Ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abagenzi RFTC, mu Karere ka Rwamagana hatangiye kubakwa Gare nshya, izatwara akayabo ka 789,124,162 Frw.
Perezida Kagame yasabye abacamanza guca ruswa kugira ngo nabo babone aho bahera basaba Leta kubongeza imishahara.
Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame yakiriye indahiro z’ Abaminisitiri batatu batarahiye, yakira indahiro y’ umuvunyi mukuru, ndetse n’iz’ abadepite babiri baherutse gusimbura abahawe indi mirimo.
Perezida Paul Kagame yashimye abanyamadini uruhare bagize mu kubaka igihugu, nyuma y’uko hari bamwe muri bo bagize uruhare mu gutuma Jenoside ishyirwa mu bikorwa.
Abasirikare, abapolisi n’abasiviri 31 bakomoka mu bihugu birindwi by’Afurika biyemeje kurushaho kurengera uburenganzira bw’umwana mu bihe by’intambara.
Imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga bizihije umuganura basabana n’imiryango yabo kandi bizihiza intsinzi ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro n’imyuga (IPRC West) ryakoze icyuma gishyushya amazi gikoresheje imirasire y’izuba (Water Heater), icyuma gikorewe mu Rwanda ku nshuro ya mbere.
Umuyobozi mushya wa Banki y’Abaturage (BPR) Maurice K.Toroitich arizeza abagana iyo banki serivisi inoze no kubafasha gukabya inzozi zabo.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Bamwe mu rubyiruko bo muri AERG/GAERG bafite imishinga ibyara inyungu bakora,barushanijwe kuyisobanura, abatsinze bemererwa inguzanyo itungukirwa.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Polisi y’igihugu yatangaje ko nyuma yo kubaza Diane Rwigara n’abo mu muryango we babiri ku bibazo bakekwaho, yabarekuye bagataha ikanabaherekeza mu rugo rwabo.
Nyuma y’igihe bivugwa ko umuryango wa Rwigara waburiwe irengero, Polisi y’u Rwanda yawusanze wihishe mu Kiyovu aho batuye.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegekonshinga, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje Maj Gatarayiha Francois Regis nk’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri nshya y’Ikoranabuhanga n’itumanaho.
Perezida Kagame hamwe n’umuherwe w’umunyamerika Howard G Buffet batashye inyubako z’umupaka wa la Corniche wagizwe one stop border post Rubavu.
Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda cyane cyane abaturiye pariki kongera umurego mu kubungabunga inyamaswa zibaturiye, kuko inyungu zitanga ari bo zigeraho mbere.
Icyiciro cya mbere y’abaminisitiri na bamwe mu banyamabanga umunani bagize guverinoma nshya cyarahiye kuri uyu wa kane tariki 31 Kanama 2017. Harimo bamwe bashya n’abandi bari basanzwemo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko atazakomeza kubikira ibanga bamwe mu bayobozi barangwa n’amakimbirane n’abareberera abanyereza imitumgo y’igihugu bikadindiza akazi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku wa 30 Kanama 2017.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko abagize Guverinoma nshya bamenyekana ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2017.
Perezida Paul Kagame amaze gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya witwa Dr. Ngirente Edouard.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
U Rwanda rwatangarije Umuryango w’Abibumbye ko ruzavugurura ibisabwa Ingabo na Polisi rwohereza mu butumwa bw’amahoro mu mahanga.
Perezida Paul Kagame yatangarije abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukerarugendo, ko u Rwanda rwashyizeho uburyo inyungu ziva muri pariki zigirira akamaro n’abazituriye.
Guverinoma yongeye ingufu mu kugarura Umuganura,kuko wari utangiye kugenda uzima, nyuma y’imyaka igera ku 1200 wizihizwa n’Abanyarwanda.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), umuririmbyi The Ben yakoze igitaramo cyiswe “Kwita Izina Gala Dinner” cyabereye muri Kigali Convention Center.
Umuhanzi Ngabo Meddy yakandagije ibirenge bye Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, nyuma y’imyaka irindwi atahakandagira.
Abaturage n’abayobozi babo bafatanyije n’inzego z’umutekano hirya no hino mu gihugu bazindukiye mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Kanama.