Mu gitondo cya kuri iki cyumweru imwe nzu za Hotel La Palisse iherereye mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Madame Jeannette Kagame ahamya ko guha uburezi umwana w’umukobwa ari ingirakamaro mu kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera.
Kiliziya gatorika mu Rwanda yavuye ku izima yemerera mu ruhame abihayimana bayo gutobora bakavuga ku ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hagamijwe gukomeza kubaka ubumwe Abanyarwanda bamaze imyaka baharanira.
Abagize Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano ka Afurika yunze ubumwe (AU) bavuga ko Perezida Kagame yabagiriye inama yo gukomeza kuganira ku bibazo byugarije uyu mugabane.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyemeza ko kugaruka kw’inkura bizatuma umusaruro w’ubukerarugendo uzamukaho 10% kuko ari inyamaswa zari zimaze igihe zaracitse.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiye kwakira abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu 54 bya Afurika kugira ngo baganire ku ishyirwa mu bikorwa ry’ivugururwa rya Afurika yunze Ubumwe.
Kuri uyu wa 4 Gicurasi 2017, mu turere dutandukanye tw’igihugu hatangijwe icyumweru cyahariwe ingabo z’igihugu, aho zifatanya n’abaturage mu bikorwa bitandukanye biganisha ku iterambere.
Umugenzuzi w’imari ya Leta yatahuye ko hari abantu n’ibigo bakoresha amazi abarirwa ikiguzi cya miliyari zikabakaba 9RWf buri mwaka kandi ntibishyure.
Umunyamuziki wo muri Amerika yanyuzwe n’uburyo Sophie Nzayisenga acuranga Inanga bituma amujyana muri Amerika (USA) bakorana umuzingo w’indirimbo (Album).
Perezida Kagame yemeza ko mu myaka 10 ishize Global Fund yaje ku isonga mu gufatanya n’u Rwanda kugera intego yo kurwanya indwara z’ibikatu nta gutezuka.
Abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Kinazi by’umwihariko mu Kagari ka Gisali ahazwi nka Gisali na Kibanda mu yahoze ari Komini Ntongwe, bavuga ko umusozi wa Nyiranduga wabarindaga ibitero by’abicanyi kuva mu 1959 Jenoside itangira kugeragezwa.
Nyuma y’uko muri 2007 nta nkura y’umukara yari isigaye muri Parike y’Akagera, kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017 zongeye kuhaba ziturutse muri Afurika y’Epfo.
Abakozi ba Leta batagira inzu bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse muri gahunda ya Leta yo gukemura ibibazo by’amacumbi.
Babiri muri ba bana bane bavutse batagejeje igihe bitabye Imana; nkuko amakuru aturuka mu bitaro bya Kaminuza i Butare (CHUB) abisobanura.
Nyiraminani Epiphanie wo murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yabyaye impanga z’abana bane bamubaze, abahungu batatu n’umukobwa umwe.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera baravuga ko umuti barimo gutererwa mu mirima urimo kubafasha guhangana n’icyonnyi cya Nkongwa cyibasiye ibinyampeke.
Rusiribana Jean Marie Vianney ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ibye ntibigarukira aho kuko yanarokotse Abarundi bendaga kumukuramo umutima ngo bawurye.
Ambasaderi George Nkosinati Twala aremeza ko mu kwezi gutaha kwa Gicurasi u Rwanda na Afurika y’Epfo bazasubukura umubano wari warajemo agatotsi kuva mu 2010.
Ikiyaga cya Ruhondo giherereye hagati y’uturere twa Burera na Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ni kimwe mu mitungo kamere y’Intara y’Amajyaruguru itavugwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Dessalegn na Madame we Romane Tesfaye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Abikorera bo mu ngeri zitandukanye bo mu Karere ka Musanze biyujurije isoko rya kijyambere ry’umuturirwa w’amagorofa atanu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, yasabye Intore 149 z’Abanyamakuru zasoje itorero, kwimakaza Ubunyarwanda kuko ariyo ntwaro izafasha Abanyarwanda kugera ku byifuzo byabo.
Abarokowe n’Intwari Felecita Niyitegeka muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’inshuti zabo bifuza ko urugo yabagamo rwagirwa inzu ndangamurage y’urukundo ifasha Abanyarwanda kwiga ubumuntu.
Perezida Paul Kagame ukuriye komisiyo ishinzwe kuvugurura Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, avuga ko ibizavamo bizaba bishingiye k’ukuzamura ubukungu bw’Umunyafurika.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Françis Kaboneka arasaba urubyiruko kutumvira ababyeyi barwigisha amacakubiri n’ivangura iryo ari ryo ryose, bagaharanira kubaka u Rwanda ari bamwe.
Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James yabwiye intore z’Impamyabigwi ziri gutorezwa mu Kigo gitoza Umuco w’ubutore ko, iyo urwana urwanira ukuri kandi uharanira uburenganzira bwawe wavukijwe, nta kabuza utsinda urugamba.
Umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, yasabye intore z’Abanyamakuru gukorana umwuga wabo umutima nama, birinda gukora bagamije indonke gusa, icyo mw’itorero bita kuba Mitima Nda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori rigomba kurwanywa aho riva rikagera bihereye mu miryango.
Mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani hatashywe umuhanda witiriwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, uherutse kwitaba Imana yashyinguwe mu cyubahiro.