Nyirahabizanye Agnès wo mu Kagali ka Cyanya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugore w’imyaka 51 arashimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wamukuye mu bihuru aho yabanaga n’abana be batanu iramwubakira.
Fidèle Rwigamba wari usanzwe ari umudepite ukomoka muri FPR, yemeza ko kugenzura ibikorwa bya Guverinoma bitakozwe neza 100% muri manda ishize ngo akazabyongeramo ingufu natowa.
Murasangwe Jean Damascene wo mu murenge wa Katabagemu avuga ko yubatse inzu ya miliyoni 35 agura na hegitari 11 z’ubutaka kubera FPR Inkotanyi.
Hirya no hino mu gihugu, Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi babukereye mu kwamamaza abakandida bazayihagararira mu nteko Ishinga amategeko.
Mu ishuri rya gisirikari ry’i Gako mu Karere ka Bugesera hatangijwe imyitozo ya gisirikari yiswe "Shared Accord 2018", igamije kureba urwego rw’ubunyamwuga mu ngabo zibungabunga amahoro ku isi.
Kuri uyu wa 13 Kanama 2018, umuryango FPR Inkotanyi watangije igikorwa cyo kwamamaza abakandida bawo bazahatana mu matora y’abadepite azaba muri Nzeri 2018, igikorwa cyabereye mu Karere ka Rulindo.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gikomeje ibarura ry’abaturanye n’ibishanga, mu rwego rwo kubashakira uburyo bakwimuka aho batuye.
Mugisha Samuel w’imyaka 20 yatwaye Tour du Rwanda 2018, nyuma yo gusoza etape ya 8 ku mwanya wa 8 asizwe amasegonda 6 na Azzedine Lagab wayitwaye i Nyamirambo.
Uruganda rwa Volkswagen rwagabanyirije abakozi ba Leta bifuza kugura imodoka kuri uru ruganda 5% ku giciro gisanzwe cy’imodoka rukora.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyitwarire ya bamwe mu bayobozi idakwiye, bitewe n’uko aho gukemura ibibazo by’abaturage bahora bahugiye mu gukemura amakimbirane abaranga.
Akarere ka Rwamagana, kongeye kwisubiza umwanya wa mbere mu kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari ya 2017- 2018 ku manota 84.5%.
Perezida Kagame arayobora umuhango wo gusinya Imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/2019 hamwe n’abayobozi b’ inzego nkuru z’igihugu nab’inzengo z’ibanze.
Umunsi wa Kane wa Tour du Rwanda wakomereje mu Karere ka Karongi iturutse mu Mujyi wa Musanze, aho isiganwa ry’uyu munsi ryegukanywe n’Umunyamerika Timothy Rugg.
I Kigali hazahurira ibihangange muri politiki birimo Kofi Annan wayoboye Umuryango w’Abibumbye (UN), Al Gore wigeze kuba Visi Perezida wa Amerika na Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Nyakanga 2018, hagaragaye ubwirakabiri budasanzwe bw’Ukwezi ku isi hose. Ubwo bwirakabiri bufatwa nk’imbonekarimwe abafotozi bo hirya no hino ku isi bari babutegereje, kugira ngo basigarane amafoto y’urwibutso. Irebere ayo mafoto maze utubwire uwaba yarahize abandi mu gufotora ubwo bwirakabiri.
Perezida Paul Kagame wasoje itorero indangamirwa rya 11, yasabye abari baryitabiriye kumenya guhitamo icyagirira u Rwanda akamaro ariko icyarugirira nabi bakacyamagana.
Perezida Paul Kagame aritabira umuhango wo gusoza icyiciro cya 11 cy’itorero ry’urubyiruko kizwi nk’Indangamirwa, cyatorezwaga mu kigo cya Gabiro.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Amagare ku isi David Lappartient yatangaje ko gusura urwibutso rwa Genoside rwa Kigali, byamuhaye andi makuru arenze kure ayo yari afite ku Rwanda.
Antoine Mugesera wahoze ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yanyomoje abavuga ko bakoze impinduramatwara mu myaka y’1959 - 1962 abinyujije mu gitabo yanditse cyitwa "Rwanda 1959 - 1962, La Révolution Manquée" kivuga ku cyiswe impinduramatwara nyamara itaragezweho.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco Uwacu Julienne yibukije Abanyarwanda ko umurimo unoze kandi ukorewe ku gihe, ari ryo shingiro rya nyaryo ryo kwigira Abanyarwanda bifuza kugeraho.
Perezida Paul Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko Afurika itakwiteza imbere nta nkunga ihawe, akemeza ko umutungo utikirira mu nzira zitemewe ari wo mwinshi kandi ukwiye kugaruzwa.
Uyu munsi Perezida Kagame aritabira kandi anageze ijambo ku bitabiriye inama y’Ihuriro Nyafurika ku Buyobozi ibera i Kigali kuva 2-3 Kanama 2018.
Perezida Paul Kagame yibukije abacamanza ko bafite inshingano zikomeye zo kugira u Rwanda igihugu kigendwa kandi kifuzwa gukorerwamo na benshi.
Raporo y’Urwego Ngenzuramikorere rw’igihugu (RURA) yashyize KT Radio mu ma radiyo atatu aza ku isonga mu gusakaza amajwi ku buso bunini mu Rwanda.
Kamuzinzi Eric wo mu Karere ka Rusizi avuga ko kurokokera Jenoside yakorewe Abatutsi mu Nkambi ya Nyarushishi ari amateka atazibagirwa mu buzima.
Kuba hari abakoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro bakamererwa nabi ni imwe mu mbogamizi ituma ubwitabire mu kuboneza urubyaro butihuta, kuko bamwe bibagiraho ingaruka bakabireka, abandi bagatinya guhura n’izo ngaruka.
Mu mwaka wa 2006, Ishyirahamwe ry’imodoka nini zitwarira abantu hamwe (KBS) ryatangiye gukora mu mujyi wa Kigali. Icyo gihe yatangiranye imodoka 10 gusa. Gusa mu mezi macye izo modoka zatangiye kugenda zigira ibibazo bya hato na hato byasabaga ko zikoreshwa mu igaraji (garage) gusa byari bihenze.