Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside CNLG, yasohoye urutonde rw’abasirikare 22 b’Abafaransa, bashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba avuga ko kuba uwa mbere mu mihigo bisaba gukora cyane, hagakorwa ibihanitse ibyoroshye bikajya ku ruhande.
Madame Jeannette Kagame arasaba ko gahunda yiswe 12+ Ni Nyampinga, yatangira guteza imbere abahungu n’abakobwa icyarimwe.
Umuganda usoza ukwezi kw’Ukwakira, mu turere dutandukanye wibanze ku kubaka ibikorwa remezo.
Uwase Annick yegukanye ikamba rya Nyampinga w’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya IPRC Kigali TSS riherereye mu mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa gatanu tariki 28 Ukwakira 2016, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ku bukungu igiye kubera i Libreville muri Gabon.
Mu karere ka Nyabihu abaturage bo mu murenge wa Rambura batashye ikiraro kinyura mu kirere kizoroshya ubuhahirane n’imigenderanire hagati yabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Congo Brazzaville, kuri uyu wa kane tariki ya 27 Ukwakira 2016.
Bamwe mu bigiye imyuga muri gahunda ya NEP Kora Wigire bo muri Kamonyi, barashima ko yabahaye icyerekezo gituma batazigera Babura umurimo.
Mu buryo butunguranye, Abanyarwanda bashyizwe ku rutonde rw’abantu batanu bahatanira igihembo cy’abantu batanu muri Afurika, bagize uruhare mu guteza imbere ishoramari.
Gahunda ya NEP Kora Wigire Leta icisha mu kigo cy’igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro(WDA), irakataje mu guha amahugurwa abakora mu nganda zo mu Rwanda.
Perezida Kagame wagiranye ibiganiro n’Abanya Mozambike, yavuze ko iterambere u Rwanda rugezeho hari abatararibonaga, ariko Abanyarwanda bagahitamo gukora ibyo babonaga bikwiye.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari na bizinesi
Perezida Kagame yageze i Maputo mu murwa mukuru wa Mozambique, aho agiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi.
Madamme Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rw’abahungu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ntawe ugomba guterwa ipfunwe no kwivuza ihungabana
Mu irushanwa ritegura Tour du Rwanda ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Nsengimana Jean Bosco ni we ubaye uwa mbere mu gace ka Karongi-Rusizi (Kivu Belt).
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo Tour du Rwanda itangire, amakipe azayitabira ubu akomeje imyiteguro, aho kuri uyu wa Gatandatu hakinwa isiganwa riva Karongi kugera Rusizi, ku Cyumweru hagakinwa iriva Rusizi kugera Huye
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ukwakira 2016 , Imbuto Foundation yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Fondasiyo y’Umwami Mouhammed VI igamije iterambere rirambye yitwa Fondation Mouhammed VI pour le developemment durable.
Hatangiye imirimo y’ibanze yo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera kuburyo igice cya mbere kizuzura mu mpera za 2018.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ukwakira 2016, Umwami Muhammed VI uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Ku munsi wa Kabiri w’uruzinduko Umwami Muhammed VI wa Maroc agirira mu Rwanda, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame bigamije ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2016, Perezida Kagame yakiriye Umwami Mohammed VI wa Maroc ugiriye uruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda.
Ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira, yarahanutse bombi barapfa, ubwo bavaga Arusha muri Tanzaniya mu nama ireba uko hashyirwa mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi na RPF- Inkotanyi.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.
Mu murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge hari agace kiswe “Norvège” ya Kigali ngo kubera iterambere ryako kandi ari mu cyaro.
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika John Kerry, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yunamira imibiri isaga ibihumbi 250,000 irushyinguyemo.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo gutwara amaraso hifashishijwe utudege duto ( Drones), Perezida Kagame yavuze ko yizeye umusaruro tuzatanga mu duce twa kure twagoraga ubuvuzi.