Perezida Kagame asanga abantu badakwiye gufata Afurika mu isura ya ruswa kuko ari ikibazo kiri ku isi yose, ariko akongeraho ko hakenewe ubushake n’ingamba zo kuyica muri Afurika.
Cyemayire Emmanuel wari umaze iminsi 25 afungiye mu gihugu cya Uganda yarekuwe ahita yoherezwa mu Rwanda.
Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyafurika ko iterambere umugabane wa Aziya wagezeho uvuye mu bukene bukabije na Afurika yarigeraho ari uko ihuje imbaraga.
Benshi bibaza uko guhura na Perezida Kagame bimera, n’iyo yaba ari umunota umwe. Iyi ni inkuru y’umukozi usanzwe wamaranye na we amasaha atandatu yose.
Harabura amasaha make ngo Perezida Paul Kagame atangire kuyobora umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU), ariko yatangiye gukoresha imvugo zimwe zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda aho aba asaba Abanyarwadna gukorera hamwe.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wemeje ko imvugo izajya ikoreshwa ari “Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994”, aho kuba “Jenoside yo mu Rwanda” nkuko byari bisanzwe.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko Amerika yafashije u Rwanda mu rugendo rw’iterambere rwatangiye, anizeza ko iyo mikoranire izakomeza ku mpande zombi.
Perezida Paul Kagame, uri mu nama yiga ku bukungu bw’isi i Davos mu Busuwisi, yagiranye ikiganiro kigufi na Perezida w’Amerika Donald Trump.
Uruganda rwa Siemens rurifuza gushora imari mu iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya moshi Isaka-Kigali
Ushobora kuba warabonye zimwe muri izi modoka mu mihanda ya Kigali ukaba wakwibaza ba nyirazo. Niyo mpamvu Kigali Today yagukurikiraniye bamwe mu basitari bo mu Rwanda n’imodoka batwara.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi igihagarikwa hari abamusabye kugabanya u Rwanda mo za leta nto kugira ngo zitandukanye amoko.
Senateri Jim Inhofe wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagiranye ikiganiro na bagenzi be kivuga aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’uruhare Perezida Paul Kagame yabigizemo.
Mu biganiro birimo guhuza abakuru b’ibihugu bitabiriye Ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku isi (WEF 2018) i Davos mu Busuwisi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri muri iyi nama, azagirana ikiganiro na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika Donald Trump.
Areruya Joseph hamwe n’ikipe y’igihugu y’abatwara amagare bagarutse mu Rwanda, aho basanze imbaga y’abafana n’abayobozi babategereje ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku Isi. Iri huriro ryitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bitandukanye by’ubukungu.
Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwizwa mu bitangazamakuru ko rwasinyanye na Leta ya Isiraheli mu ibanga amasezerano yo kwakira abimukira iki gihugu kidashaka ku butaka bwacyo.
Gahemba Jean Marie Vianney, umubyeyi wa Areruya Joseph, yifuza kumubona mu isiganwa rya “Tour de France” rifatwa nk’irya mbere ku isi muri uyu mukino.
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwarekuye abafungwa batanu bari barakatiwe igihano cya burundu, nyuma yo kwitwara neza no kurangwa n’ikinyabupfura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahagaritse icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiribwa by’abana birimo amata bikorwa n’Uruganda rwa Lactalis rwo mu Bufaransa, kubera ikibazo cy’ubuziranenge.
Mu isiganwa ryari rimaze iminsi ribera muri Gabon, Umunyarwanda Areruya Joseph akoze amateka yo kwegukana iri siganwa rya mbere rikomeye muri Afurika
Abayobozi 38 b’ibigo bikomeye ku isi batangaje ko bafite gahunda yo kuzana ishoramari mu Rwanda kuko hari amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 bari bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare, nyuma yo kwitwara neza mu bizami bya Leta biheruka.
Umuhanzi Diamond Platinumz w’Umunyatanzaniya yatangaje ko yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda akaba anateganya kuhashinga uruganda, akaba anateganya kuhagura inzu yo guturamo.
Icyamamare Diamond Platinumz ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya yasuye ikigo cya Jordan Foundation kiri mu Gatsata ndetse anabagenera impano y’ibiribwa, kuri uyu wa gatanu tariki ya 19 Mutarama 2018.
Diamond Platinumz umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aje muri gahunda ze bwite zirimo igikorwa cyo gusura ikigo kirera abana bafite ubumuga bwo kutabona kitwa Jordan Foundation.
Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.
Abahesha b’inkiko b’umwuga binenze amwe mu makosa akunze kubagaragaraho mu mikorere, bahigira imbere ya Minisitiri w’Ubutabera kwikuramo ababanduriza izina.
Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryatoye Reverend Dr. Laurent Mbanda nk’Umuyobozi Mukuru waryo asimbuye Onesphore Rwaje wari umaze imyaka irindwi ariyobora.
Perezida Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko umwaka ushize wabaye mwiza ariko ikibazo cy’abimukira bakomeje gushirira muri Libiya kikaba cyaragoranye cyane.