Banki y’u Rwanda (BNR) yakuyeho amananiza yo gutegereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo umuntu abikuze amafaranga ari kuri sheki yo muri banki zitandukanye.
Umuryango Imbuto Foundation usaba urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda kwitabira gahunda yo kwiga kuvuga no kugaragaza ubumenyi bwabo mu ruhame.
Abakangurambaga b’ubumwe n’ubwiyunge bahangayikishijwe n’uko n’ubwo Abanyarwanda bakomeza kugenda barushaho kubana neza kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ariko iyo mu ngo ikarushaho kuba mibi.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) n’Abavoka basaba kudafunga umwana wese ukurikiranyweho ibyaha adafite umuntu umwunganira guhera mu bugenzacyaha.
Mu muhango wo gushyingura Mgr Bimenyimana Jean Damascene wabereye muri Diyoseze ya Cyangugu, intumwaya ya Papa mu Rwanda Mgr Andrzej Jozwowicz, yatanze ubutumwa bwoherejwe na Papa Fransisco, bufata mu mugongo umuryango w’abagatolika mu Rwanda wabuze umwe mu bashumba ba kiliziya.
Ministiri w’Uburezi, Dr Eugene Mutimura yatashye inyubako za Kaminuza y’u Rwanda zikozwe mu mabuye y’ibirunga, zivugwaho kuzamara imyaka irenga 100 zitarasanwa.
Perezida Paul Kagame yemeza ko nta buryo na bumwe azi bw’imiyoborere ku isi buravumburwa, bushobora gukoreshwa bugateza imbere ibice byose byo ku isi ntacyo buhinduweho.
Minisitiri w’ushinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi Jeanne d’Arc Debonheur yafashe mu mugongo abaturage b’i Nyabimata muri Nyaruguru babuze ababo bishwe n’inkuba.
Urwego rushinzwe Imiyoborere (RGB) ruravuga ko uburyo bukoreshwa mu kugenzura imiyoborere muri Afurika bikwiye kuvugururwa bikajyana n’igihe isi igezemo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda ntawe rushobora kwima ubuhungiro aruhungiyeho, ariko yongeraho ko uzaza wese agomba kugendera ku mategeko asanze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko agatotsi kaje mu mubano w’u Rwanda na Uganda atari ikibazo kizananirana kuko ibihugu byombi byiteguye kubiganiraho.
Abacuruzi b’ibikomoka ku buhinzi basaba Leta gufatanya nabo gushaka uko ibiribwa byatunganywa bikabikwa, kuko ngo hari ibitagurishwa byinshi bisigara bikangirika.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.
Perezida Paul Kagame yemeza ko nubwo isi iri kugenda ishyuha uko iminsi ishira, abantu bakwiye gutekereza uko ubwo bukana bwagira akamaro, bukanifashishwa mu kurinda abantu.
U Rwanda na Tanzania byiyemeje gutangira kubaka inzira ya gari ya moshi Isaka-Kigali mu kwezi k’Ukwakira k’uyu mwaka wa 2018.
Mu minsi ya vuba ibicuruzwa bituruka ku cyambu cya Dar Es Salaam bishobora guhenduka, nyuma y’uko serivisi zatangirwaga kuri iki cyambu zazanywe i Kigali.
Umuryango Imbuto Foundation wongeye guhemba abakobwa bitwaye neza muri gahunda yayo yise “Ba Inkubito z’Icyeza n’Ishema ry’abakobwa” yabereye mu Karere ka Muhanga.
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabagenewe, avuga ko u Rwanda rwishimiye kuba rwaratanze umusanzu warwo mu kubateza imbere.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba atangaza ko nk’u Rwanda kwirinda malariya ibihugu bituranye ntibigire icyo bikora ntacyo bimaze kuko imibu ikomeza kuzenguruka.
Musabyimana Patricie ufite ubumuga bwo kutabona yihangiye umurimo wo kuboha imipira y’imbeho kandi ngo biramutunze n’umuryango we.
Impunzi zigera ku bihumbi bitatu zimaze kwinjira mu Rwanda, zinjiriye ku mupaka wa Rusizi, zivuga ko zihunze icyemezo cya leta ya Congo ishaka kuzisubiza i Burundi.
Banki y’Isi yateye u Rwanda inkunga ingana na miliyari 46Frw azifashishwa mu bikorwa byo kurwanya indwara yo kugwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Umwana w’imyaka 13 yavunitse akina na bagenzi be bimuviramo indwara ya Kanseri yamuteye ikibyimba cyananiranye kukivura kandi n’umuryango we ntiwishoboye.
Umuryango Imbuto Foundation wasinyanye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya Mount Kenya University, yo kurihira abana 100 batishoboye bafashwa n’uyu muryango, amashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko bwugarijwe n’ikibazo cy’imodoka zitwara abarwayi zizwi ku izina ry’imbangukiragutabara zidahagije.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Werurwe, Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byasezereye Uwimana Jeaninne uherutse kubagwa ikibyimba kinini yari afite ku gahanga.
Bamwe mu baturage basanga gusabiriza biri mu bituma abantu batagishaka kwitabira umurimo, bakifuza ko hajyaho itegeko rihana abasabiriza ndetse n’ababafasha.
Hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana ba Rwiyemezamirimo bakoresha abaturage bakabambura, bitwaje ngo Leta yatinze kubishyura.
Umukinnyi wa filime muri Amerika Lupita Nyong’o yagaragaje ko atewe ishema no gusokoza amasunzu akomoka mu Rwanda, ubwo yari yitabiriye ibirori bikomeye byo gutanga ibihembo bya “Oscars.”
Kuva ishuri TSS Kabutare riatangiriye gutanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya umusaruro w’ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, n’ababyize muri kaminuza bari mu bari kwitabira guhugurwa.