Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame ntibatanzwe no kugaragarizanya urukundo,ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’ababyeyi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko abarokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda bakuweho imyanya ndagabitsina.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic na we yinjiye mu nkubiri y’abayobozi barimo kwegura muri iyi minsi.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe asanga ingengabitekerezo ya Jenoside imeze nk’indwara ya kanseri kuko ikwirakwira mu bantu buhorobuhoro ikazagera ku kwicwa kwa bamwe.
Mukansanga Clarisse wari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyabihu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yamaze gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko Guverinoma idashobora gutegereza ko umuturage ahitanwa n’ibiza, yitwaje ko adashaka kwimuka cyangwa ko adasobanukiwe n’iby’ibiza.
Umugore w’umunyapolitiki wo muri Zambia, Inongee Mbikusita Lewanika, aravuga ko kuba nta gihugu na kimwe cya Africa kuri ubu kiyobowe n’umugore ari imbogamizi ikomeye ku iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire kuri uyu mugabane.
U Rwanda rugiye kohereza Abanyarwanda mu Buyapani kwiga ikoranabuhanga rya Satellite, nyuma y’amasezerano rwasinyanye n’ikigo cyo mu Buyapani gikora satellite.
Umukobwa witwa Salissou Hassane Latifa w’imyaka 23 wo mu gihugu cya Niger ni we wegukanye irushanwa rya Ms Geek Africa 2018.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kandi kandidatire ye ishyigikiwe na Leta y’u Bufaransa.
Perezida Paul Kagame asanga Abanyafurika badakwiye guhora bishyiramo ko inkunga z’imishinga ikomeye kuri uyu mugabane zikwiye guturuka hanze gusa.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ikoranabuhanga ari ryo rizafasha ibihugu bya Afurika kwihuza ariko bikazagerwaho leta zibigize nizigira ubushake muri politiki bwo gusakaza ikoranabuhanga kuri bose.
Perezida Paul Kagame avuga ko imiterere ya Afurika ikeneye ko abayituye bakoresha umurongo mugari wa Internet uzwi nka Broadband, kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo bidindiza iterambere ry’umugabane.
Kigali ikomeje kwigaragaza nk’ihuriro rikomeye ry’abantu batandukanye muri Afurika no ku isi muri iki kinyejana cya 21.
Abaturage bishimira ibikorwa bitandukanye by’ingabo mu iterambere ry’abaturage cyane ko hari n’abavurwa indwara bamaranye igihe kirekire zarabazahaje zigakira.
Perezida Kagame usanzwe ari umukunzi w’akadasohoka w’ikipe ya Arsenal, yatangaje ko atemeranya n’impinduka zakozwe muri iyi kipe, iherutse gutakaza umutoza Arsene Wenger wari umaze imyaka irenga 20 ayitoza.
Abadozi bo mu Rwanda bemeza ko imyenda badoda idahenze ahubwo ko ikibazo giterwa n’abayibaranguraho bakajya kuyicuruza bayihenze bitewe n’aho bayigurishiriza.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu aratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatusti barushywa n’ubusa banga gutanga amakuru y’ahajugunywe Abatutsi muri Jenoside.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe atangaza ko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside ntacyo yabagezeho, kuko abanyarwanda bamaze kumenya ububi bwayo.
Dr. Jean Damascène Bizimana, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo yo kurwanya jenoside (CNLG), avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yashobotse kubera abantu barimo Kayibanda n’uwitwa Gitera bahawe umwanya wo gusakaza ibitekerezo byabo.
Perezida Kagame yavuze ko Kurinda amazi n’ibiyakomokaho, n’amashyamba yo mu Kibaya cy’Uruzi rwa Congo ari ingenzi mu iterambere rirambye ry’umugabane wa Afurika ndetse no mu bindi bice binyuranye by’isi.
Perezida Paul Kagame yemeza ko kuva Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwatangira, yabonaga amaherezo yarwo ruzabogama rukajya rucira imanza Abanyafurika gusa.
Perezida Paul Kagame yagiriye inama abayobozi bagenzi be yo kudatwarwa n’icyubahiro ubuyobozi bwabahaye ngo bibagirwe inshingano nyamukuru zo kwita ku muturage.
Umuyobozi w’umuryango Mo Ibrahim yemeza ko abantu bamwumva nabi iyo anenga abayobozi batandukanye, akemeza ko anenga abayobora nabi gusa.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara uri mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yerekwa amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Sena y’u Rwanda yasabye inzego kugaruza za miliyari zimaze guhombera mu gukoreshwa nabi no kunyereza umutungo wa Leta.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Mata 2018 Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Igice kinini cy’ubuhinzi mu Rwanda no muri Afurika muri rusange kihariwe n’abagore ariko ibibazo bahura nabyo bidindiza umusaruro babukuramo.
Perezida Kagame yongeye kwitabira umuhango wo kwerekana filime “The Royal Tour: Rwanda” ivuga ku Rwanda, bwa mbere mu Mujyi wa New York.
Filime ’ Rwanda Royal Tour’ ivuga ku Rwanda izerekanwa bwa mbere kuri Televiziyo y’u Rwanda (TVR) kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mata 2018.