Perezida Paul Kagame yageze muri Afurika y’Epfo, aho azitabira inama izahuza ibihugu biri imbere mu kuzamuka mu iterambere .
Perezida wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Joseph Kabila yatangaje ko ashyigikiye kandidatire ya Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo, ku mwanya w’Umunyamabanga mukuru w’ Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rufite ibisabwa byose kugira ngo rubashe kungukira mu ikoranabuhanga u Buyapani butanga mu kubaka imishinga y’imbere mu gihugu.
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi, yatangaje ko yanyuzwe n’igihe gito yamaranye n’abaturage bo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera.
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yunamiye Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaga ibihumbi 250, bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi yashimiye Perezida Kagame ku ruhare runini yagize mu kubaka amahoro mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi wari utegerejwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, ageze mu Rwanda yakirwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Perezida Kagame yatangaje ko amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa ari igihamya cy’ibishoboka hagati y’umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse no mu mubano hagati yabwo na Afurika muri rusange.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Nyakanga 2018, Perezida w’u Bushinwa yakiriwe Ku nshuro ya mbere mu mateka mu Rwanda, aho yaje mu ruzinduko rw’ iminsi ibiri rw’akazi.
Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda, aho yari amaze iminsi asura ibikorwa bitandukanye mu gihugu.
Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye imipaka ihuza u Rwanda Na Congo mu Karere ka Rubavu, avuga ko Abanyafurika bagomba gufungurirwa imipaka bagakoresha amahurwe bafite.
Abayobozi bakuru b’u Rwanda na Mozambique bemeza ko n’ubwo ibihugu byombi bifite amateka bihuriyeho mu bijyanye no kwibohora ariko hari n’ibindi buri gihugu kihariye byafasha ikindi.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda ruteganya gufungura ambasade i Maputo muri Mozambique, mu rwego rwo kuzamura umubano n’icyo gihugu.
Urugendo rwa Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi ni rwo rwabimburiye urw’abandi ba perezida barimo uw’u Bushinwa Zi Jinping na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi bateganya kugirira mu Rwanda.
Imibare y’inzu ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) cyatanze ku nzu zirimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, bigaragara ko ntaho ihuriye n’iyo akarere ubwako kemera.
Polisi yamaganiye kure amakuru y’uko inkengero z’ishyamba rya Nyungwe nta mutekano urimo kubera ibitero by’umutwe mushya witwaje intwaro urwanya Leta y’u Rwanda.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei atangaza ko uruzinduko rwa Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping mu Rwanda rushingiye ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Umubano w’u Bushinwa na Afurika wavuye kure ariko muri iki gihe icyo gihugu cyashyize imbaraga mu gukora imishinga muri Afurika itarigeze ikorwa n’undi wese mu biyitaga abacunguzi ba Afurika.
U Bufaransa bwegukanye igikombe cy’isi cya kabiri butsinze Croatia, nyuma y’imyaka 20 bwegukanye icya mbere.
Mu myaka 15 ishize umuziki wo mu Rwanda wazamutse mu buryo budasanzwe ufata indi ntera, ku buryo kuri iki gihe bigoye kumenya umuhanzi wihariye isoko kuko barihuriyeho ari benshi.
Perezida Paul Kagame avuga ko ingabo z’u Rwanda zidatorezwa kugira ngo zishoze intambara, ahubwo ngo zitorezwa kurinda igihugu kugira ngo hatagira uwagishozaho intambara.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo muri Centre y’ubucuruzi ya Kabuga ahitwa mu Gahoromani hakomeje kuboneka imibiri myinshi y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida Paul Kagame atangaza ko imwe mu nzira zafashije u Rwanda kuva mu icuraburindi ry’ubukene ari ugukemura ikibazo kimwe ku kindi nta kubyigamba.
Umwami Cyirima II Rujugira watwaye u Rwanda guhera mu 1675 agatanga mu 1708,ni we bakomoyeho umugani ugira uti “ U Rwanda ruratera ntiruterwa.”
Hashize umwaka Minisitiri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaje ko irimo gushyira mu bikorwa imishinga ikomeye izafasha u Rwanda kuba icyitegererezo mu karere mu bijyanye n’ubuvuzi.
Umuryango Imbuto Foundation watangije ikigo kizajya gifasha ababyeyi batishoboye mu mikurire y’abana babo mu Murenge wa Kivumu, Karere ka Rutsiro.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), itangaza ko n’ubwo hari intambwe ubutabera mpuzamahanga bumaze gutera mu gukurikirana abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, hakiri byinshi byo kunenga ubwo butabera.
Depite Nkusi Juvénal wari umwe mu Badepite bari bamaze igihe kirekire mu Nteko ishinga amategeko, ntazongera kugaragara mu nteko nyuma y’uko yari ayimazemo imyaka 24.