Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashimiye abaturage b’Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, igikorwa cy’indashikirwa cyo kwiyubakira igikoni cy’umudugudu babinyujije mu muganda.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza abagore kurangwa n’ibikorwa by’ubumuntu kuko ari byo biranga ‘Umugore mwiza’ ariko abibutsa gufatanya n’abagabo kuko ngo nubwo umugore yaba mwiza ariko adafatanya n’umugabo, ubwo bwiza butagira akamaro.
Umuhanzikazi Butera Jeanne Knowless amaze gusezerana kubana akaramata na Producer Ishimwe Clement, umuhango ubereye mu Murenge wa Remera mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 31 Nyakanga 2016.
Minisitiri ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Valentine Rugwabiza, arasaba abaturage kurangwa n’ishyaka ryo kwikemurira ibibazo bibareba batagombye gutegereza inkunga zituruka ahandi.
Umuganda usoza Nyakanga 2016 ahenshi mu gihugu wibanze ku bikorwaremezo byiganjemo imihanda
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateguje ibihumbi birenga umunani by’abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ko bagiye kwiga irindi shuri ryo guhatanira imirimo.
Itsinda rya AERG ryahize amatsinda y’uturere 17 mu marushanwa y’ibiganiro mpaka yateguwe n’Imbuto Foundation agamije gutoza urubyiruko kuvuga neza mu ruhame.
Minisiteri yUbuzima (MINISANTE) ivuga ko igiye gushaka uburyo yakoresha mu kugabanya ibiciro by’imiti y’indwara ya Hepatite, ku buryo byorohera buri wese.
Abagore boroye ihene zitanga umukamo baravuga ko amata yazo agurwa amafaranga menshi, ariko ngo bafite ikibazo ko zidatanga umukamo mwinshi.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Jonas Nkundumukiza wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe yavumbuye Imbabura ikoresha umufuka umwe w’amakara ku mwaka yifashishije itaka ryo mu mashyuza.
Umuganura w’uyu mwaka wa 2016 uzizihizwa werekana ibyo u Rwanda rukora ariko uhuzwe n’Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino (FESPAD) mu rwego rwo kugaragaza umuco w’uyu mugabane.
Abatuye mu mujyi wa Kigali baraye bagenda kugira ngo bakirwe mu bantu 500 bari bemerewe gukingirwa indwara y’umwijima (Hepatite C) ku buntu.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yahagaritse by’agateganyo imikino y’amahirwe izwi nk’Ikiryabarezi, nyuma y’igenzura ryasanze bamwe mu bayicuruza batubahiriza amategeko n’amabwiriza.
Abanyarwandakazi ba rwiyemezamirimo bavuga ko kwishyira hamwe na bagenzi babo b’Abanyakenya bizamura imyumvire y’ibyo bakora kandi bikabongerera umusaruro.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kigamije kwerekana abatoza b’ikipe, umutoza mushya wa APR FC, Kanyankore Yaoundé, yatangaje ko yavuye muri Rayon Sports na Kiyovu kubera ubuswa bw’abayobozi bazo, akaba yizera ko muri APR FC atari ko bimeze.
Nyuma yo gukubita umwe mu babyinnyikazi be akirukanwa shishi itabona muri Kenya, umuhanzi w’icyamamare, Koffi Olomide, yatawe muri yombi na Polisi ya Kinshasa.
Polisi y’igihugu ivuga ko kuba u Rwanda rugaragaramo ibyaha bike bikoreshejwe imbunda muri EAC rutagomba kwirara kuko mu karere zigihari.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) ruravuga ko rwahaye amahirwe n’umwanya munini ibigo by’Abanyarwanda mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 mu Rwanda, kugira ngo rubafashe guteza imbere ibihakorerwa.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barishimira ko imihanda bemerewe na Perezida Kagame yatumye imikorere yabo irushaho kugenda neza.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana(NCC) ivuga ko umwana ugiye kurerwa mu muryango ataba agiye gusubiza ibibazo by’abamurera ahubwo ko ari bo bagomba gusubiza ibye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye abatumye imitegurire y’inama y’Ubumwe bw’Afurika yateraniye i Kigali igenda neza, avuga ko n’abashyitsi batunguwe uko bakiriwe.
Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zasuye Rwanda Peace Academy mu karere ka Musanze hagamijwe kugira ngo bamenya neza ibihakorerwa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burizeza ko buzongera icyizere abawutuye bagirira inzego z’ibanze, nyuma yo kugaragarizwa ko kidahagije.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abasirikare kiratangaza ko kifashisha uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Skype bakangurira abatarataha gutaha.
Polisi y’igihugu yatashye ibiro byayo bishya byo mu Ntara y’Amajyepfo, bizajya byifashishwa nka sitasiyo yayo bikagira n’aho bafungira abakekwaho ibyaha.
Muri Tombola yabereye muri Marriott Hotel kuri uyu wa Kane, amakipe 12 yagabanijwe mu matsinda abiri, aho uRwanda ruyoboye itsinda rya mbere rutangira ruhura na Gabon kuri uyu wa Gatanu muri Petit Stade Amahoro.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rurakangurira urubyiruko kwitabira imishinga y’ubuhinzi, kuko ari rwo rufite imbaraga n’ubumenyi mu ikoranabuhanga byafasha kongera umusaruro.
Polisi y’igihugu yatangaje ko inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi, kubera uruhare rwa buri wese cyane cyane umutuzo abaturage bagaragaje ubwo yabaga.