Igikomangoma Sheikh Abdul Aziz Al Nuaimi uturuka muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ari mu Rwanda aho yaje kureba ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije yashoramo imari.
Isiraheli yasabye u Bufaransa gutangira kuburanisha abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakidegembya muri iki gihugu nyuma y’imyaka 24 Jenoside ihagaritswe.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa, yazanye abashoramari b’iwabo kureba amahirwe ari mu Rwanda.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa yakoreye uruzinduko mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida paul Kagame mu biro bye.
Pasiteri Ezra Mpyisi wamenyekanye kubera uko avugamo ubutumwa bw’Imana mu buryo butandukanye n’ubwari bumenyerewe, yongeye gutungurana ahamya ko amasengesho ari uguterekera.
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeranya ku mushinga wo kubaka umuhanda wa Gare ya Moshi uzahuza icyambu cya Dar es Salaam n’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu John Magufuli.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yavuze ko bibabaje kumva Umuyobozi nka Perezida Donald Trump arangwa n’imvugo nyandagazi igamije gupfobya Afurika.
Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’Igihugu Perezida Paul Kagame, yazamuye mu ntera Fred Ibingira wari Lt General mu Ngabo z’igihugu, amugira Generali .
Perezida Kagame yemeza ko ari uruhare rw’abayobozi kugira ngo ihame ry’ubuvuzi butagize uwo busiga inyuma butere imbere.
William Gelling ucyuye igihe ku mwanya w’ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda avuga ko ashimishijwe n’uruhare yagize mu kuzamura ubuhahirane n’ubutwerane hagati y’ibihugu byombi.
Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko ashimishijwe n’uburyo u Rwanda ruri kuza ku isonga mu kurengera ibidukikije, mu gihe ibindi bihugu bisubira inyuma.
Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, umuyobozi w’Ishami ry’Umuryano w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yageze mu Rwanda aho aje kureba aho u Rwanda rugeze rwubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’ubuvuzi kuri bose.
Umwe mu bakekwaho urupfu rw’Umunyarwanda Dr. Raymond Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo, yagejejwe bwa mbere imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Cape Town.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yatangaje ko ibiganiro yagiranye na Perezida w’iki gihugu, Muhammadu Buhari, yavuze ko ibiganiro bagiranye bigamije impinduka kuri Afurika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kiratangaza ko uburyo busanzwe bukoreshwa mu kureba amanota y’ibizami bya Leta butahindutse, aho umuntu ashobora gukoresha ubutumwa bugufi cyangwa agasura urubuga rwa REB akareba amanota y’umwana.
Abarozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagiye kujya bishyurwa 200Frw kuri ritiro imwe, mu gihe bazaba bajyemuye amata ku ikusanyirizo ryayo.
kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Mutarama, Urukiko rwo mu Mujyi wa Hillerød mu gihugu cya Denmark rwatangije urubanza rwo kohereza umunyarwanda Wenceslas Twagirayezu akaza kuburanishirizwa mu Rwanda ku byaha ashinjwa bya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi barifuza ko bakwegerezwa ibigo by’imari kuko bagorwa no kugera ku murenge Sacco.
Perezida Paul Kagame yatorewe kuba Umunyafurika w’Umwaka wa 2018, atsinze abandi bantu batanu bakomeye muri Afurika bakoze ibikorwa by’indashyikirwa muri Afurika.
Abahanga bavuga ko gutanga amaraso ari ugutanga ubuzima, ari yo mpamvu uyatanga agomba kuba na we afite ubuzima buzira umuze.
Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, bagirana ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bya dipolomasi hagati y’ibihugu byombi.
Ubucucike mu mashuri abana buri mu bwatumye abanyeshuri bagera ku 21 bava mu ishuri, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) kiratangaza ko mu kwezi kwa Gicurasi 2018 abagororwa bose bazaba bamaze gukurwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka “1930”, bakajyanwa mu ya Mageregere.
Iyi ni imwe mu nkuru igaragaza uburyo u Rwanda rugenda rukurura benshi mu barugenderera bikarangira bahisemo kudasubira iwabo ahubwo bakahaguma ubuziraherezo.
Abanyamakuru batunguwe n’imvugo y’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, ubuza abaturage kubwira itangazamakuru ibibazo bafite.
Nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, abaguzi b’ibiribwa baravuga ko ibiciro byazamutse mu gihe abacuruzi bo barira ko babuze abakiriya.
Umwaka urashize undi uratashye, ingamba ziba ari nyinshi ku bantu bifuza uzarangira hari aho bageze muri gahunda n’intego bihaye z’impinuka ziganisha ku iterambere. Imbogamizi nazo ntizibura nubwo hari izigaragara ko zoroshye ariko zose zishobora kubangamira imikorere ya benshi.
Gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guhera viza ku Kibuga cy’indege cy’i Kanombe, abantu baturutse mu bihugu byose ku isi bagenderera u Rwanda yahise ishyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mutarama 2018.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira iryo kuwa Mbere tariki 1 Mutarama 2018, Perezida Paul Kagame yakiriye abayobozi mu nzego zitandukanye zaba iza Leta n’izigenga, kugira ngo abasangize ku mwaka mushya.