Inama njyanama y’Akarere ka Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Gicurasi 2018, yateranye inenga imikorere ya Komite nyobozi y’Akarere, iyitakariza icyizere, inafata icyemezo cyo kuyihagarika ku kazi.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko Komite nyobozi y’Akarere ka Nyagatare yari igizwe na Mupenzi George wayoboraga Akarere, Kayitare Didace wari ushinzwe ubukungu ndetse na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza bamaze kwegura.
Umwe mu bakandida biyamamariza kuyobora Zimbabwe witwa Nelson Chamisa yatunguranye, atangaza ko yaba yarafashije Perezida Paul Kagame mu guteza imbere u Rwanda.
Utekereza gukorera Jenoside abantu, abanza kubagira babi, akabitirira ikibi cyose gishoboka, kugira ngo uzabica azumve ko akoze igikorwa cyiza cyo kwikiza abantu babi.
Ellen DeGeneres umunyamakuru ukomeye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika usanzwe ufite ibikorwa mu Rwanda byo kwita ku ngagi yakiriwe na Perezida Paul Kagame.
Abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Pereziza w’Igihugu Habyarimana Juvenal ariko amateka agenda agaragaza ibihabanye.
Madame Jeannette Kagame arashimira abakomeje kugira uruhare mu gusobanurira amahanga jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije ibimenyetso bifatika.
Perezida Kagame atangaza ko umunsi wahariwe ukwibohora kwa Afurika wibutsa Abanyafurika umuco ubaranga ariko by’umwihariko ukanabibutsa akazi kabategereje ko kugera ku kwibohora nyako.
Clare Akamanzi, umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) yavuze ko abanenze u Rwanda kuba rwararekuye akayabo rukamamaza ubukerarugendo rukoresheje Arsenal hari ibyo birengagiza cyangwa batumva.
Umubano w’u Rwanda na Ethiopia wageze ku yindi ntera nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Abiy Ahmed agabiye Perezida Kagame inka akanamumenyesha ko atari Perezida w’u Rwanda gusa.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Ethiopia, yatemberejwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Dr. Abiy Ahmed ahahariwe inganda.
Perezida Paul Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr. Abiy Ahmed, nyuma yo kuva mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama ku ikoranabuhanga ya VivaTech.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) itangaza ko abacuruzi 30 bo muri Kigali bahanwe bazira gucuruza sima ku giciro kiri hejuru y’icyagenwe bitwaje igabanuka ryayo ku isoko.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda rwasabwe gutanga umukandida uzayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa.
Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macron mu ngoro akoreramo ya Elysée.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza,ayo masezerano azatuma iyo kipe yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Perezida Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gicurasi 2018, uruzinduko rwa kabiri aba ahagiriye nyuma y’imyaka itatu.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hagaragayemo ubugome ndengakamere hirya no hino mu Rwanda, bimwe byagiye bivugwa ariko hari n’ibigenda bimenyekana nyuma y’imyaka 24.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ubuzima bwiza bw’abaturage na bwo ari ingenzi mu kugena niba abaturage runaka bateye imbere.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, avuga ko inyito zikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo ivuga ko Abatutsi bapfuye zigomba guhinduka, ngo kuko Abatutsi batapfuye urupfu rusanzwe, ahubwo bishwe.
Simugomwa Stanislas wari wahungiye mu bitaro bya CHK (CHUK ubu) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko kuyirokoka abikesha guhindura ahari handitse mu irangamuntu ye ko ari Umututsi, akandikamo ko ari Umutwa.
Umubare w’abaturage baguraga gazi n’abayikoreshaga mu Rwanda urimo kugenda ugabanuka, kubera abayicuruza bakomeza kuzamura ibiciro byayo kandi bakabikora ku giti cyabo nta mabwiriza bahawe.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ni yo Jenoside ya mbere mu mateka y’isi yahitanye abantu benshi mu gihe gito, kuko yatwaye abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangiye gusuzuma umushinga wo gukuraho ibizami bisoza amashuri abanza bizwi nka “Exetat”, abanyeshuri bakajya barangiza amashuli abanza bahita bakomereza mu yisumbuye.
Minisiteri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yafashe ingamba zizihutisha imirimo ku buryo, mu ntangiriro cy’icyumweru gitaha umuhanda Kigali-Gatuna uzongera ukaba nyabagendwa.
Benshi mu bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Habyarimana Juvenal.
Abatuye mu Karere ka Huye n’abakoraga ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB),bahuriye kuri ibi bitaro mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.