Abana biga ku Kigo cy’Inshuke cya Key of Life mu Murenge wa Rugerero basangijwe Noheri na Kivu Serena Hotel.
Akarere ka Kirehe kishimiye uko amatora ya Referandumu yagenze gahembera Umurenge wa Kigarama wabaye uwa mbere mu karere mu gutora “Yego”.
U Rwanda rurashishikariza abikorera gushora imari mu nganda z’imyenda kugira ngo ruzibe icyuho gituma rutakaza miliyoni zirenga 15 z’amadolari mu gutumiza imyambaro mu mahanga.
Imwe mu mihanda yari yaratinze kubakwa kuri ubu inama y’umushyikirano yanzuye ko yakwihutishwa nka Ngoma-Bugesera-Nyanza, Ngororero-Nyabihu hamwe na Cyanika –Musanze-Ngororero
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje ko ibinengwa ku Rwanda bizakosorwa, ku buryo ngo inama y’Umushyikirano itaha izagaragaza impinduka nyinshi.
Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb Claver Gatete yatangaje ko kuba Abanyarwanda 90% batarazigamiye izabukuru, icumbi n’uburezi bw’abana ari ikibazo gikomeye.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Harvard muri Amerika, baje kwigira kuri Perezida Kagame n’ibyo yagejeje ku Banyarwanda nk’Umukuru w’Igihugu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje imibare ntakuka y’ubwitabire bwa referandumu, igaragaza ko abaturage 98.3% batoye basaba ko itegeko nshinga rihinduka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko igihe cyo guhererekanya inshingano z’ubuyobozi bw ’Igihugu nikigera bizakorwa neza mu mutuzo nk’uko Abanyarwanda babyizeye.
Ibiro by’umukuru w’Igihugu bitangaza ko imyanzuro ingana na 85% y’Umushyikirano w’umwaka ushize wa 2014, yashyizwe mu bikorwa kurenza 80%.
Perezida Kagame n’abandi bayobozi, basobanuriye abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford muri Amerika, akamaro ka Referandumu n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Umwaka wa 2015 usoza wagaragayemo impinduka mu burezi, aho Minisiteri y’Uburezi yakoze amavugurura atandukanye, hanagaragara udushya turimo kubyarira mu bizami.
Abaturage ba Rusizi bakoze urugendo rwo kwishimira intsinzi mu matora ya Referandumu ariko bavuga ko bagitegereje yego y’umukuru w’igihugu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko abasaga 98% batoye YEGO mu matora ya Referandumu yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Ukuboza 2015.
Imibare y’agateganyo imaze kuboneka mu turere tw’u Rwanda itangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iragaragaza ko Akarere ka Kayonza kaza ku isonga mu turere tumaze gutangazwa, aho abatoye YEGO basaga 99%.
Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’ibiva muri referandumu igihe icyo ari cyo cyose yavuga niba aziyamamaza muri 2017.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara nyuma yo gutora referandumu baravuga ko baraye banamenye igisubizo cya Perezida Kagame byabashimisha.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 18 Ukuboza 2015, Abanyarwanda bazindukiye mu gikorwa cya Referendum, umunsi ufatwa nk’ukomeye mu mateka yabo n’ahazaza h’igihugu.
Ingabo z’u Rwanda zatahutse kuri uyu wa kane zivuye i Darfur, zishimiye ibikorwa birenze kurinda umutekano w’abasivili zahakoreye
Mu gihe Abanyarwanda kuva ku wa 17-18 Ukuboza bari mu matora ya referandumu, ubushakashatsi bwakozwe na Ipsos bwagaragaje ko 92% by’Abanyarwanda bishigikiye ko Perezida Kagame yongererwa manda.
Abanyarwanda 26 nibo bamaze gukubitwa n’inkuba kuva imvura yatangira kugwa muri Nzeri 2015 naho 50 barakomeretse hapfa amatungo 24.
Unity Club Intwararumuri iyoborwa na Madamu Jeannette Kagame, yahaye impano ya Noheri abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.
Minisitiri James Duddridge, ushinzwe Afurika, ububanyi n’amahanga n’umuryango w’ibihugu bivuga icyongereza (Commonwealth) araba ari mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 16 Ukuboza 2015.
Abaganga b’inzobere baturutse mu Bitaro bya Kanombe baravura abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu Karere ka Kamonyi, mu gikorwa cya “Army week”.
Kuri uyu wa 15 Ukuboza 2015, u Rwanda rwakiriye inkunga rwatewe na Banki y’Isi, izakoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi mu ngo zirenga 72.000.
Abaturage bo mu Mrenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, baravuga ko biteguye kuzatora “Yego” ku munsi wa Referandum.
Abatuye mu Murenge wa Mbogo, ntibazatuza batararangiza kwitorera ibikubiye mu itegekonshinga ryavuguruwe mu ngingo y’101 n’172 ngo bitorere yego 100%.
Abaturage bo mu murenge wa Cyabakamyi, Akarere ka Nyanza basanga kuba ibyifuzo byabo byaritaweho igisigaye ari uruhare rwabo mu gutora.