Abanyarwanda bo barabizi kandi basobanukiwe neza ko akenshi ubuhinzi n’ubworozi ari ibintu bikunze kujyana kubera uburyo byuzuzanya, nubwo muri iyi minsi usanga kubifatanya bitagishobokera bose, ariko iyo byakunze burya biba bisa nk’amata yabyaye amavuta.
Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Budage, ibinyujije muri Banki y’Iterambere y’Abadage (KfW), basinyanye amasezerano y’inkunga ya miliyoni 18 z’amayero (ahwanye na miliyari 30.5 Frw) agenewe gutera inkunga gahunda zo kurwanya ubukene.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Ukwakira, itsinda ry’urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye muri Afurika y’Epfo ryageze i Kigali, mu ruzinduko rw’iminsi icumi rwateguwe hagamijwe kubereka aho Igihugu kigeze mu iterambere ariko bakanigira ku mateka yacyo no kumenya ibyo kibifuzaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko gutinya ko abantu bo mu gihugu cye babyakira nabi, byatumye Perezida Félix Tshisekedi, agira uruhare kugira ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) idasinyana n’u Rwanda amasezerano yerekeye gahunda ihuriweho yo guteza (…)
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yanze gusinyana n’u Rwanda amasezerano yerekeye gahunda ihuriweho, yo guteza imbere ubukungu mu karere (REIF), yari yitezwe muri iki cyumweru.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko, Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera aba Ofisiye bato (Junior Officers) 632 bava ku ipeti rya Second Lieutenant bagirwa Lieutenant.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yabwiye abofisiye bato bashya ko kwinjira muri RDF bibaha ubushobozi bwo gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.
Ingingo y’imihindagurikire y’ikirere ni imwe mu zihangayikishije abatuye Isi, ndetse ibihugu bishora ingengo y’imari nini mu guhangana n’ingaruka zayo.
Abanyeshuri 1029 barangije amasomo abemerera kuba ba Ofisiye bato (Junior Officers) mu ngabo z’u Rwanda (RDF) mu muhango wabereye mu Ishuri rikuru rya gisirikare rya Gako kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ukwakira.
Umunyarwanda yabivuze neza agira ati “Ab’inda nini mubime amayira”. Aha yashakaga kuvuga ko abakora ibidakwiye bagamije indonke badakwiye kumvwa.
Ibigo bikora ubuhinzi by’umwihariko ibyibanda ku bukungu bwisubira (Circular Economy), bigiye gufashwa kurushaho kubyaza umusaruro ibyangirikiraga mu mirima n’ibindi byafatwaga nk’imyanda, gukorwamo ibindi bishobora kugira akamaro.
Raporo yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yagaragaje ko ifungwa ry’agateganyo ry’imihanda minini mu gihe cya Shampiyona y’Isi ry’Amagare (UCI World Cycling Championships) ryagize uruhare rukomeye mu gusukura ikirere mu Mujyi wa Kigali.
Abafite ubumuga bo mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika, biteze ibisubizo ku bushakashatsi ku iterambere ridaheza rishingiye ku muryango (Community based rehabilitation), burimo gukorerwa mu bihugu birimo u Rwanda.
Buri ku ya 29 Nzeri ni umunsi mpuzamahanga wahariwe ubukangurambaga, bujyanye no kwangirika kw’ibiribwa (Awareness of Food Loss and Waste), nka kimwe mu bibazo bigihangayikishije Isi, kuko nk’ibiryo bihiye bipfa ubusa bikamenwa, kandi byakabaye bitegurwa mu bundi buryo bikagira undi mumaro.
Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships Kigali 2025) yarangiye, ariko bimwe mu byayiranze bikomeje kugaruka mu nkuru nyamukuru.
Mu gihe tariki 29 Nzeri 2025, Isi yose yizihije Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara z’umutima (World Heart Day), wizihizwa buri mwaka kuri iyo tariki, izo ndwara zikomeje guhitana abatari bake kandi nyamara bishoboka ko zakumirwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abagize uruhare mu migendekere myiza ya Shampiyona y’Isi y’amagare (UCI) Kigali2025, kuko yanditse amateka atazibagirana ku isi yose.
Perezida Paul Kagame yashimiwe uruhare yagize mu gutuma u Rwanda rwandika amateka mu mukino w’amagare, ahabwa igihembo n’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku magare (UCI), gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yagaragarije Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha biyishamikiyeho bigaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Imiryango (…)
Bimaze kumenyerwa ko buri wa mbere wa nyuma w’ukwezi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mukurikira ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundation kuri KT Radio, icyo kuri uyu wa 29 Nzeri 2025, kiragaruka ku ifatwa ry’ibyemezo bishingiye ku makuru mu rwego rw’uburezi mu Rwanda (Data-Driven Decision Making in Rwanda’s (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko bimwe mu bishobora gutuma adasinzira neza akaba yanakwicura nijoro harimo no gutekereza uko haboneka ibisubizo ku ibibazo byugarije Abanyarwanda.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko abantu bakwiye kwigira ku bihe byiza n’ibibi ntibabipfushe ubusa, ahubwo bakabikuramo amasomo kuko haba harimo menshi.
Perezida Paul Kagame yabwiye abanyeshuri batangiye kwiga ibijyanye n’imiyoborere kwitegura kujya kuyobora kuko ari abo Afurika ikeneye.
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 314 batashye ku bushake bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), barimo abari bamaze imyaka irenga 30 barahungiye mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuba nk’isoko rikomeye kandi ryizewe ku bicuruzwa by’u Rwanda, aho kugeza ubu ibiva mu Rwanda byoherejweyo biri hejuru ya 20% by’ibicuruzwa byose byoherezwa hanze.
Muri iki cyumweru kigana ku musozo, mu Mujyi wa Kigali harimo kugaragaramo udushya tw’ivugurura mu mitangire ya serivisi, mu gihe hakirirwaga Inama Nyafurika y’Abayobozi ku mitangire ya Serivisi (Africa Customer Experience Leaders Forum 2025). Ni igikorwa cyatumye Kigali igaragara nk’igicumbi cya Afurika cyujuje ubuziranenge (…)
Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, aho yakiriwe na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar.
Hashize ibyumweru birenga bibiri u Rwanda rutangiye gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwisumbuyeho, bwo gupima imyuka ihumanya ituruka mu binyabiziga byose, mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gukumira indwara zituruka ku guhumeka umwuka uhumanye.
Abenshi bamaze gusobanukirwa ko muri bimwe mu byuma bikonjesha nka za firigo (Fridges) hamwe na za Air Condition/Climatiseurs, habamo gaze zishobora guhumanya ikirere.
Gutegura amafunguro (guteka) ni kimwe mu bintu bikorwa n’umubare utari muke w’abatuye Isi, bitewe n’uko ibiryo abenshi barya biba byabanje gutekwa.