo na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango Nyirasafari Esperance.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoze amakosa anyuranye, bihanangirijwe mu ruhame ndetse basabwa kwisubiraho bitaba ibyo bagasezera akazi kagahabwa abandi.
Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahagarikwa, Ndakubana Bertin w’imyaka 59 y’amavuko ntarakandagira mu kiliziya kubera amagambo y’agashinyaguro Padiri Athanase Seromba yababwiye igihe bamuhungiragaho.
Impunzi z’Abarundi zari mu Rwanda ariko zikiyemeza gutaha kubera imyemerere, zivuga ko ntacyo zishinja u Rwanda ariko zigashimangira ko zidateze guhindura imyemerere zifite.
Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye mu Rwanda, zahise zisurubira i Burundi igitaraganya zitahamaze kabiri.
Umujyi wa Kigali watangije ku mugaragaro igikorwa cyo kubaka umudugudu uzatuzwamo abari batuye mu gace gaherere i Nyarutarama kazwi nka "Bannyahe."
Impunzi z’Abarundi zari ziherutse guhungira mu Rwanda ariko zanga kubarurwa na zimwe muri serivisi zagenerwaga zirimo ubuvuzi, zahisemo gutahuka zisubira i Burundi.
Ibihumbi by’urubyiruko rugize umuryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi berekeje mu Karere ka Nyanza mu bikorwa byo gufasha abaturage.
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’amashuri abanza baravuga ko ikibazo cy’ibitabo bidahagije mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza kibangamiye umuco wo gusoma.
Yifashishije urugero rwa Sahel, Minisitiri Mushikiwabo yagaragaje uburyo kudahuriza hamwe kw’Abanyafurika bigira ingaruka mu gukemura ibibazo byugarije umugabane wa Afurika.
Ubuyobozi bwa koperative Zigama CSS buvuga ko mu mwaka ushize yungutse miliyari 3Frw zirenga ku rwunguko rwari ruteganyijwe.
Abayobozi b’uturere basabwe guhora basangira amakuru kuri ba Rwiyemezamirimo baha amasoko, kugira ngo hirindwe ko abambuye abaturage bongera guhabwa amasoko.
Impunzi zo mu nkambi zitandukanye zo mu Rwanda zongeye kwigaragambiriza icyarimwe, zivuga ko zidashaka ubufasha zigenerwa, bituma Polisi y’Igihugu ifatamo 33 bashinjwa gushishikariza abandi kwigaragambya.
Perezida Paul Kagame avuga ko arambiwe abayobozi bananirwa kuzuza inshingano bahawe, bagahora basaba imbabazi ariko ntibikosore.
Perezida Paul Kagame atangiza Umwiherero w’abayobozi bo mu Nzego z’ibanze, yabasabye guhora batekereza uburyo bwo gukorera neza abaturage kuruta gukora bagamije inyungu zabo bwite.
Perezida Kagame arageza ijambo ku bayobozi b’ibanze mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Umwiherero wabo, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Werurwe 2018.
Perezida Paul Kagame yashimye Prof Romain Murenzi wigeze kuba Minisitiri w’Uburezi kuba yaramukundishije siyansi, mu gihe yumvaga ari ibintu bihenze kandi bitihutirwa.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibyo u Rwanda rwagezeho rubikesha ikoranabuhanga bihinyuza abarwibazagaho ubwo rwabitangiraga ahagana mu mwaka w’i 2000.
Mu nama yiga ku iterambere rya Siyansi muri Afurika, hatangijwe ikinyamakuru bise " Scientific African " kizajya gitangarizwamo amakuru y’ubumenyi n’ubushakashatsi mu bya siyansi bukorwa ku mugabane wa Afurika
Perezida Paul Kagame atangaza ko abanyeshuri bakwiye gufashwa gutanga ibisubizo ku bibazo byugarije Afurika n’isi, aho kugira ngo ubumenyi bahabwa bube ubwo mu bizami gusa.
Kuri iki cyumweru Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu gihugu cya Uganda, aho ari bugirane ikiganiro cyihariye na Mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni.
Mukundwa Safi, umuyobozi w’umuryango ‘Safi Life Organization’ (SLO) avuga ko ubufasha yahawe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatemaguwe ariko akabaho, bwatumye yiyemeza gufasha abandi.
Umuyobozi wa Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ,Radio France Inter, Laurence BLOCH yavuze ko nawe ubwe yahangayikishijwe cyane n’amagambo yatambutse kuri Radio akuriye, mu kiganiro cyari kiyobowe n’umunyamakuru Ali Baddou.
Bamwe bashobora kuba batangiye kwiruhutsa ngo “ya nama irarangiye, imihanda igiye kongera ibe nyabagendwa”, ariko hari ibintu bimwe idusigiye bitazibagirana mu buzima bwacu.
Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe mu bukungu (AfCFTA).
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Perezida Paul Kagame avuga ko inzozi zari zimaze imyaka 40 zabaye impamo nyuma y’amasezerano ari gusinyirwa i Kigali.
Olusegun Obasanjo yizera ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi, ku buryo adashobora kwiyumvisha imitekerereze y’umuyobozi utakwifuza kuyasinya.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abakeka ko guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bizakumira amahanga.
Perezida Paul Kagame yahaye ikaze Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou wageze mu Rwanda bwa mbere , mu ba perezida bitabira inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo avuga ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi muri Afurika bikwiye kujyana n’ivugururwa ry’ayagenderwagaho mu bihugu.