Madame Jeannette Kagame wifatanyije n’abagore kuri uyu munsi mpuzamahanga wabahariwe, yabasabye kuba intwari bafatira urugero kuri bagenzi babo bafite ibyo bagezeho mu myaka ishize.
Perezida Paul Kagame asanga hakiri kare ko Afurika yabazwa icyo itekereza ku mubano wayo na Donald Trump wa Amerika, mu gihe n’abamutoye ubwabo bataramenya neza icyo azabagezaho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko igishishikaje Abanyarwanda ari uguteza imbere u Rwanda kuko nta wundi uzabibakorera.
Brig Gen Cômes Semugeshi wishyikirije Monusco ashaka gutaha mu Rwanda yatambamiwe na sosiyete sivili ya Congo isaba ko afungirwa Kinshasa.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’uburayi [EU] urareshya ibigo bishora imari mu ngufu zishobora kuvugururwa ( Renewable Energy) byo ku mugabane w’Uburayi, ngo bize gushora imari yabyo mu Rwanda.
Perezida Kagame yemeza ko kugira ururimi rw’Igiswahili nka rumwe mu ndimi zemewe n’amategeko mu Rwanda byegereje Abanyarwanda bagenzi babo batuye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Werurwe 2017, Perezida Kagame ari mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ku Kimihurura, aho agiye gutangiza imirimo y’ Inteko Ishinga amategeko y’Umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Kigali Today irabatembereza mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali, aho imirimo iciriritse itunze benshi mu baba muri uyu mujyi, nk’uko muri bubibone mu mafoto.
Uwamahoro Violette, Umunyarwandakazi ufite Ubwenegihugu bw’Ubwongereza, yafashwe na Polisi y’igihugu, akekwaho uruhare mu bugizi bwa nabi bivugwa ko afatanyijemo n’agatsiko k’abandi bantu batuye mu Bwongereza.
Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rugifite ubushobozi budahagije ariko atari impamvu abayobozi bakwitwaza kugira ngo bananirwe kuzuza inshingano bahawe n’abaturage.
Mu gihe François Fillon yaramuka atorewe kuyobora Ubufaransa muri manda y’imyaka itanu iri imbere, icyo gihugu cyakomeza kurangwa n’ibitekerezo bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko umujyanama wa Fillon yongeye guhakana uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside, akanemeza ko habaye Jenoside ebyiri.
Perezida Kagame yakiriye umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ Umupira w’Amaguru ku isi Gianni Infantino, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2017.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’inzobere zimufasha kuvugurura Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), aho ari mu mwiherero i Gabiro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije Umwiherero wa 14 w’abayobozi bakuru b’igihugu abahamagarira kwisuzuma kugira ngo banoze ibyo bashinzwe gukora.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru bitabiriye Umwiherero bifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Kabarore muri Gatsibo mu muganda usoza ukwezi wa Gashyantare.
Abayobozi bakuru b’igihugu bagiye mu mwiherero, basuzumiramo imikorere yabo, baniyemeza kongera ingufu ahagaragaye intege nke hagamijwe iterambere rirambye ry’igihugu.
Abayobozi mu nzego nkuru za leta bagiye guhurira mu mwiherero, basuzumira hamwe imikorere yabo, baniyemeza kongera ingufu ahagaragaye intege nke hagamijwe iterambere rirambye ry’igihugu.
Mu gitondo, ahagana mu ma saa moya n’igice i Kankuba mu Kagari ka Kankuba, Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ku birometero 15 gusa usohotse mu Mujyi wa Kigali, n’ubwo ari mu mvura, urujya n’uruza ni rwose mu isoko rya Mageragere.
Perezida Paul Kagame asanga hakwiye kubaho ubworoherene mu bwikorezi bwo mu kirere mu ibihugu by’Afurika, kugira ngo ingendo z’indege zihendukire Abanyafurika.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku gutwara abantu n’ibintu mu ndege ku Mugabane w’Afurika, ko hakwiye gushyirwa ingufu mu bwikorezi bwo mu Kirere hagati y’Abanyafurika.
Guhera ku itariki ya 20 Gashyantare 2017, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko imodoka zitwara abagenzi zitazongera kunyura mu muhanda uca ku Kacyiru kuri za minisiteri.
Visi Perezida w’Ubuhinde uri mu Rwanda yabwiye Perezida Kagame ko bidatinze Ubuhinde buzaza kubyaza umugezi wa Nyabarongo umuriro w’amashanyarazi mwinshi, nibura Megawatts 17.
Perezida Kagame yakiriye Visi Perezida w’u Buhinde Hamid Ansari, bakaba bari bugirane ibiganiro birebana n’imibanire y’ibihugu byombi.
Visi Perezida w’u Buhinde Hamid Ansari waraye ageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, yunamiye inzirakarengane z’Abatutsi zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa mbere tariki 20 Gashyantare 2017.
Bimwe mu biranga Nyampinga w’u Rwanda harimo no kumenya igihugu cye, ariyo mpamvu igihe cyose abitegura gutorwamo uzahabwa iryo kamba batemberezwa ahantu hatandukanye mu gihugu, ndetse bakaniga amateka aharanga.
Umuyarwandakazi ukina Cricket yanditse amateka mashya ku isi, nyuma yo kumara amasaha 26 agarura udupira muri Cricket
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Munich mu Budage aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku mutekano w’isi.
Pascal Nyamurinda ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, atsinze Umuhoza Aurore bari bahanganye kuri uwo mwanya ku majwi 161 kuri 35.