Utudege tutagira abapilote twitwa ’drones’ twatangiye kugezwa mu Rwanda guhera ku cyumweru tukazahita dutangira kwifashishwa muri serivisi z’ubuvuzi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Itsinda rya Urban Boys ryegukanye Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu rihabwa miliyoni 24Frw z’ibihembo.
Nyuma y’imyaka itandatu Perezida Kagame na Perezida Kabila bahuye, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 bongeye guhurira mu Mujyi wa Rubavu baganira ibyateza imbere ibihugu byombi.
Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo by’itangazamakuru byitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rimaze iminsi 11 ribera i Gikondo, mu Mujyi wa Kigali, yegukanye kimwe mu bihembo bikuru byahawe abaryitabiriye.
Leta yavanye muri Polisi y’igihugu Ishami ry’ubugenzacyaha (CID) n’Ishuri rya Polisi ibigira ibigo byigenga, n’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruhindurirwa Minisiteri iruyobora.
Likeri zikorwa n’uruganda 1000 Hills zatangiye kwibagiza abakunzi b’agasembuye izisanzwe zitumizwa hanze, nyuma y’amezi abiri gusa zigeze ku isoko.
Abayobozi b’Akarere ka Karongi batangaza ko nyuma yo kwibonera ibyiza byinshi bigize Umudugudu wa Mbuganzeri byabahaye isomo, bakaba biyemeje nabo kuwugira.
Leta y’u Rwanda yiyemeje korohereza abafite ubumuga kubona imirimo, kugira ngo nabo bafashwe kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.
Abaturage b’i Nyabihu bavuga ko iterambere ryarushaho kuzamuka mu gihe kuboneza urubyaro byakwitabirwa neza.
Imikino ya gisirikare ihuza ibihugu byo muri Afurika y’I Burasirazuba, yatangijwe ku mugaragaro kuri Stade Amahoro na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen. James Kabarebe.
Perezida Paul Kagame ni we wa mbere wakoresheje pasiporo Nyafurika, ubwo yinjiraga muri Tchad, aho yitabiriye irahira rya Perezida Idriss Déby.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Idriss Déby wa Tchad, kuri uyu wa mbere tariki 8 Kanama 2016.
Ikigo cya Leta ya Tanzaniya gishinzwe ibicuruzwa bica ku byambu by’iki gihugu,TPA, kigiye gufungura imiryango mu Rwanda bitarenze 2016.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yasuye studio ya KT Radio aho iri gukorera muri Expo 2016 aboneraho kuganiriza Abanyarwanda.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yagereranyije Umuganura no kwicisha bugufi kw’abayobozi mu gihe yifatanyaga n’Abanyarwanda mu kuwizihiriza mu Karere ka Nyanza.
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia mu nama y’umuryango w’abakuru b’ibihugu (IGAD Plus) yiga ku kibazo cya Sudani y’Epfo.
Ibimurikwa muri Expo 2016 bigaragaza ko bihawe ingufu hari byinshi u Rwanda rwazibukira gutumiza mu mahanga.
Perezida Paul Kagame yahamagariye inzego zishinzwe iperereza n’umutekano ku isi gukorera hamwe, kugira ngo zinoze inshingano zazo zo kurinda ubuzima, kwimakaza umutuzo n’ubukungu.
Ku munsi wa gatatu wayo Iserukiramuco Nyafurika ririmo kubera mu Rwanda, FESPAD 2016, berekeje i Mukarange mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasizuba.
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, harimo ba Komiseri ba Polisi umunani, ba ofisiye bakuru 38, ba ofisiye bato 62, ba su ofisiye 156 n’abapolisi bato 44.
Abanyarwanda barahamagarirwa kugira umuco wo gutarama no guhiga, badategereje ko umunsi w’Umuganura ugera kuko ari kimwe mu byarangaga umuco Nyarwanda.
Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka, wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), ari mu bahabwa amahirwe yo kuba yayobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) aramutse yiyamamarije uwo mwanya.
Abakunzi ba KT Radio bayumvaga ku nyakiramajwi zabo, bashimishijwe no kuyisanga muri Expo2016 irimo kubera i Gikondo, birebera imbonankubone abanyamakuru bayo bari mu kazi.
Inteko Ishinga Amategeko ya Israel, Knesset, yashyizeho akanama k’abadepite gahuriweho n’u Rwanda ko kwiga uko ibihugu byombi byarushaho guteza imbere umubano.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi, aratangaza ko guverinoma igiye guhagurukira abazamuye ibiciro by’amazi nta burenganzira, kandi ibyemewe ari 20Frw ku ijerekani muri Kigali na 50Frw mu ntara.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) zongereye ububare w’ibicuruzwa biva mu Rwanda bijya kugurishirizwayo bitishuye amahoro.
Ku munsi wa kabiri w’Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD), ryakomereje mu Karere ka Musanze kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kanama 2016, abaryitabiriye bakaba babanje gusura i Nkotsi na Bikara muri Buhanga, habaye Umwami mukuru w’u Rwanda, Gihanga Ngomijana.
Ikipe y’Amagaju yasinyishije abakinnyi bashya barimo umukinnyi ukina anyura ku ruhande wo mu ikipe ya Vital’o Fc y’i Burundi witwa Shabban Hussein uzwi nka Tshabalala
Umuyobozi w’Ikigega cy’ingwate BDF hamwe n’uw’Ikigo giteza imbere imari (AFR), baremeza ko banki zikeneye guhabwa icyizere na za Leta kugira ngo zishyigikire ubuhinzi.