Depite Mutesi Anita ni we watorewe kuyobora ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko ( FFRP) muri manda y’ imyaka ibiri n’igice iri imbere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi basaba komite nshya gukosora no kuzuza ibitarakozwe neza na komite icyuye igihe.
Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’ibigo binyuranye by’imari bafashije abanyeshuri kubona inguzanyo ya za mudasobwa zizabafasha mu myigire yabo.
Abagize Koperative “Isuka Irakiza” mu murenge wa Muhazi w’Akarere ka Rwamagana, baravuga ko bageze ku iterambere batarotaga kugeraho batarishyira hamwe.
Umuyobozi w’Umujyi wa Edmonton wo muri Canada, Don Iveson, yatanze ubutumwa bw’ihumure ku Banyarwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 22.
Abakecuru n’abasaza bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi bahabwa inkunga y’ingoboka, kuri uyu wa 17 Werurwe 2016, bashyikirijwe imodoka bemerewe na Perezida Kagame ubwo aherutse kugenderera Akarere ka Rusizi.
Abasirikare bo mu cyiciro cya nyuma cy’abagize Batayo ya 51 bageze i Kigali bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.
Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (AERG) wamuritse filime mbarankuru yerekana amateka yawo kuva washingwa kugeza ubu.
Ku gicamunsi cyo ku wa 16 Werurwe 2016, mu Karere ka Kirehe, imvura ivanze n’umuyaga yasenyeye imiryango 38 yiganjemo iyo mu Mudugudu w’abirukanwe muri Tanzaniya inangiza ibyumba by’ishuri rya St Anastase.
Leta y’u Rwanda ngo yafashe icyemezo cyo kutazongera kugurira hanze ibikoresho bikenerwa kandi hari ibikorerwa mu Rwanda bisa na byo.
U Rwanda rugiye kohereza abaruhagarariye mu myitozo ya gisirikare yo mu bihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) izabera muri Kenya kuva tariki 20 Werurwe kugeza tariki 4 Mata 2016.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza bavuga ko serivisi z’ubuzima bahabwa n’abajyanama b’ubuzima babegereye zibafatiye runini mu buvuzi bw’indwara.
Umuryango ‘Rwanda Women’s Network (RWN)’ watangije umushinga witwa ‘Indashyikirwa’ uzafasha abagore gusobanukirwa ihohoterwa ribakorerwa no kurirwanya kuko hari abarikorerwa ntibabimenye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abitabiriye inama Nyafurika yiga ku bukungu, guhindura imitekerereze y’abantu n’uburyo umutungo ukoreshwa.
Abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Ntebe na Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi muri Rwamagana bavuga ko kuyituzwamo byabavanye mu bwigunge.
Inama Nyafurika mu by’ubukungu iteraniye i Kigali kuva none, tariki 14 Werurwe 2016, irafata imyanzuro irimo uwo guhesha agaciro ibikomoka kuri uyu mugabane, no guteza imbere ubuhahirane.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Huye bavuga ko hari ababyeyi bagihisha inda batwite, bikagorana kwita ku buzima bw’umwana n’ubwabo.
Mu irushanwa ngarukamwaka ry’abanyeshuri biga ubumeyi (Sciences), aberekanye imishinga bakoze bifuza ko yazaterwa inkunga igashyirwa mu bikorwa kuko yagirira abantu akamaro.
Perezida Kagame yatangaje ko nubwo ruswa idateze gucika burundu mu bantu, ariko idakwiye kwihanganirwa yaba ku bayitanga n’abayihabwa.
Perezida Kagame yasabye abayobozi bo mu Rwanda kutihanganira umuco wo kunanirwa kuzuza inshingano, ahubwo bagaharanira guhindura ibitagenda neza.
Akarere ka Gakenke katangije umushinga bise “Kunoza irembo ry’injira iwacu”, ugamije kwerekana ibyiza by’akarere ariko ukanafasha abaturage kwiteza imbere.
Guinée Conakry irateganya kohereza abashinzwe ingendo zo mu kirere mu Rwanda, kugira ngo bige uko babyutsa kompanyi y’indege y’indege itagikora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo burashimira umutwe w’Inkeragutabara wabubakiye ibyumba 49 mu mezi ane birimo 43 byigwamo n’abana.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana ngo inteko rusange bakoze yabaharuriye inzira igana ku iterambere.
Umwiherero ngarukamwaka w’abayobozi bakuru b’u Rwanda uzongera kubera mu Ishuri rya Gisirikare rya Gabiro, mu Karere ka Gatsibo, kuva tariki 12-14 Werurwe 2016; uzibanda ku guteza imbere ibikomoka mu Rwanda.
Kabaka Modeste, Umuyobozi wa Rebero Film ikora ibijyana no gutunganya amafilimi, yatanze amadolari ibihumbi bitatu by’itike izasubiza umwana wavukanye uburwayi budasanzwe mu Buhinde kwivuza.
Nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo (D2), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, yasuye abapolisi b’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri mu gihugu cya Guinea-Conakry guhera tariki 8 Werurwe, ategerejweho kugirana amasezerano na Perezida Alpha Conde wa Guinea; arimo guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye abagore gukoresha ububasha n’imbaraga bahawe mu kuzamura iterambere ry’abagore, by’umwihariko abakiri inyuma mu bikorwa by’iterambere n’abakitinya.