Ku cyumweru tariki ya 29 Mutarama 2017, Perezida Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu i Addis Ababa muri Etiyopiya raporo yiswe "Impamvu hakenewe ivugurura mu bumwe bwacu".
Abakobwa batanu muri 16 biyamamarizaga guhagararira umujyi wa Kigali mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017, nibo bemerewe gukomeza amarushanwa.
Mu nama ya 28 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), iteganyijwe kuwa 30-31 Mutarama 2017 ku cyicaro gikuru cyayo giherereye Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida Kagame azamurikira abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, raporo ku mavugurura ya komisiyo ya Afurika yunze ubumwe.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017, mu gihugu hose hakozwe umuganda rusange wa mbere mu mwaka wa 2017, usoza ukwezi kwa Mutarama.
Kuri uyu wa 27 Mutarama 2017, abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu 24 bya Afurika, bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigo gishinzwe intego z’iterambere rirambye muri Afurika (SDGC) gifite icyicaro mu Rwanda.
Nigeria ivuga ko u Rwanda rwayitambutseho mu itumanaho n’ikoranabuhanga, bityo ibihugu byombi bikaba byiyemeje gukomeza umubano wabyo bita cyane mu iterambere.
Leta y’ U Rwanda irimo gushakisha imiryango irenga 1000 yifuza kwakira abana bamaze imyaka ine mu bigo by’impfubyi barabuze imiryango ibakira ngo ibarere.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sam Rugege, avuga ko hagikenewe guhugurwa abunzi, bakaba ab’umwuga, bakazafasha gukemura ibibazo binyuranye bityo ibijya mu nkiko bikagabanuka.
Abanyamuryango ba Koperative y’abafite ubumuga yitwa Twishakemo Imbaraga Kagano, ikorera ubudozi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko guca akato mu bamugaye byabafashije kuva mu bwigunye bakiteza imbere.
Perezida Kagame yagaragaje ko umwaka wa 2017 uzaba umwaka w’ubuyobozi bwimakaza demokarasi, ubutwererane n’iterambere bizatuma Abanyarwanda barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Babiri bakekwaho gusiga amazirantoki ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mudugudu w’Akamabuye, Akagari ka Nyakibanda mu Murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye,bari mu maboko y’abashinzwe umutekano.
Mu gihe cy’itangira ry’amashuri, muri Gare ya Nyabugogo haba hari urujya n’uruza rw’abanyeshuri bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara zitandukanye.
Nyuma yo gutozwa,intore zikora muri serivisi z’ubuvuzi mu turere twa Huye na Gisagara zivuga ko ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.
Ubushakashatsi bwa Loni bwagaragaje ko amahirwe y’Abanyarwanda yo kubaho igihe kirekire akomeje kwiyongera ku buryo muri 2030, Abanyarwanda bazaba bashobora kubaho imyaka 70.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragarije isi ko iterambere u Rwanda rugezeho rurikesha gahunda rwihaye yo gushyira ikoranabuhanga muri serivisi zitangirwa mu gihugu.
Umujyi wa Kigali watangiye guhana abazunguzayi(ababunza ibicuruzwa ku mihanda) ndetse n’umuntu wese ufashwe abigura.
Perezida wa Repubulika witabiriye inama yiga ku bukungu bw’isi iteraniye mu Mujyi wa Davos mu Busuwisi, asanga nta gikorwa ngo ubucuruzi hagati y’Abanyafurika butangire bukorwe, nubwo byagiye byifuzwa kuva kera.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum (WEF), irikubera i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 Mutarama 2017 ikazasozwa tariki 20 Mutarama 2017.
Abayobozi mu nzego z’ibanze babarirwa muri 561 ni bo bamaze kwegura, kuva umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yasuraga abaturage mu ntara zose agasanga bamwe mu bayobozi badakemura ibibazo by’abaturage.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ibicishije mu nyandiko yashyizweho umukono na Dr Bizimana Jean Damascene uyibereye Umunyamabanga Nshingwabikorwa, yerekanye amatariki akomeye yaranze itegurwa n’igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Manzi Aimée Praise yahembwe imodoka na se umubyara, amushimira gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza mu mwaka wa 2016.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanyomoje abavuga ko u Rwanda nta mutungo kamere rufite avuga ko uhari kandi ko guhera muri 2017 uzabyazwa umusaruro by’umwihariko.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Mutarama 2017, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama ku buzima bw’imyororokere byahuje abafasha b’abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Inama ihuza abayobozi b’ Ubufaransa n’ abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Afurika (Sommet France Afrique).
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanije na Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye igikorwa cyo gutanga amaraso kuko ngo abarwayi bayakeneye kwa muganga ari benshi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), yabonye umufatanyabikorwa ufite ikoranabuhanga rihuza abahinzi n’izindi serivisi zibaha amakuru atandukanye, harimo n’atangwa n’ikigo NASA cy’Abanyamerika.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase arizeza abarimu ko ibibazo bitandukanye bafite bizagenda bikemuka kuko hari n’ibindi byinshi Leta y’u Rwanda yakemuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyashyizeho amabwiriza mashya agamije kuzamura imitungo no kunoza imikoranire mu makoperative y’abamotari.
RwandAir igiye gutangira ingendo zijya i Mumbai mu Buhinde, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’iki gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu Buhinde aho yitabiriye inama ya munani ya "Vibrant Gujarat Global Summit" yiga ku iterambere ry’ubukungu burambye.