Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) irifuza ko abateza imbere umuco wo gusoma bakwegera abaturage, kugira ngo babishishikarize abakiri bato.
Perezida Paul Kagame yageze i Dar es Salaam muri Tanzaniya, mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 08 Nzeli 2016, aho yitabiriye inama idasanzwe ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Perezida Paul Kagame ahamya ko ubuhinzi atari rumwe mu nzego zigize ubukungu, ahubwo ari bwo ubukungu bushingiyeho.
Perezida Kagame ari i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Africa.
Perezida Paul Kagame azitabira umunsi wahariwe umuco Nyarwanda “Rwanda Culture Day”, uzabera muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu cyumweru gitaha, kuva tariki 12 kugeza 16 Nzeri 2016, mu Rwanda hazateranira inama y’Ihuriro ry’Ibihugu by’Afurika bikoresha icyogajuru cy’u Burayi.
Abashakashatsi bahangayikishijwe no gucyendera kw’ingagi zo mu misozi, nubwo izo mu Rwanda zikomeje kwiyongera.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kamunuza y’u Rwanda (CHUB), buranyomoza amakuru, avuga ko icyuma gipima imbere mu mubiri (CT Scanner) cy’ibi bitaro kitagikora.
Perezida Paul Kagame asanga kudaha agaciro igihe no kureberera amakosa ari imwe mu mpamvu zikomeje kudindiza umugabane w’Afurika mu iterambere.
Abororera hafi y’umugezi w’Akagera mu murenge wa Matimba akarere ka Nyagatare, bavuga ko babangamiwe n’indwara y’Inkurikizi iterwa n’isazi ya Tsetse.
Leta yatangaje ko ubucuruzi bwo mu mihanda i Kigali bwarangiye, nyuma yo kubakira amasoko hirya no hino abahacururizaga (abazunguzayi) bazajya bakoreramo.
Abana bitabiriye igikorwa cyo kwita izina bavuga ko batahanye ishyaka ryo gutsinda, nyuma yo kubona bagenzi babo bashimwa ku mugaragaro.
Kuri uyu wa gatanu tariki 2 Nzeri 2016, mu Karere ka Musanze habereye igikorwa cyo kwita izina abana b’ingagi 22.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Kwita Izina Intare byaba indi Intambwe y’iterambere no gusigasira ibyahozeho n’ibiriho mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi 22, byabereye mu Kinigi mu karere ka Musanze, kuri uyu wa 02 Nzeli 2016.
Abitabiriye umuhango wo kwita izina ingagi ku nshuro ya 12, ku mugoroba ubanzirirza igikorwa nyirizina baraye bataramiwe Kinyarwanda.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwita izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 12, hateguwe ibikorwa bitandukanye byo kubimburira uwo munsi mukuru.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye umunyamakuru wa radiyo y’Abafaransa (RFI), wamubajije ibijyanye na demokarasi, ko Abanyafurika badakeneye kuyoborwa n’andi mahanga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), kivuga ko inyungu ya 4% yiyongera ku bukerarugendo buri mwaka, Abanyarwanda bayigiramo uruhare ruke.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abaganga bashya barangije Kaminuza boherejwe mu bitaro binyuranye byo mu gihugu bitezweho kongera ubwiza bwa servisi.
Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.
Impuguke mpuzamahanga zaje ’kwita izina’ abana b’ingagi, zisaba ibihugu guca ubukene n’inzara mu baturage, kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rudakomeza gukendera.
Perezida Kagame yatangaje ko mu gihe cya vuba RwandAir itangira ingendo zayo mu Murwa mukuru wa Benin, Cotonou, kubera imibanire ibihugu byombi bifitanye.
Perezida wa Benin, Patrice Talon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu aho biteganyijwe ko azasura igice cyahiriwe inganda n’ubucuruzi (Free Trade Zone) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itermambere (RDB).
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge, kwimakaza ubuyobozi bwiza butarangwamo ruswa kugira ngo bageze abaturage ku cyerekezo kizima.
Abagore baterwa inkunga n’umuryango Women for Women, baravuga ko ubumenyi bwo gucunga amatsinda bahabwa, bubaha icyizere cy’iterambere kabone nubwo inkunga bahabwa n’uyu muryango yahagarara.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yasabye abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali kwicungira umutekano, bubahiriza amategeko y’umuhanda kandi bagatangira amakuru ku gihe.
Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ku iterambere rya Afurika, ihuje ibihugu by’uyu mugabane n’u Buyapani.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, isanga abagore ari bo bafite urufunguzo rwo kurwanya ubuharike kuko ari bo pfundo ryabwo.