Depite Jean Marie Vianney Gatabazi atangaza ko urupfu rwa Depite Joseph Désiré Nyandwi ari "icyuho kinini ku Nteko Ishingamategeko kubera ubunararibonye yari afite".
Joseph Desire Nyandwi wari Umudepite mu Nteko ishingamateko, yitabye Imana azize uburwayi mugitondo cyo kuri yu wa gatanu tariki 14 Ukwakira 2016.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ukwakira 2016, nibwo umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry wari utegerejwe mu Rwanda yahageze.
Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi b’isi kuzuza inshingano biyemeje, bubahiriza amabwiriza yo kurengera akayunguruzo k’isi, kugira ngo ingaruka ku mihinagurikire y’ikirere igabanuke.
Abaturage baturiye Pariki ya Nyungwe batangaza ko bashishikajwe no kuyibungabunga kuko umusaruro w’ubukerarugendo buhakorerwa ubageraho bagatera imbere.
Umuryango SUN-Alliance uhuriyemo imiryango irwanya imirire mibi mu Rwanda, uvuga ko abana bari munsi y’imyaka 5 bagwingiye bakuzura Sitade amahoro inshuro 29.
Abahagarariye ibihugu bya Portugal, Singapore, u Budage na Finland, bijeje Perezida wa Repubulika Paul Kagame ko bazashyira imbaraga mu gushora imari mu Rwanda.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yamaganye umwanzuro w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi, uvuga ko u Rwanda rutagira demokarasi.
U Bufaransa bwakabaye aribwo buburanishwa ku ruhare rw’abwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko bitangazwa na Perezida Paul Kagame.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aratangaza ko abakinnyi b’ikipe ya AS Muhanga bakwiye kwigenga aho kwitwara nk’abakozi b’akarere bagasaba byose.
Abaturage b’Akarere ka Gicumbi batangaza ko umwanya wa kabiri babonye mu mihigo y’umwaka 2015-2016 utabahagije ngo baraharanira kuba aba mbere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.
Perezida Paul Kagame arasaba abayobozi bashya n’abasanzwe muri guverinoma gukora neza kandi bihutisha ibyo bakora kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Mu kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe kwita ku baguzi, Banki y’Abaturage (BPR) yiyemeje gukemura ibyo abakiriya bayisaba birimo imirongo miremire y’abayigana.
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize guverinoma ku itariki ya 04 Ukwakira 2016.
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana azize urupfu rutunguranye tariki ya 03 Ukwari 2016.
Perezida wa Sena Bernard Makuza aremeza ko Senateri Mucyo Jean de Dieu asize icyuho gikomeye muri Sena no ku gihugu muri rusange.
Senateri Jean de Dieu Mucyo yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2016 .
Tariki ya 1 Ukwakira 1990, abasore n’inkumi baturutse hirya no hino mu bihugu bahungiyemo, batangiye inzira ndende yo kwigobotora ingoma y’igitugu ya Habyarimana Juvenal.
Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane yahagarariye Perezida w’u Rwanda mu muhango wo gushyingura Shimon Peres.
Mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco Mpuzamahanga rya Sinema rizahuriramo ibihugu by’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi, rizatangirwamo amahugurwa ku bakinnyi ba Filime Nyarwanda.
Ministeri y’ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko Malaria isigaye ifite ubukana bukabije kuburyo ngo imiti isanzwe iyivura itakibasha guhangana nayo.
Munyakazi Leopold uregwa kugira uruhare rukomeye mu gutegura, gushishikariza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yagejejwe i Kigali.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus A330-200 ya Kompanyi Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege Rwandair, iragera bwa mbere mu Rwanda saa tanu z’amanywa zo kuri uyu wa Gatatu.
Leta Zunze Ubumwe z’America zafashe icyemezo cyo kohereza mu Rwanda Leopold Munyakazi, Umunyarwanda uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Umushinga LAFREC, ushinzwe gusana Pariki ya Gishwati-Mukura, utangaza ko uzayishyikiriza ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) bitarenze umwaka wa 2017.
Ikigo cy’Ubuzima (RBC), Kiravugwaho gukoresha nabi amafaranga arenga Miliyari 6Frw, kikanengwa no kwima amakuru urwego rugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta(OAG).
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’itangazamakuru (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo araburira ibitangazamakuru bikoresha interineti kwitondera gutambutsa ibitekerezo by’abasomyi.