I Bushagara, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), intimba n’agahinda ni byo bihora mu nkambi z’impunzi ziri hafi y’Umujyi wa Goma.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko kwita umwana izina atari umuhango gusa ahubwo ari n’ikimenyetso cy’urukundo, kwiyemeza n’icyizere bikorerwa mu muryango.
Binyuze muri gahunda yo gusaranganya umusaruro ukomoka ku bukerarugendo (Revenue sharing), aho abaturiye pariki bahabwa 10% by’amafaranga aba yarinjiye abuturutsemo, abaturage by’umwihariko abaturiye pariki y’Ibirunga, bahinduriwe ubuzima n’ubukerarungendo bwo gusura ingagi.
Gukoresha uburyo bwo kuhira hifashishijwe imirasire y’izuba mu Ntara y’Iburasirazuba, byahinduye ubuzima bw’abahinzi n’ubuhinzi muri rusange binyuze mu gufasha abahinzi guhangana n’amapfa, bitewe no kongera kubona umusaruro mwinshi.
Mu gihe u Rwanda rwitegura igikorwa kimaze kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga cyo Kwita Izina abana b’ingagi kizaba kuri uyu wa Gatanu, tariki 5 Nzeri 2025, abarimo ibyamamare bazita amazina abo bana bamaze kumenyekana.
Urukiko rw’Ikirenga rwa Kinshasa, rwakatiye Constant Mutamba, wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igihano cy’imyaka itatu y’imirimo ifitiye igihugu akamaro.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye guhora itegerereje ahandi ku Isi mu gihe ifite byose kandi n’abaturage bazi icyo gukora.
Binyuze mu masezerano bafitanye, Ikigo gitanga serivise z’ikoranabuhanga cya Liquid Intelligent Technologies hamwe na Imbuto Foundation, mu 2022, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangiye urugendo rwo kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Uburenzi (MINEDUC), yatangaje ko mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2024/2025, abagera kuri 89.1% babitsinze.
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, icyo kigo cyagize inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 51.9, zingana n’izamuka rya 8.6% ugereranyije n’ayo cyungutse muri ayo mezi umwaka ushize.
Muri iyi imyaka 31, Dafroza Mukarumongi-Gauthier yabaye ijwi ridacogora mu rugamba rwo guharanira ubutabera mu Bufaransa. Uyu umugore wicisha bugufi ariko ufite imbaraga zidasanzwe mu guhiga abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, si umupolisi, si n’umushinjacyaha wa Leta.
Abitabiriye amasengesho yateguwe n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship, yagenewe abayobozi bakiri bato azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, basanga umuryango ukwiye kuba ishingiro ryo kubaka igihugu n’umurage mwiza.
Buri mwaka abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, abanyamadini, abikorera n’abandi, bateranira hamwe mu gikorwa cyo gusengera Igihugu kizwi nka (National Prayer Breakfast), binyuze mu muryango wa Gikirisitu ufite intego yo kwimakaza indangagaciro zubahisha Imana mu buyobozi (Instilling Godly values and Leadership). Bwa (…)
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi by’umwihariko abafatanyabikorwa b’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), bishimiye ikoranabuhanga ryashoboye guhuza konte za SACCO na telefone zabo, ku buryo ibikorerwaho byose babimenya bitabasabye kuva aho bari.
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 10 umaze uteza imbere ibikorwa by’uburezi n’iterambere ry’abaturage, Umuryango wo muri Koreya y’Epfo udaharanira inyungu ukorera mu Ntara y’Iburasirazuba (Better World International), washyikirije ku mugaragaro Ikigo mbonezamikurire y’abana bato (ECD) ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana.
Abatari bake bazi ko abasirikare bari mu mutwe ushinzwe kurinda inzego nkuru z’Igihugu, bazwi nk’aba GP (Republican Guard/ Garde Republicain), bafite inshingano zo kurinda Umukuru w’Igihugu (Perezida) gusa.
Kuva mu mwaka wa 2018 binyuze mu muryango Imbuto Foundation hatangijwe amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi hagamijwe gushyigikira no kuzamura impano z’abakiri bato.
Hari imyumvire imaze imyaka myinshi mu banyeshuri n’ababyeyi ivuga ko amasomo ya siyansi by’umwihariko iry’imibare n’ubugenge akomera, bikagira ingaruka ku mahitamo no ku mitsindishirize yayo hamwe no ku cyerekezo cy’uburezi bw’Igihugu.
Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique Maj. Gen Cristóvão Artur Chume n’itsinda ayoboye rigizwe n’abasirikare bakuru barimo umugaba w’Ingabo za Mozambique, General Major André Rafael Mahunguane hamwe n’ umuyobozi mukuru w’Ishami rya Polisi y’Icyo gihugu rishinzwe umutekano n’ituze by’abaturage CP Fabião Pedro Nhancololo, , basuye (…)
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Muhanga by’umwihariko abafashijwe kwiga imyuga itandukanye na BK Foundation, bavuga ko mbere imibereho yari igoye ku buryo harimo n’abo kubona icyo kurya byari ikibazo gikomeye.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yazamuye inyungu fatizo iyigeza ku gipimo cya 6.75% ivuye kuri 6.5%, mu rwego rwo gukomeza kugenzura izamuka ry’ibiciro ku masoko y’imbere mu gihugu.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), bwatangaje ko gukoresha amafaranga y’amanyamahanga (Amadorali, Amayero n’ayandi) mu buryo bwo kwishyurana, bizaba byacitse burundu mu gihe cy’amezi atandatu.
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryamaganye raporo yashyizwe ahagaragara n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch /HRW) irishinja kwica abaturage b’abasivili barenga 140.
Ku mugoroba utuje i Kigali, Umuhoza Alice, umubyeyi w’abana babiri biga mu mashuri yisumbuye, yabujijwe amahwemo n’abana be bari bamuzaniye ikibazo cy’imibare mu mukoro wo murugo, bamubwira ko gikomeye cyane, bamubaza uko bagikora.
Bimaze kumenyerwa ko abahize abandi mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro runaka, bahembwa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) mu rwego rwo kubashimira no gutuma bongera umuhate.
Intara y’Iburasirazuba ni yo yahize izindi mu gutsindisha neza mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye ,mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025.
Minisiteri y’Uburenzi (MINEDUC), yatangaje ko mu banyeshuri basoje icyiciro cy’amashuri mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025, abagera 73% batsinzwe imibare mu mashuri abanza, n’ubugenge ku barangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko muri uyu mwaka abanyeshuri bagize amanota make mu byiciro byombi bagabanutse ugereranyije n’umwaka ushize.
Umuyobozi w’ishami rigenzura ubudahungabana bw’urwego rw’imari muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), Ferdinand Murenzi, yavuze ko buri Munyarwanda ashobora kwinjira muri iyi Banki akabaza ikibazo afite kigendanye n’iby’imari.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) wagaragaje ko ushyigikiye ubukangurambaga bw’abasaba ko ikarita ya Afurika ikosorwa, kuko uburyo bwakoreshejwe bayishushanya bwayigaragaje nk’umugabane muto.