Kuri uyu wa gatandatu tariki 28 Gicurasi 2016, abaturarwanda bose bazindukiye mu gikorwa cy’Umuganda ngarukakwezi, cyakorewe mu gihugu hose.
Abanyarwanda batahutse bava mu mashyamba ya Congo, bavuga ko bagenzi babo basizeyo ari benshi kubera ko bakiboshwe n’umutwe wa FDLR.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rwezamenyo rwavuye Iwawa rwashinze koperative y’ububaji bahurizamo ibitekerezo n’ubumenyi batahukanye, bakabasha gukora imirimo ibabeshaho
U Rwanda rugiye kurwanya ibikoresho binyuranye bigasohora imyuka ihumanye, bigatera ihindagurika ry’ikirere, kuko ari byo nyirabayazana w’ibiza bikomeza kwiyongera.
Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasinyanye na Leta y’u Rwanda amasezerano ayemerera gukorera mu Rwanda ibikorwa bifasha abaturage.
Gasutamo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda igiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera izuzura itwaye miliyari 6 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Intumwa y’u Rwanda mu gihugu cya Uganda, Amb. Frank Mugambage, arasaba urubyiruko gukora cyane kugira ngo rurusheho guteza imbere Umugabane wa Afrika.
Perezida Kagame atangaza ko biteye isoni kuba muri Afurika nta mashanyarazi ahagije ahari n’ubukungu bw’umutungo kamere ifite bwayigeza ku nganda zikomeye.
Abashakashatsi n’impuguke z’Abanyarwanda n’Abanyekongo batangiye guhana amakuru ku buryo gaz methan yo mu kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro wiyongera ku mashanyarazi.
Mu Rwanda hagiye kuba inama mpuzamahanga yo gukangurira ibihugu bya Afurika kwitabira gukoresha indangamuntu zikoranye ikoranabuhanga, kuko hari byinshi yakemura.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeje kwibuka, kugira ngo bamenye amateka ya Jenoside batazajya bayabarirwa nk’abanyamahanga.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abanyamadini kubaka umuryango nyarwanda wubaha Imana ariko abakwiza impuha bavuga ko bashingiye ku buhanuzi, bakihana.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Minisitiri w’Umutekano Sheihk Musa Fazili Harerimana, asanga Abanyarwanda bakwiye kwibuka, baharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo banamagana ingengabikerezo ya Jenoside.
Musenyeri Habiyambere Alexis umaze imyaka 19 ku bushumba bwa Diyoseze ya Nyundo yashyikirije inkuni y’ubushumba mugenzi we Mwumvaneza Anaclet, ajya mu kiruhuko.
Akarere ka Nyaruguru kagiye kongera gusubira mu ibarura ry’abatuye mu manegeka, nyuma yo kubisabwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (Rwanda Housing Authority).
Madame Jeannette Kagame yahawe igihembo n’umuryango Team Heart, kubera uruhare rwe mu bikorwa bya kimuntu.
Imirire mibi mu Rwanda yagabanutse kuva ku kigero cya 51% muri 2005 kugera kuri 38% uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’imibare iheruka.
Depite Rose Mukantabana wayoboye Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite muri manda yashize, yabaye umwe mu banyeshuri b’indashyikirwa basoje amasomo mu Ishuri Rikuru ryo guteza imbere Amategeko (ILPD) riri i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Fransis Kaboneka yakoreye urugendo mu karere ka Ngororero, rugamije kubizeza ko nabo Perezida Kagame azabasura vuba.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Pan Hejun, aratangaza ko igikorwa cyo kwagura Ibitaro bya Masaka icyo gihugu cyemereye u Rwanda nk’inkunga, kizatangira umwaka utaha wa 2017.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki 17 Gicurasi 2016, ni bwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, guhera tariki 16 Gicurasi 2016.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko mu Karere ka Karongi, yavuze ko uruganda rwa Gaz Methane, ari imbarutso y’iterambere ry’umujyi wa Karongi n’akarere muri rusange.
Perezida kagame uri mu ruzinduko rwo kwegera abaturage mu Karere ka Karongi, avuga ko iyi gahunda ituma bagirana ibiganiro bibafasha guhindura imyumvire.
Perezida Kagame yavuze ko hari icyizere ko umushinga wa Kivu Watt mu mezi 10 uzaba utanga megawati 10 ziyongera kuri 26 uri gutanga ubu.
Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Iburengerazuba ko bagomba kwibuka ko iterambere rigomba guturuka mu musaruro w’ibyavuye mu maboko yabo.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arashishikariza Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo kwifatanya n’u Rwanda kongera ingufu zituruka kuri Gaz Methan yo mu Kivu.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Kivu Watta, giherereye mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi.