Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, wibasiye u Rwanda ubwo ikipe y’Igihugu cye y’umupira w’amaguru (Les Léopards) yari imaze kunganya n’Ikipe ya Portugal mu mukino w’igikombe cy’Isi
Ikigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), yemerera icyo kigo kuzamenyekanisha no gutangaza ibikorwa by’ubucuruzi bizabera mu imurikagurisha Mpuzamahanga rya 29 (EXPO 2026).
Ingabo z’igihugu cya Ghana, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, zatashye ku mugaragaro urwibutso rwihariye rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu kigo cya gisirikare cya Burma Camp.
U Rwanda na Afurika y’Epfo byemeranyije gusubizaho uburyo bwo gutanga viza ku Banyarwanda bafite pasiporo zisanzwe bitarenze hagati mu mwaka wa 2027. Iyi ni intambwe ikomeye mu gusubiza ku murongo umubano hagati y’ibihugu byombi nyuma y’imyaka irenga icumi warazahajwe n’amakimbirane ya dipolomasi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’Abaminisitiri bashya baherutse gushyirwaho, ndetse n’abandi bayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye Brigadier General Ronald Rwivanga.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva Yavuze ko u Rwanda rwakajije ingamba zo kugenzura no gukurikirana indwara ya Ebola ku mipaka yose yinjira mu Gihugu, hongerwa ubushobozi bwo gusuzuma no gupima iyi ndwara muri laboratwari.
Kayinamura Gabriel yibuka ubuzima bugoye yabayemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, maze akaza kwisanga yaburiye mu ishyamba rya Gako wenyine, agafatwa n’abasirikare bakamufungira muri Kasho yo mu kigo cya gisirikare aho yamaze iminsi 25, agasohokanamo n’abahunga kuko Inkotanyi zari zahagaze.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026, umusaruro mbumbe w’Igihugu wiyongereyeho 10%, ugera kuri miliyari 6346 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri miliyari 5276 wariho mu gihembwe cya mbere cya 2025.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanzuye ko Ingabire Victoire, umunyapolitiki uyobora ishyaka ritemewe n’amategeko akomeza kuburana nta gisibya.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Hon. Judith Uwizeye yahererekanyije ububasha na Ambasaderi Christine Nkulikiyinka asimbuye kuri izo nshingano. Uyu muhango wabereye ku cyicaro cya MIFOTRA, witabirwa n’abayobozi batandukanye ndetse n’abakozi b’iyi Minisiteri.
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa yashyikirije Perezida wa Slovenia, Nataša Pirc Musar, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo Gihugu ndetse baganira ku gushimangira umubano mu nzego zitandukanye.
Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ubufatanye mu by’ingendo zo mu kirere ari ingenzi mu guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere no kuzamura ubukungu bw’ibihugu bya Afurika, agaragaza amahirwe u Rwanda rwungukiyemo.
Ikigo gicuruza moto z’amashanyarazi zitwa Spiro cyavuze ko cyumvise neza ikibazo cya bateri zitinda kuboneka, bigakerereza motari, none ngo kizanye igisubizo.
Perezida Paul Kagame yageze i Lomé muri Togo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kamena, aho yitabiriye Inama n’Imurikabikorwa byerekeye ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika (African Air Transport Convention and Expo), iteganyijwe kuva tariki 15-19 Kamena 2026.
Ingabire Victoire, umunyapolitiki uyobora ishyaka ritemewe mu mategeko ryitwa DALFA Umurinzi ukurikiranyweho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yabwiye urukiko rukuru rw’i Kigali ko adashobora kuburana kuko atameze neza mu mubiri, mu marangamutima no muri roho.
Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, Kigali Today yanditse inkuru y’uruganda rwabuze abakozi rwari rukeneye mu Rwanda, maze biba ngombwa ko rujya kubashaka hanze.
Minisitiri w"intebe wa Pakistani, Shehbaz Sharif akaba n’umuhuza mu mpande zihanganye, yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bemeranyijwe ku mwanzuro wari utegerejwe wo gusinya amasezerano y’amahoro, ndetse bakaba bahise bahagarika intambara yari imaze guteza isi igihombo kinini.
Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu bya Afurika y’I Burasirazuba bwaraye butangaje ingengo y’imari y’uyu mwaka ya Miliyoni 110,863,576 z’Amadolari ya Amerika. Ayo ubaze mu Manyarwanda arenga Miliyari 162.4 Frw.
Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’amateka y’ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026), hateguwe igikorwa cyihariye cyo kurasa ibishashi by’umuriro (fireworks).
Minisitiri w’Ubuzima wa Leta ya Central Equatoria muri Sudani y’Epfo, Madamu Joyce Bakwa, yashimye abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa by’ubuvuzi bwahawe abaturage ku buntu.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yahawe igihembo nk’ikigo gitanga serivisi nziza zo mu ndege kurusha ibindi muri Afurika kizwi nka ‘Best Cabin Service in Africa 2026’.
Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda ifunguye Ambasade muri Espagne, abasesenguzi bavuga ko ari igikorwa cy’ingirakamaro mu rwego rwo gukomeza kwagura umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere inyungu z’ubukungu, ubukerarugendo n’imikoranire mpuzamahanga.
Perezida Paul Kagame yabwiye abasirikare bashoje amasomo mu Kigo gishinzwe kwigisha aba Ofisiye Bakuru ibijyanye n’ibikorwa n’Ubuyobozi bw’Ingabo - Senior Command and Staff College i Nyakinama, ko amasomo barangije abashyize ku rundi rwego, ku buryo inshingano bahawe ziyongereye. Aha rero, n’ingaruka z’ibyemezo bafata, na zo (…)
Shirley Ayorkor Botchwey, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza uzwi nka Commonwealth kuri uyu wa Gatanu yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko Ebola ari indwara yoroshye kwirinda ariko igoye cyane kuyikira, kubera ko umuntu ayandura bitewe n’uko yabanje gukora ku bimenyetso bigaragara.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), yise “Death Was Everywhere”, ishinja Ingabo z’u Rwanda ibikorwa birimo gufungwa bidakurikije amategeko, ubwicanyi no kwinjiza abantu ku ngufu mu mitwe yitwaje intwaro.
Muri iyi ngengo sinabonye ingengo y’imari yagenewe ubushakashatsi n’iterambere, kandi nyamara mu nzego zose iyo urebye usanga ahanini zikwiriye gushingira ku byavuye mu bushakashatsi kugira ngo tuzashobore kugera kuri cya cyerekezo cy’igihugu cy’igihe kirambye, yaba mu byo dukora uyu munsi cyangwa mu guhanga udushya (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko inzego z’ubutabera zabashije kugaruza amafaranga y’umutungo wa Leta yari yaranyerejwe angana na Miliyoni 729 Frw ndetse n’ibihumbi 5 by’Amadolari ya Amerika.
Umuryango Imbuto Foundation wahembye Imbuto z’Icyeza zirenga ibihumbi 8,103 bashimirwa gutsinda neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.