Leta igiye gutangira gushishikariza abaturage kwitabira kugura ubwisungane mu buvuzi “mituweli”, ihereye mu madini kugira ngo ayifashe gusakaza ubwo bukangurambaga.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko kuva ibigo byamenya agaciro k’abanyamategeko babyo byatanze umusaruro kuko imanza Leta itsinda zazamutseho 7%.
Umushoramari Antonio Souaré Mamadou uturutse muri Guinée Conakry, yageze mu Rwanda aho aje mu bikorwa by’ishoramari azatangirira muri Siporo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanda, Innocent Mbanjimbere na Nyiramahano Chantal w’Akagari ka Bugarura bahagaritswe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka imbere y’imbaga y’abaturage babashinje kubahohotera.
Umuryango Imbuto Foundation ku wa 07 Kamena 2016 watangije gahunda y’amahugurwa agamije kongerera ubushobozi urubyiruko.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo hatangajwe inzira zizakoreshwa muri Tour du Rwanda 2016, aho ishyamba rya Nyungwe riri mu nzira zizifashishwa.
Abaturage b’i Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’amata rwa Mukamira rwagombaga gutangira bitarenze Werurwe rwatinze gutangira.
Ikigo gihagarariye icuruzwa rya murandasi(internet) yihuta cyane 4G LTE, cyatangaje ko ibiciro by’ifatabuguzi ry’iyi internet byongeye kugabanuka, ndetse ko cyanogeje serivisi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rwiteze ubufatanye n’ubuhahirane bw’Abanyafurika, bazateranira i Kigali mu kwezi gutaha.
Ishyirahamwe mpuzamahanga rishinzwe ingendo z’indege (IATA) ryongeye guha ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, icyemezo cyo kwagura imikorere.
Abagize Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF), baravuga ko kongerera ubushobozi abashinzwe ubutabazi bwo mu mazi, bizabafasha mu kurokora ubuzima bw’abarohama.
Bamwe mu rubyiruko bavuga ko kuba amateka mabi yarafashe igihe kinini yigishwa mu Rwanda, bisaba ko handikwa ibindi ibitabo biyavuguruza.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC - South) ryahaye abapfakazi ba Jenoside bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, amashanyarazi akomoka ku zuba, radiyo hamwe na televiziyo, kugira ngo bave mu bwigunge.
Ababashinwa babiri bakorera mu Karere ka Rulindo bakubise umusore w’Umunyarwanda bakoreshaga ajya muri koma, nyuma y’uko bari bamaze umwanya baterana amagambo.
Abasirikare bakuru 46 baturuka mu bihugu umunani bya Afurika barangije amasomo mu bya gisirikare n’ay’igisivire mu byerekeye n’umutekano.
Umukuru w’Ingabo za Repubulika ya Czech, Gen. Josef Becvar yaje kuganira na bagenzi be b’u Rwanda uko bakongera umubano ushingiye ku mahugurwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Fidel Ndayisaba asanga gusaba imbabazi bikwiye gufatwa nk’umuti ku babikora aho kubita ibigwari.
Abanyarwanda basaga miliyoni imwe n’ibihumbi 400 bangana na 16% by’Abanyarwanda bose, bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batagira inzu ndetse bakaba barya bigoranye.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ikigo gishinzwe ikoranabuhanga cya Korea y’Epfo (NIA), agamije ubufatanye no gushingira ku bunararibonye bw’icyo gihugu.
Urubyiruko rwo muri Kayonza rwaterwaga isoni no kugana serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, rwashyiriweho gahunda ya ‘Youth Corner’ izarufasha kugana izo serivisi ntacyo rwikanga.
Captaine Kayibanda Callixte wari ushinzwe kwigisha mu mashuri ya gisirikare mu mutwe wa FDLR, yarambiwe imibereho y’ishyamba atahuka mu Rwanda.
Umuyobozi wa Transparancy International Rwanda (TI), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko abaka ruswa akenshi baba bahagarariye Leta, bigatuma bayangisha abaturage.
Umuyobozi wa Kigali Today Ltd Kanamugire Charles, yasabye abahuguwe na Kigali Today Ltd mu gufotora, kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe, bagaragaza isura nziza y’igihugu.
U Rwanda na Turkey byongeye umubano hagati yabyo bishyira umukono ku masezerano y’imikoranire no koroshya imigenderanire hagati y’ibihugu byombi.
Ibitaro by’ingabo z’u Rwanda muri Centre Africa byakoze igikorwa cyo kwegereza ubuvuzi abaturage badaturiye amavuriro, bibavurira ubuntu mu gihe cy’icyumweru.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iri mu gikorwa cyo kubyaza nyiramugengeri yo mu gishanga cy’Akanyaru, ingufu z’amashanyarazi zingana na megawati 80.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Rubavu basabwe gufasha abayobozi babo kuzuza inshingano aho gutegereza ko beguzwa cyangwa bagafungwa.
Imvura yaguye mu Karere ka Musanze mu ijoro rishyira iki Cyumweru, tariki 29 Gicurasi 2016, yateje isuri ikomeye yamanutse mu misozi y’ibirunga isenyera bamwe mu baturage b’Umurenge wa Busogo.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abaturage kurushaho gutera amashyamba ahantu hose bikwiriye kugira ngo azabafashe guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, irimo irimo ibiza byibasira abaturage n’imitungo yabo.