Linda Bootherstone-Bick w’imyaka 72 ukomoka mu Bwongereza, umaze igihe kinini cy’ubuzima bwe azenguruka isi, ahamya ko u Rwanda ari igihugu cyirangwa n’isuku kandi kigendera ku mategeko.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe wo muri Nigeria Tony Elumelu nibo bazaba bayoboye inama izahuriramo ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakomeye muri Afurika.
Mu iburanisha ry’urubanza Evode Imena wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo kamere ashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aregwamo icyaha cyo gufata icyemezo yishingiye ku itonesha, yabihakanye avuga ko bishingiye ku bugambanyi yakorewe.
Ifoto ya Kigali Today yafatiwe mu muhanda wa Karongi-Rusizi mu gihe cya Tour du Rwanda 2016, yahesheje igihembo uwayifotoye ariwe Muzogeye Plaisir.
Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba (MINILAF) ivuga ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo kirukomereye cy’ibura ry’ibikomoka ku mashyamba.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo bari mu ruzinduko rwo kureba uko bagenzi babo bo mu Rwanda bashyiraho amategeko.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mujyi wa London mu Bwongereza aho yitabiriye ibirori yaherewemo igihembo cya "World Tourism Award 2017".
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Madame Jeannette Kagame arasaba ababyeyi guha abana babo umurage wo kubarihira amashuri, kuko ariwo murage w’ingenzi baba bahaye abana babo.
Ministeri y’Urubyiruko itangaza ko igiye gukoresha urubyiruko kugira ngo ruhore rujya gukora umuganda no gususurutsa abatishoboye batujwe mu midugudu y’icyitegererezo.
Abishyuzwa n’abishyura Parikingi z’imodoka baravuga ko banyuzwe n’uburyo bushyashya bwo kwishyuza amahoro ya parikingi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya E-Pariking.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko abana bafite ubumuga n’abatabufite boherezwa n’ababyeyi babo gusabiriza babavutsa uburenganzira bwabo.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dubai aho yitabiriye inama ikomeye mu rwego rw’isi yiga ku ishoramari muri Afurika (Africa Global Business Forum).
Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 41 ku rutonde rw’ibihugu byoroshya ishoramari, ruvuye ku mwanya wa 56 rwariho umwaka ushize.
Amabwiriza ya Leta y’uko nta bwato bwemewe gukoreshwa mu kwambutsa abaturage umugezi wa Nyabarongo nta moteri bufite ntiyubahirizwa.
Abanyarwanda bakorera mu Mujyi wa Goma ntibashoboye gukora kubera imyigaragambyo iri kuhabera,aho abaturage bari kwigaragambya basaba Perezida Kabila kuva ku butegetsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo ahamya ko intambara ubufaransa burwana bukingira ikibaba Abafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi budashobora kuyitsinda.
Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2017 nibwo Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade y’umukino wa Cricket, iri muri stade 10 z’uyu mukino zibarirwa ku isi.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu usoza ukwezi, uyu munsi mu gihugu hose hakozwe umuganda usoza ukwezi kw’Ukwakira 2017. Hirya no hino hatewe ibiti mu rwego rwo kurwanya isuri no kubungabunga ibidukikije.
Mu myaka irindwi iri imbere u Rwanda ruzaba rufite ishuri ryigisha imiyoborere aho abazaryigamo bazajya berekwa uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abataragira amahirwe yo gutembera u Rwanda mu ndege, Kigali Today yabateguriye amafoto y’inkengero z’ikiyaga cya Kivu n’imisozi bigaragaza ubwiza bw’Uburengerazuba bw’u Rwanda.
Tariki ya 23 Ukwakira ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kuko bawizihizaho isabukuru y’amavuko ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Chinese Academy of Sciences yashyikirije Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste UNILAK impano y’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, Perezida wa Repubulika Paul Kagame arizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’amavuko. Kigali Today yabahitiyemo amafoto 25 yo mu mwaka wa 2017, agaragaza Perezida Kagame asabana n’abantu mu bikorwa bitandukanye.
Abarwayi b’impyiko bajya kwivuriza ku bitaro bya bigisirikare bya Kanombe barizezwa ko batazajya boherezwa kuvurirwa ahandi kuko ibyo bitaro bigiye kujya nabyo bibavura.
Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.