Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru ruherereye mu mujyi wa Kigali rwemeje ko Gahongayire Aline n’umugabo we Gahima Gabriel batandukana ntacyo bagabanye kuko nta mutungo bari bafite.
Umujyi wa Kigali urateganya gukoresha agera muri Miliyari 25Frw mu kwimura inganda zose ziri mu gishanga cy’i Gikondo muri 2018.
Perezida Paul Kagame yitabiriye ibirori byo kurahira kwa mugenzi we wa Kenya, Perezida Uhuru Kenyatta, uzarahira kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2017.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abakinnyi ba Golf (Golf Club),buratangaza ko bugiye gusana ikibuga cya Golf kibe mpuzamahanga aho ngo bizabatwara amafaranga asaga Miliyoni 90 z’Amanyarwanda.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe yagaragaje icyizere afitiye urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi avuga ko abona rufite ishyaka nk’iry’urubyiruko rwabohoye igihugu ariko bakaba batandukaniye ku rugamba barwana.
Ni kenshi dukoresha ibikoresho ariko ugasanga byinshi muri byo tutabikoresha uko bikwiye cyangwa ntitunabikoreshe kuko tuba tutabisobanukiwe.
Perezida Paul Kagame yakiriwe n’igikomangoma cya Abu Dhabi Mohammad Bin Zayed, bagirana ibiganiro bijyanye n’umubano n’iterambere ry’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko abantu babiri bari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku itariki 22 Ugushyingo 2017, bakekwaho uburiganya mu kugura ibirayi ku bahinzi baba babyejeje.
Ikoranabuhanga ni bumwe mu buryo bwihutisha serivisi zikaboneka vuba kandi zinoze. Ni muri urwo rwego rigiye gutangira kwifashishwa no mu mitangire y’amasoko ya Leta kugira ngo bikemure ibibazo bigaragaramo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yagaragaje ko u Rwanda rwemeye gucumbikira bamwe mu birabura bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko umubare w’abanyeshuri ugenda wiyongera uko imyaka igenda ishira, kubera ingamba zitandukanye guverinoma igenda ishyiraho.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batangiye kubakira ababyeyi ikigo mbonezamikurire, muri gahunda z’ibikorwa bibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho.
Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017, akaba abaye Umunyarwanda wa gatatu uyegukanye, nyuma ya Valens Ndayisenga na Jean Bosco Nsengimana.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2017, Perezida Kagame yatanze ku nshuro ya mbere impeta z’ishimwe ry’ubucuti ziswe “Igihango”.
EYOB Metkel ukinira ikipe ya Dimension Data Ni we wegukanye agace kabanziriza akanyuma ka Tour du Rwanda gasoreje i Nyamirambo kuri Stade Regional i Nyamirambo
Ikinyamakuru The Voice Magazine cyagize Madame Jeannette Kagame umugore w’umwaka, kinamugira Intwari muri Afurika, kubera ibikorwa biteza imbere abakene mu mu Rwanda.
Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, Nsengimana Philbert, yatangaje ko u Rwanda rugiye kugirana ubufatanye mu by’ikoranabuhanga n’igihugu cya Estonia.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction niwe wegukanye agace ka Nyamata - Rwamagana, mu irushanwa rya Tour du Rwanda.
Nyuma y’amezi uturere twa Kamonyi na Rubavu tutagira abayobozi kuri ubu twababonye nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2017.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yahuye na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Ugushyingo 2017, ubwo hakinwaga agace ka Kane ka Tour du Rwanda gaturuka mu Mujyi wa Musanze, kagana i Nyamata mu Karere ka Bugesera ku ntera y’ibirometero 120, Eyob Mektel ukinira ikipe ya Dimension Data niwe ukegukanye, Areruya Joseph wari uwa Kabiri mu Rutonde rusange ahita asubirana maillot (…)
Perezida Paul Kagame azambika impeta y’igihango abantu icyenda baranzwe n’ibikorwa byo kubanisha Abanyarwanda no kubanisha u Rwanda n’amahanga, mu muhango uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ugushyingo 2017.
Uyu ni umunsi wa gatatu wa Tour du Rwanda 2017, aho mu muhanda Nyanza Rubavu hakinwe agace kayo ka kabiri, gafite uburebure bwa Kilometero 180,. Uru rukaba ari narwo rugendo rurerure muri iri siganwa.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mutekano muri Afurika, ko imikoranire itanoze ari kimwe mu bituma Afurika igihura n’ibibazo by’umutekano.
Ku munsi wa kabiri wa Tour du Rwanda, Aleluya Joseph yegukanye agace ko kuva i Kigali bajya i Huye, ahita aza ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange.
Abahinzi b’icyayi bakorana n’uruganda rwa Shagasha ruherereye mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Giheke bagiye kwegurirwa uruganda rugitunganya ku kigero cya 90%.
Mu gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye, Nsengimana Jean Bosco yegukanye umwanya wa mbere ahita yambara umupira w’umuhondo
Iserukiramuco rya Musanze ryaranzwe no kwerekana ubugeni n’ubukorikori bukorerwa muri Musanze no mu Rwanda muri rusange.
Inama kuri kanserimuri Afurika (AORTIC Conference) yaberaga mu Rwanda irusigiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo BVGH kizobereye mu kurwanya kanseri.
Lambert Nkundumukiza yatangiye korora ingurube no guhinga urutoki muri 2015 ahereye ku bihumbi 200RWf ariko ubu amaze kugera ku gishoro cya Miliyoni 14RWf.