Ambasaderi w’igihugu cya Misiri mu Rwanda, Dr. Namira Negm, yatanze isomo muri Kaminuza y’u Rwanda ku mategeko mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu.
Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ikomeje kwibutsa abatwara abagenzi kwihutisha igikorwa cyo gushyira mu modoka bakoresha utwuma dukumira umuvuduko urenze uteganyijwe.
Muri ibi bihe by’inzibacyuho ya manda z’inzego z’ibanze, abasigararanye inshingano barasabwa kuba maso, gahunda z’iterambere zigakomeza, nta wunyuranyije n’amategeko.
Perezida Kagame yibukije Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru, Amavubi, ko mu marushanwa irimo ya CHAN 2016 ihagarariye Abanyarwanda bose bityo ko igomba kwitwara neza.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) bamaze gutorera u Rwanda kuba Umunyamuryango w’Akanama ka AU k’Amahoro n’Umutekano.
Mu nteko rusange y’Inama yIgihugu y’Abagore b’i Kirehe yateranye ku wa 27 Mutarama 2016, ba “Mutima w’Urugo” biyemeje kurandura burundu umwanda n’indwara ziterwa n’imirire mibi.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama, Akarere ka Gatsibo, bamaze kwiyuzuriza inzu izakorerwamo na Polisi mu rwego rwo kurushaho kubegera.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo Rwamurangwa Steven yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibiro bigezweho by’Umurenge wa Kimironko mu rwego rwo gutanga servisi nziza.
Muri raporo ya Transparency Internatinal (TI) y’umwaka wa 2015 u Rwanda rwaje ku mwanya wa 4 mu bihugu birimo ruswa nke muri Afurika.
Basoza uruzinduko rw’iminsi 10 bari bamaze mu Karere ka Kirehe, abadepite bashimye isuku igaragara mu bigo bya Leta, banenga umwanda basanganye abaturage.
Abadepite bamaze icyumweru mu Karere ka Kamonyi bagaragaje ko hari ikibazo cy’isuku nke n’icy’imirire mibi, biterwa n’uko abayobozi bategera abaturage.
Abadepite bari bamaze iminsi 10 mu ruzinduko mu Karere ka Kirehe barusoje kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 biyama abarimu bagifite ingeso y’ubusinzi.
Itsinda ry’abantu 70 bahagarariye umushinga wateye inkunga ya miliyari 111 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) imishinga yo kuhira imyaka, bari mu turere tune tw’igihugu bayigenzura.
Ikipe ya Maroc yamaze gusezererwa mu mikino ya CHAN, iravuga ko yakuye isomo ry’amahoro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Jenoside yakorewe Abayahudi yibukiwe ku rwibutso rw’iyakorewe Abatutsi, kuko bose bahuje akababaro, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi wa Israel, Belaynesh Zevadia.
Televiziyo y’ubucuruzi ya CNBC Africa igiye kuvana icyicaro na situdio byayo i Nairobi muri Kenya izimurire i Kigali muri Gashyantare 2016.
Mu gice cyagenewe inganda i Sovu mu Karere ka Huye, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo.
Sosiyete y’Abashinwa “China Road & Bridge Corporation” ikora umuhanda Nyamasheke - Karongi, ishobora kujyanwa mu nkiko mu gihe yaba ikomeje kwinangira kugomorora amazi yazibye.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basuye Akarere ka Nyanza bishimira aho imirimo yo kubaka ibiro bishya byako igeze.
Abatuye Akarere ka Gicumbi bavuga ko bigeye byinshi ku butwari bwaranze Inkotanyi mu ntambara yo kubohora igihugu.
Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase arakangurira urubyiruko kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari rwihesha agaciro, bigakomeza kubera umurage mwiza n’abo mu gihe kiri imbere.
Nkurikiyabandi Jean Pierre bitaga “Bizigira” wari umuganga gakondo yishwe n’inzoka y’impiri yari imaze amezi ane ayororeye iwe mu rugo.
Gahunda ya 12+ ikorera muri Minisiteri y’Ubuzima imaze guhindura imibereho n’imyumvire y’abana b’abakobwa bo mu mirenge itanu y’Akarere ka Gatsibo.
Kuva muri Nzeri 2016 indege za Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingendo zo mu Kirere, RwandAir, zizatangira gukora ingendo zijya mu Buhinde.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abayobozi bitabiriye Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) ko badakwiye guhangayikira ikoranabuhanga kuko ridateze gusimbura abantu.
Abakora imirimo ijyanye no kongera umusaruro w’ubuhinzi bashyizeho ishyirahamwe bazahurizamo imbaraga mu kurwanya ibura ry’imbuto rikunze kugaragara mu Rwanda.
Hakozwe filime mbarankuru igizwe ahanini n’ubuhamya bw’abaturage, igaragaza ko ibibazo bishamikiye ku butaka bihangayikishije benshi mu Banyarwanda.
Perezida Paul Kagame yatangarije isi ko ikoranabuhanga rifite akamaro gakomeye kuko rihuza abantu rikabaha ibisubizo.
Abahinzi bo mu Karere ka Ngoma baravuga ko biteze umusaruro mwinshi binyuze mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari zirenga 300 u Rwanda rufatanyamo n’Ubuyapani.
Polisi y’u Rwanda ihora iri maso kugira ngo hatagira ikintu icyo ari cyo cyose cyabangamira irushanwa rya CHAN ririmo kubera ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda.