Perezida Kagame asanga Afurika na Amerika bikwiye gukorana mu bwubahane kugira ngo bigere ku ntego imwe, aho kugira ngo Abanyafurika bahore bumva ko ubukire bwabo, bugomba gushingira ku buyobozi bwa Amerika.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC), cyatanze Miliyoni 50Frw mu kigega Agaciro Development Fund, ngo ukaba ari umusanzu kizajya gitanga buri mwaka.
Perezida Paul Kagame yatanze ikiganiro mu nama yiswe “AIPAC Policy Conference”, ihuza abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Abanya-Isiraheri.
Abagize AERG/GAERG bahaye inka umukecuru witwa Rose Mukarurinda bamushimira kubera ukuntu yahishe akanonsa uruhinja rw’amezi atatu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi babyukiye mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2017.
Jonathan Boyer yaje mu Rwanda nk’umukozi wari ushinzwe gufasha abakinnyi ba siporo y’amagare, ariko asubiye iwabo nk’intwari yaharaniye iterambere ry’uyu mukino mu Rwanda.
Kugeza ku mwaduko w’abakoroni Abanyarwanda babaga hamwe, bunze ubumwe busenywa n’abakoroni bahereye ku muco wabahuzaga, bahanagura ubunyarwanda bwabahuzaga.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC South) kuri uyu wa kane tariki 23 Werurwe 2017, rirashyira ku isoko abanyeshuri barirangijemo mu cyiciro cya mbere cya kaminuza.
COPEDU Ltd yatsinzwe urubanza yaburanaga na ADFINANCE LTD iyishinja gukoresha mu buryo butemewe n’amategeko porogaramu yayo yitwa ADBANKING.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Werurwe 2017, Madame Jeannette Kagame yatangije mu Rwanda ihuriro mpuzamahanga ryiswe "SheTrades" ry’abagore bakora ubucuruzi hirya no hino ku isi.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.
Perezida wa Banki y’isi Jim Yong Kim atangaza ko ikoranabuhanga ryo gutwara amaraso hifashishijwe indege ntoya za “Drones” ari ntagereranywa kuko nta handi arabibona ku isi.
Papa Francis yabwiye Perezida Kagame ko ababajwe n’uruhare rwa bamwe mu bihaye Imana muri Kiriziya Gatolika, bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yageze i Vatican aho biteganyijwe ko ahura n’umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Fransisiko kuri uyu wa 20 Werurwe 2017, bakaganira ku mubano w’u Rwanda na Kiriziya Gatolika.
Mbere yo gusoza uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repulika Paul Kagame yahuye n’abahagarariye Abanyarwanda baba mu Bushinwa barimo abanyeshuri biga muri icyo gihugu.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abambasaderi b’ibihugu bitandukanye byo muri Afurika muri icyo gihugu.
Perezida Kagame na Madamu we Jeannette Kagame, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, bakiriwe na Perezida w’iki gihugu Xi Jinping mu ngoro ye.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 werurwe 2017, Perezida Kagame arahura na Perezida w’Ubushinwa Xi JinPing, i Beijing mu Bushinwa, aho bazaba baganira ku mubano ushingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame avuga ko ahazaza h’isi hashingiye ku cyizere internet itanga, ariko bikazashoboka ari uko za guverinoma, ibigo n’abaturage bitahirije umugozi umwe.
Ku itariki ya 26 kugeza ku ya 28 Werurwe 2017, Perezida Kagame azatanga ikiganiro mu nama yiswe “AIPAC Policy Conference”, ihuza abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Abanya-Isiraheri
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya Lycée de Rusatira baratangaza ko banezerewe kubera ko ikigo cyabo cyahawe mudasobwa zizabafasha kwiga neza ikoranabuhanga.
Leta y’u Rwanda irategura itegeko rizatuma abatishoboye bose bazajya bahabwa ababunganira mu manza babyigiye kandi bagahabwa ubwo bufasha ku buntu.
Abadepite batanu b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EALA) banze kwitabira ibiganiro by’inteko zirimo kubera mu Rwanda kuva ku wa 6 Werurwe 2017.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Rose yashimye urukundo n’ubupfura urubyiruko rwa AERG na bakuru babo ba GAERG, badahwema kugaragaza bita ku babyeyi bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.
Urubyiruko rwa AERG na GAERG rwiyemeje gukora ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buri mwaka, nk’ishimwe kuko barokotse kandi bakaba bakomeye.
Ahishakiye Elias na Niyigaba Valens, ni impanga zavutse mu 1992, bavukira mu karere ka Gicumbi, bafana ikipe imwe yo mu Rwanda ndetse no hanze bagafana ikipe imwe.
Perezida Kagame, kuri uyu wa 10 Werurwe 2017 yagiranye ikiganiro n’abanyeshuri, abarimu n’impuguke mu by’ubukungu muri Kaminuza ya Havard muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Umuhanzi Senderi International Hit atangaza ko agiye guhagurukira abamwandikaho bamubeshyera n’abanyarwenya bamusebya kuko byangiza izina rye.
Ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, zagejeje mu Rwanda Brig Gen Semugeshi Cômes washakwaga n’ Ingabo za Congo.
Madame Jeannette Kagame wifatanyije n’abagore kuri uyu munsi mpuzamahanga wabahariwe, yabasabye kuba intwari bafatira urugero kuri bagenzi babo bafite ibyo bagezeho mu myaka ishize.