Kuri uyu wa mbere Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Umujyi wa Chicago Rahm Emanuel.
Mu cyobo kizwi nka CND giherereye mu Gahoromani mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, hamaze gutaburwa imibiri irenga 120 ariko ngo ishobora kwikuba uko bakomeza gushakisha.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ bihereranye bemeza u Rwanda nk’igihugu kizakira inama itaha y’uyu muryango.
U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.
Ingabo z’igihugu zatangiye gufasha abaturage mu bikorwa bibagirira akamaro, gahunda izamara igihe kigera ku mezi atatu zizenguruka hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri w ingabo Gen James Kabarebe wifatanyije n’abatuye Akarere ka Nyabihu mu Murenge wa Muringa gutera Ibirayi, yijeje abaturage gutera imbere bafatanyije n’ubuyobozi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 mata 2018, ibikorwa by’ingabo mu iterambere ry’abaturage, byahoze byitwa Army Week, byatangijwe hirya no hino mu gihugu.
Mu karere ka Nyagatare haracyagaragara ibikorwa n’amagambo bigamije guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihari bakunze kwita Bonhomme, avuga ko umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere yamuteruye yamubwiye ijambo atazibagirwa kuko ryamugaruriye icyizere.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bahangayikishije n’uko ababyiruka muri iki gihe ntacyo bazi cyerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Koffi Annan wabaye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) aracyahagaze ku cyemezo cy’uko uyu muryango utigeze unanirwa guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guhera mu mwaka 1959, uburenganzira bwa muntu bwagiye bubangamirwa, kugeza ubwo bibyaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 53 bazitabira ihuriro ry’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, riteganyijwe i Londres mu Bwongereza muri iki cyumweru.
Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Ku mugoroba wo Kuri uyu wa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo "Le Mal Rwandais" yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.
Umulisa Christine (Izina yahawe muri iyi nkuru), ni umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ahamya ko inzira y’umusaraba yanyuzemo, aho yakubiswe, agasambanywa inshuro nyinshi ndetse akanandura SIDA, bitatumye yiheba burundu.
Muri Jenoside Mukanyana Vestine baramutemye ariko ntiyapfa, n’uwamukuye mu mirambo aho bari bamujugunye amujyana iwe akajya afatanya na murumuna we kumufata ku ngufu.
Minisitiri Amb. Gatete yatangiye kubona ibimenyetso bya mbere by’imikoreshereze mibi y’amafaranga muri MININFRA.
Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’abadepite, Hon Mukabalisa Donatilla, yemeza ko gutereranwa no kwibasirwa n’amahanga ari byo byahaye Abanyarwanda imbaraga zo kwigira.
Nyirabanze Clemence ni umubyeyi w’imyaka 56, wo mu Murenge wa Rambura, Akarere ka Nyabihu. Iyo akubwira ibyamubayeho mu myaka 24 ishize ugirango byabaye ejo hashize.
Pascal Nyamulinda wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yamaze kwegura ku buyobozi bw’umujyi, ariko kugeza ubu nta makuru aratangazwa ku mpamvu yatumye yegura.
Senateri Tito Rutaremara avuga ko cardinal Giuseppe Bertello wari intumwa ya Papa mu Rwanda yahaye umugisha imihoro yatemye abanyarwanda atabizi.
Perezida Paul Kagame yemeza ko amateka y’u Rwanda atemerera abayobozi gukora batarasa ku ntego, kuko ibyo bakora bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Ingabo za RDF aho ziri hirya no hino mu butumwa bw’amahoro muri Afurika zifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Murangwa Eugene, yari umuzamu w’Ikipe ya Rayons Sport izwiho kuba yaragize abafana benshi kuva mu bihe bya kera, ndetse no mu bihe by’ubu bikaba bikiri uko.
Burende (blindé) Inkotanyi zarasiye ku gisozi yahinduwe urwibutso rw’amateka, bitewe n’uko yari igiye gutsemba Abatutsi bari bihishe mu mirenge ya Kinyinya, Gisozi na Jabana.
Perezida Paul Kagame yemeza ko buri gihe cyo kwibuka, kiza kimeze nk’aho ari inshuro ya mbere, n’ubwo Abanyarwanda bamaze imyaka 24 babikora.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bacanye urumuri rw’icyizere.
Perezida Kagame aratangiza ibikorwa byo Kwibuka ku Nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu buzima bw’ishyamba, ntawinjira mu ndiri y’intare ngo ayicire ibyayo agende ari muzima, kereka iyo nayo ayambuye ubuzima.