Kuva ishuri TSS Kabutare riatangiriye gutanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya umusaruro w’ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, n’ababyize muri kaminuza bari mu bari kwitabira guhugurwa.
Umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria Davido yaraye akoreye igitaramo kitabiriwe n’abantu benshi, bitandukanye n’ibyari byitezwe ko kitari bwitabire kubera imvura yari yabanje kugwa.
Perezida Paul Kagame yagaragaje agahinda yatewe n’igitero k’iterabwoba cyagabwe kuri ambasade y’Abafaransa muri Burkina Faso, kigahitana abantu umunani.
Sergent Major Malanga Bombole umusirikare wa Congo wari umaze iminsi itatu afatiwe mu Rwanda, nyuma yo gutorongera akabura inzira akisanga ku butaka bw’u Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bagaruye icyizere cy’iterambere kubera ibikorwaremezo nyuma y’igihe bugarijwe n’ubwigunge.
Perezida Paul Kagame yatinyuye abatuye Intara y’Iburasirazuba ko EPIC Hotel ari bo yashyiriweho, abasaba kuyigana bakayiteza imbere.
Asoza inama ya 15 y’Umwiherero Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu gucika ku muco wo kwiremereza, abasaba kwiyoroshya bagashyira umutima ku kazi bagamije kugirira akamaro abo bayobora.
Perezida Paul Kagame arafungura ku mugaragaro EPIC Hotel, ari na yo hoteli y’inyenyeri enye igeze bwa mbere mu Karere ka Nyagatare.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside(CNLG), yatangaje ko umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi utagomba kurenza amasaha atatu mu rwego rwo korohereza abawitabiriye barindwa umunariro ukabije.
Ikigo cy’Abafaransa gikora ubushakashatsi n’ubuvuzi bwa kanseri (IRCAD) kigiye kubaka ishami ryacyo mu Rwanda rizaba ari irya mbere kuri uyu mugabane wa Afurika.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Rutikanga Fiston urangije ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali TSS riri muri IPRC Kigali, yakoze akuma kazajya kabuza umushoferi wasinze gutwara imodoka.
Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza uburyo kutumvikana muri bamwe mu bagize guverinoma ari imbogamizi ku iterambere ry’u Rwanda, ikibazo agarutseho ku nshuro ya kabiri mu gihe kitageze ku mwaka.
Urwego rw’Igihugu rw’ Imiyoborere (RGB) ruratangaza ko ababwiriza butumwa mu nsengero batabyigiye bazigwaho kugira ngo batayobya abayoboke babo.
Abayobozi bakuru b’igihugu bazitabira Umwiherero wa 15, uzabera mu Ishuri rya Gisirikare riherereye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo.
Iradukunda Liliane niwe watorewe kuba Nyampinga w’u Rwanda 2018, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2018.
Iradukunda Liliane niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda rya 2018, ahigitse abakobwa 20 barihanganiraga.
Ibirori byo gutora umukobwa uhiga abandi, ari nawe wegukana ikamba rya Miss Rwanda 2018, biri kubera mu muturirwa wa Kigali Convention Center.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byabashije kuvura Uwimana Jeaninne wari umaze imyaka itandatu afite ikibyimba ku gahanga, cyatumaga atakibasha kureba imbere kuko cyari cyaruzuye mu isura.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Ministeri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA), amasendika y’abakozi n’urugaga rw’abikorera (PSF), bashyize umukono ku masezerano arengera abakozi bato.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byasubije isura Uwimana Jeaninne wari umaranye imyaka itandatu uburwayi bw’ikibyimba kinini ku gahanga.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushyize imbere ibiganiro kugira ngo impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Zambia zitahuke.
Perezida Paul Kagame ashima ubumwe bugaragara hagati y’Abanyarwanda n’Abanya-Zambia, akemeza ko ari imwe mu ntambwe igaragaza urugendo rukomeje rw’Abanyafurika mu kwibohora.
Perezida Edgar Lungu wa Zambia uri mu ruzinduko mu Rwanda, yafashe akanya asura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kugira ngo yirebere amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Zambia Edgar Lungu, waje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.
Ibitaro bya Gisirikare by’i Kanombe byiyemeje kuvura Uwimana Jeaninne umaranye imyaka itandatu uburwayi budasanzwe bw’ikibyimba kinini kimuri ku gahanga cyatumaga atakibasha no kubona.
Perezida wa Zambia Edgar Lungu arakorera uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Gatatu kugeza kuwa Kane.
Umugore witwa Uwimana Jeaninne ukomoka mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kwivuza indwara idasanzwe amaranye imyaka itandatu.