Umushinga wa Kivu Watt watangiye gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 2 Werurwe 2009. Gaz Methane ikurwamo izi ngufu yavumbuwe mu Kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 1936.
Perezida Paul Kagame yamaze ku gera i Lusaka muri Zambia mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, aho yahise yakirwa na mugenzi we Perezida Edgar Lungu.
Abitabiriye irushanwa ry’ibigeragezo rya “Waka Warrior Race 2017” banyuze mu bigeragezo bikomeye bisaba ko umuntu aba afite ingufu zimufasha kunyura mu mitego.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagarira abagize umuryango FPR-Inkotanyi kurushaho gukora cyane batekereza ku hazaza h’igihugu.
Inama nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi yatoye Paul Kagame nk’umukandida uzawuhagararira mu matora ya perezida ateganyijwe muri Kanama 2017.
Polisi y’igihugu yizihije imyaka 17 imaze ishinzwe, isabukuru yaranzwe no kwerekana ibikorwa yagezeho mu kurinda ubusugire bw’igihugu, ariko si ibyo gusa yagezeho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahamagarira Polisi y’u Rwanda kurangwa n’imico myiza no gukora akazi neza kugira ngo abaturage barusheho kuyibonamo.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko ifite imitungo yasizwe na ba nyirayo (abandoned properties) yashyizwe mu mitungo icungwa na Leta.
U Rwanda rwagizwe umunyamuryango mu kanama gashinzwe umurimo ku isi, mu matora yabaye kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2017.
Perezida Kagame Yagaragaje ko muri Afurika ahantu hakenewe gushora imari kurusha ahandi ari mu mihanda, ibiraro, ibyambu, inzira za gari ya moshi ndetse no kubaka ingomero z’amashanyarazi.
Urubuga rwa internet www.reputationpoll.com rwashyize Perezida Paul Kagame mu bantu ijana barimo kwigaragaza mu kubaka izina ku isi muri 2017.
Rwanda Day 2017 yaberaga mu gihugu cy’u Bubiligi, yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byiganjemo kugaragaza aho u Rwanda rugeze rwiteza imbere, no kwibutsa Abanyarwanda baba hanze uruhare rwabo mu kubaka urwababyaye.
Perezida kagame yavuze ko ibipimo mpuzamahanga byifashishwa ku isi mu gupima uburyo ibihugu bihagaze mu mibereho no mu iterambere mu nzego zitandukanye, bigaragaza ko u Rwanda ruza mu bihugu 10 bya mbere ku isi bihagaze neza.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko abikorera mu Rwanda ari bo bateye inkunga amatora ya Perezida ya 2017, bakanarenza ingengo y’imari yari iteganyijwe.
Perezida Paul Kagame yashimye Abanyarwanda ku murava bagira mu guha u Rwanda agaciro mu ruhando mpuzamahanga, ku buryo buri wese asigaye arwirata.
Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko mbere y’impera z’ukwezi kwa Kamena, Rwandair izaba yafunguye ishami mu gihugu cy’u Bubiligi.
Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.
Perezida Kagame yifuza kubona ibihugu by’u Burayi biza gushora imari muri Afurika kuruta uko byagira ikindi biyikorera mu buryo bw’inkunga.
Perezida Paul Kagame yasuye icyicaro gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ahura na Perezida wayo Gianni Infantino, ndetse anasura inzu ndangamurage ya yayo.
Ingengo y’imari ya 2017/2018 iragaragaramo ko Leta izagabanya imisoro yajyaga isoresha ku isukari, umuceri n’ingano biva mu bihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Perezida Kagame, mu nama mpuzamahanga y’u Burayi ku Bufatanye mu Iterambere (EDD 2017) irimo kuba kuva 07-08 Kamena 2017, yavuze ko atabona impamvu Afurika n’Uburayi bikwiye kuba birebana ay’ingwe mu nyungu zitandukanye.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ku mugabane w’u Burayi ihuje abayobozi bakomeye ku isi, yiga ku buryo bwo kongera uruhare rw’abikorera mu iterambere ry’ibihugu.
Ibihumbi by’Abanyarwanda batuye mu gihugu cy’u Bubiligi n’inshuti zabo, biteguye kwakira Perezida Kagame kuri uyu wa 10 Kamena 2017, aho azitabira igikorwa ngarukamwaka gihuza Abanyarwanda baba mu mahanga, kizwi nka "Rwanda Day".
Mu gikorwa ngarukamwaka cya ‘Army Week’ gitegurwa n’Ingabo z’igihugu, muri uyu mwaka hamaze kuvurwa abantu ibihumbi 60.639 bari bafite uburwayi bunyuranye.
Umuntu wese utungiye Leta agatoki ku bashaka gukora ibyaha agiye kuzajya ahabwa uburinzi bwihariye, ubw’abavandimwe be ndetse anahabwe agahimbazamusyi.
U Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano angana na miliyari 63Frw yo gukora umuhanda uzahuza Akarere ka Ngoma n’aka Nyanza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yafashe mu mugongo u Bwongereza, nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe i Londres mu murwa mukuru w’icyo gihugu, kigahitana abantu umunani, kigakomeretsa 48.
Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bibiri byo muri Rwamagana bahamya ko nyuma yo guhabwa interineti y’umwaka wose bizatuma bakoresha neza ikoranabuhanga rya “Urubuto”.
Perezida Paul Kagame na bagenzi be babiri barimo uwa Madagascar Rajaonarimam Pianina na Akufo-Addo wa Ghana, baritegura uruzinduko rw’akazi muri Zambia.