Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda kurenga iby’amoko, rukibonamo Ubunyarwanda kugira ngo rukomeze kubaka igihugu kitarangwamo amacakubiri.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (Centrafrique), zagaragaye zirinze umutekano w’abakuru b’ibihugu bya Santarafurika n’Ubufaransa.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko bidasobanutse kuba mu muvuduko isi iri kugenderaho hari indwara zigihitana ubuzima bwa benshi zitaracibwa burundu.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho avuga ko u Rwanda nirutangira gukoresha drones (utudege duto), ubutabazi buzajya bugera ku babukeneye byihuse.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko impuguke za Loni zishinja u Rwanda gufasha abarwanya guverinoma y’u Burundi zikwiye gukora ibyafasha icyo gihugu kuva mu kibazo aho gusubiza ibintu irudubi.
Perezida Kagame atangaza ko Afurika ifite byinshi biyidindiza mu iterambere ariko bimwe ari Abanyafurika bagiramo uruhare, abishingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu bukiri bucye.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Cricket Eric Dusingizimana yakoze amateka atarakorwa ku isi nyuma yo kumara amasaha 51 agarura udupira mu mukino wa Cricket, atararyama.
Imwe mu ntare ziherutse kugezwa muri Pariki y’Akagera yabyaye ibibwana bitatu, bifatwa nk’amateka yaherukaga mu imyaka 20, kuko intare zari zaracitse mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame atangaza ko iterambere nyaryo rishingira ku bushake bw’abaturage n’amahitamo bafite mu buzima bwa buri munsi.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet bagiriye Abanyafurika inama yo gushingira impinduka ku mgamba bihaye ubwabo mu gushaka iterambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rukeneye abashoramazi bazi icyo gukora kuko aho igihugu kigeze, kizi ibifitiye abaturage akamaro.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame arahamagarira urubyiruko rwa Afurika kutitinya ahubwo rugahaguruka rugahanga udushya twarufasha kwiteza imbere.
Minisitiri w’Ubutabera Busingye Johnston abwira abagomba kwishyura ibyo bangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko kutagira ubushobozi bidakwiye kuba urwitwazo rwo kutishyura.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 117 angana na miliyari 157Frw yo kwagura ibikorwa by’ingufu z’amashanyarazi mu gihe cy’imyaka itanu.
Polisi y’Igihugu yafunguye umuhanda wa Kigali-Musanze nyuma yo gusiburamo icyondo cyari cyawuzuyemo ariko imodoka nto ni zo zemerewe gucamo kugeza ubu.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Ambasaderi w’igihugu cya Malawi mu Rwanda, Hawa Olga Ndilowe, yatangaje ko igihugu ahagarariye kizigira ku Rwanda gahunda yo kurwanya nyakatsi.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Gakenke, yateje inkangu zahitanye abantu 34 ndetse zisenya inzu zisaga 400 mu ijoro rishyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Gakenke, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2016, yateje ugutenguka kw’inkangu zagushije amazu, abagera kuri 23 bakaba bamaze gupfa kandi hari impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.
Itorero ry’ADEPR ryasabye imbabazi Abanyarwanda kubera abari abashumba n’abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyamuryango ba Koperative ZIGAMA CSS, basabye inama nkuru y’ubuyobozi y’iyi koperative ko bagabanyirizwa inyungu ku nguzanyo bahabwa n’iyi koperative.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe gahunda ya “Girinka “ mu Karere ka Kirehe, abituye b’abituwe barashimira Perezida Kagame wabateje imbere binyuze muri “Girinka Munyarwanda”.
Itsinda ryavuye muri Sudani y’Epfo risuye u Rwanda rivuga ko igihugu cyabo cyiteguye gutanga umusanzu wabo mu kuzamura ubukungu bw’akarere.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.
Umuyobozi wa Hamburg Marines services company, Peter Kramer, aratangaza ko yiteguye kongera inkunga atera u Rwanda mu bikorwa by’uburezi.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, avuga ko hari politiki iri gutegurwa izorohereza inganda z’imyenda zo mu Rwanda kugira ngo zigabanye ibiciro.
Abakozi ba Banki y’Ubucuruzi ya Kenya (KCB) bahinduye imyambaro bari basanganwe, bambara nk’abakiriya batandukanye babagana kugira ngo bashimangire agaciro babaha.
Abatutsi bishwe n’abarundi mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994, bakomeje gushyingurwa n’ababo mu cyubahiro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.